RFL
Kigali

Nduhirabandi yemeje ko atazubahiriza amabwiriza ya FERWAFA ubwo yari amaze kugwa miswi na APR FC-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:23/05/2017 7:47
0


Nduhirabandi Abdulkalim bita Coka umutoza w’ikipe ya FC Marines avuga ko gahunda FERWAFA yashyizeho yuko ku munsi wa 29 wa shampiyona imikino yose izabera umunsi umwe bayikoze nabi kuko bemeje ko iyi kipe izakinira ku kibuga cya Nengo hafi y’ikiyaga cya Kivu ibintu uyu mutoza atiyumvisha.



Ubwo FC Marines yari imaze kugwa miswi na APR FC banganyije igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona, Nduhirabandi yavuze ko agiye gutegura umukino utaha ariko ko atazatoza FC Marines ku mukino biteganyijwe ko izakiramo Kiyovu Sport ku kibuga cya Nengo kiri hafi y’ikiyaga cya Kivu kuko ngo byaba ari agasuzuguro kubona ikipe ye ijyanwa ku kibuga kitemejwe kuberaho imikino ya shampiyona.

“Ntabwo dushobora gukinira Tam Tam…Impossible. Uwo mukino sinzawutoza..sinawukina. Twajya kuri Nengo gukorayo iki?...Kuki iyo yindi  (FC Etincelles) batayijyanye kuri Nengo?...Bategereze (FERWAFA) tuzakinire ku kibuga cyiza. Baduhe ikibuga cyiza ariko ntabwo batujyana Nengo, ni insina ngufi (FC Marines) ariko byaba birenze”. Nduhirabandi Abdulkalim

Umukino wa APR na FC Marines waberaga kuri sitade ya Kigali warangiye amakipe yombi aguye miswi nyuma yo kunganya igitego 1-1. Ikipe ya APR FC ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 16’ ku gitego cy’umutwe cyatsinzwe na myugariro Ngandu Omar ku musaruro waturutse kuri koruneri yatewe na Ninahazwe Fabrice wari wabanje mu kibuga.

Iki gitego abakinnyi ba APR FC bakomeje kukitwaza banazonga ikipe ya FC Marines mu gice cya mbere, mbere yuko ibigaranzura mu gice cya Kabiri nayo igatera umupira utari mubi. Mu gusimbuza, Nduhirabandi yakuyemo Ruribikiye Schadrack ashyiramo Muvunyi Haruna wanakoze impinduka zikomeye zo gutanga akazi gakomeye kuri Imanishimwe Emmanuel wari inyuma ibumoso bwa APR FC.

Myugariro Nkusi Prince yaje kugira ikibazo cy’imvune ajyanwa kwa muganga ahita asimburwa na Dusange Bertin wanatsinze igitego ku munota wa 90+2’ w’umukino agahita yuzuza ibitego icyenda (9) muri shampiyona. Ni igitego yatsinze kuri penaliti yavuye ku ikosa ryakozwe na Benedata Janvier.

Ku ruhande rwa APR FC, Benedata Janvier yinjiye mu kibuga asimbuye Mukunzi Yannick wagize ikibazo cy’imvune, Issa Bigirimana asimbura Ninihazwe Fabrice naho Hakizimana Muhadjili asimbura Nshuti Innocent. Benedata Janvier  na Nkizingabo Fiston ni abakinnyi ba APR FC bahawe ikarita y’umuhondo buri umwe mu gihe ku ruhande rwa FC Marines ikarita y’umuhondo yahawe Jimmy Mbaraga kapiteni wayo wanahoze muri Police FC.

Abakinnyi abatoza babanje mu kibuga:

APR FC: Kimenyi Yves (GK), Ngabonziza Albert ©, Manishimwe Emmanuel, Ngandu Omar, Nsabimana Aimable, Mukunzi Yannick, Bizimana Djihad, Nkizingabo Fioston,Nininahazwe Fabrice, Nshuti Innocent na Tuyishime Eric.

FC Marines: Ingabire Aime Regis (GK), Uwizeye Ortega, Nizeyimana Omar, Karema Eric, Nkusi Prince, Bizimungu Omar, Kalisa Amuri, Bisangwa Jean Luc, Ruribikiye Schadrack, Mbaraga Jimmy © na Usabimana Olivier.

Ngandu Omar wa APR FC  yiyereka abafana nyuma yo gutsinda igitego

Ngandu Omar wa APR FC yiyereka abafana nyuma yo gutsinda igitego

Abakinnyi bagenzi be bamushimira

Abakinnyi bagenzi be bamushimira

Jimmy Mbaraga azongwa na Tuyishime Eric

Jimmy Mbaraga azongwa na Tuyishime Eric

Ubwo abakinnyi ba FC Marines bishimiraga igitego batsindiwe na Dusange Bertin

Ubwo abakinnyi ba FC Marines bishimiraga igitego batsindiwe na Dusange Bertin

Mukunzi Yannick agenzura umupira hagati mu kibuga

Mukunzi Yannick agenzura umupira hagati mu kibuga

Ngabonziza  Albert ashaka inzira

Ngabonziza Albert ashaka inzira

Abafana

Abafana

Nizeyimana Omar ashyira hasi Ngabo Albert

 Nizeyimana Omar ashyira hasi Ngabo Albert

Nininahazwe Fabrice wa APR FC na Nizeyimana Omar

Nininahazwe Fabrice wa APR FC na Nizeyimana Omar wa FC Marines

Igice kimwe cya sitade cyari cyambaye ubusa

Igice kimwe cya sitade cyari cyambaye ubusa

Bisangwa Jean Luc wa FC Marines agenzura umupira

Bisangwa Jean Luc wa FC Marines agenzura umupira

Nduhirabandi Abdoulkalim Coka umutoza mukuru wa FC Marines atanga amabwiriza

Nduhirabandi Abdoulkalim Coka umutoza mukuru wa FC Marines atanga amabwiriza

 Mukunzi Yannick yirenza Uwizeye Ortega

Mukunzi Yannick yirenza Uwizeye Ortega

Mbaraga Jimmy kapiteni wa FC Marines yumvana imbaraga na Ngabonziza Albert kapiteni wa APR FC

Mbaraga Jimmy kapiteni wa FC Marines yumvana imbaraga na Ngabonziza Albert kapiteni wa APR FC

Ngabonziza  Albert arega Jimmy Mbaraga ko yarengeje umupira

Ngabonziza Albert arega Jimmy Mbaraga ko yarengeje umupira

Abonye umusifuzi atabyumva ahitamo kuwumwaka

Abonye umusifuzi atabyumva ahitamo kuwumwaka

 Mbaraga nawe ashaka kuwumwima

Mbaraga nawe ashaka kuwumwima

 Umusifuzi ahita atabara

Umusifuzi ahita atabara

Tuyishime Eric azonga Uwizeye Ortega wa FC Marines

Tuyishime Eric azonga Uwizeye Ortega wa FC Marines

Ngabo Albert ahunga Usabimana Olivier

Ngabo Albert ahunga Usabimana Olivier

Jimmy Mulisa atanga amabwiriza

Jimmy Mulisa atanga amabwiriza

 Bizimana Djihad agorwa n'abana bo kwivuko

Bizimana Djihad agorwa n'abana bo ku ivuko

 Abafana ba FC Marines

Abafana ba FC Marines

Nshuti Innocent akina yicaye

Nshuti Innocent akina yicaye

Mbaraga  Jimmy Kapiteni wa FC Marines

Mbaraga Jimmy Kapiteni wa FC Marines

Ubwo Nkusi Prince yajyanwaga hanze amaze kugira ikibazo

Ubwo Nkusi Prince yajyanwaga hanze amaze kugira ikibazo

Ngandu Omar wa APR FC  agurukana umupira

Ngandu Omar wa APR FC agurukana umupira

Imanishimwe Emmanuel yugarira

Imanishimwe Emmanuel yugarira

Muvunyi Haruna wa FC Marines yinjiye mu kibuga ahindura umukino

Muvunyi Haruna wa FC Marines yinjiye mu kibuga ahindura umukino

Kimenyi Yves yari afite akazi katoroshye mu minota ya nyuma

Kimenyi Yves yari afite akazi katoroshye mu minota ya nyuma

Kimenyi Yves

Kimenyi Yves

Ubwo Issa Bigirimana yari agiye kwinjira mu kibuga

Ubwo Issa Bigirimana yari agiye kwinjira mu kibuga

Antoine Hey na Mashami Vincent ku ntebe y'inyuma bareba umukino

Antoine Hey na Mashami Vincent ku ntebe y'inyuma bareba umukino

Yannick Mukunzi yagize ikibazo ku maguru

Yannick Mukunzi yagize ikibazo ku maguru

 Igitego FC Marines yatsinze APR FC

Igitego FC Marines yatsinze APR FC

Igitego

 Dusange Bertin yikoza ibicu nyuma yo kwishyura APR FC

Dusange Bertin yikoza ibicu nyuma yo kwishyura APR FC

Usabimana Olivier wa FC Marines niwe wabaye umukinnyi w'umukino (Man of the Match)

Usabimana Olivier wa FC Marines ni we wabaye umukinnyi w'umukino (Man of the Match)

Dore uko umunsi wa 28 uteganyijwe:

Kuwa Mbere tariki 22 Gicurasi 2017

*APR FC 1-1 Marines FC

*Amagaju Fc 2-1 Kirehe Fc 

 Kuwa Kabiri tariki 23 Gicfurasi 2017

*Gicumbi Fc vs Musanze Fc (Gicumbi, 15:30)

*Bugesera Fc vs Pepiniere Fc (Bugesera, 15:30)

*Etincelles Fc vs Rayon Sports (Stade Umuganda, 15:30)

*SC Kiyovu vs AS Kigali (Stade de Kigali, 15:30)

*Mukura VS vs Sunrise Fc (Stade Huye, 15:30)

*Police Fc vs Espoir Fc (Stade Kicukiro, 15:30)

 Dore uko urutonde rw'agateganyo rwa shampiyona rwaraye ruhagaze

Dore uko urutonde rw'agateganyo rwa shampiyona rwaraye ruhagaze

AMAFOTO: Saddam MIHIGO/INYARWANDA.COM

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND