RFL
Kigali

UKO MBIBONA: Rayon Sports ikwiye gukura Ndayishimiye Eric Bakame mu gihirahiro

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:16/11/2018 14:40
16


Amezi atandatu (6) agiye kurangira ikipe ya Rayon Sports ivuze ko Ndayishimiye Eric Bakame wari umunyezamu akanababera kapiteni ahagaritswe mu gihe kitazwi ashinjwa kugambanira ikipe nk’uko abayobora Rayon Sports bakunze kubivuga.



Ibi byaje nyuma y’umukino Rayon Sports yatsinzwemo n’Amagaju FC ibitego 2-1 muri shampiyona ya 2017-2018 kuri sitade Amahoro bityo Ndayishimiye Eric Bakame akaza kumvikana mu ijwi ry’ikiganiro yagiranye n’umufana avuga ko Rayon Sports yatakaje ayo manota ku bushake bw’abakinnyi kugira ngo birukanishe Ivan Minnaert wari umutoza mukuru ndetse muri iryo jwi umuntu atashinga intahe ngo yemeze ko ari uyu munyezamu humvikanamo gahunda zijyanye n’amarozi.

Ndayishimiye Eric Bakame ari mu gihirahiro cyo guhimwa na Rayon Sports

Ndayishimiye Eric Bakame ari mu gihirahiro cyo guhimwa na Rayon Sports

Nyuma Ndayishimiye Eric Bakame yaje kwemera kuba agiye kure ya Rayon Sports yibwira ko wenda bitazafata igihe kinini atarabona umwanzuro waba uw’imbabazi cyangwa kuba bamurekura akigira ahandi. Gusa kuri ubu uyu mugabo ari kugenda abura amahirwe yo kujya mu makipe amwifuza bitewe n'uko Rayon Sports itari kwemera kumuha urwandiko “Release Letter” imukura mu ikipe.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Salus, Ndayishimiye Eric Bakame yavuze ko yari afite amahirwe yo kujya muri AFC Leopards muri Kenya ariko akaba yaratindijwe n'uko ikipe ya Rayon Sports yamwimye urupapuro rumurekura (Release Letter). “Ni byo twagiranye ibiganiro nagombaga kujyayo ngasinya amasezerano ariko Rayon Sports yanyimye ibaruwa insezerera (Release Letter)”. Ndayishimiye Eric

Ndayishimiye Eric Bakame kuri ubu ari mu bihe bitari byiza byo kuba atazi icyo Rayon Sporst imuteganyiriza

Ndayishimiye Eric Bakame kuri ubu ari mu bihe bitari byiza byo kuba atazi icyo Rayon Sporst imuteganyiriza

Muhirwa Frederick, visi perezida wa Rayon Sports avuga ko Ndayishimiye Eric Bakame ari umukinnyi wa Rayon Sports uri mu bihano bizarangira mu gihe kitazwi bityo ko n’ubusobanuro yasabwe gutanga atabutanze neza bityo bigatinza imyanzuro.

Muhirwa ubwo yaganiraga na Flash FM yavuze ko Ndayishimiye Eric Bakame yanditse ibaruwa ariko nka Rayon Sports bakaza gusanga ataragarutse ku majwi yumvikanye mu gihe gishize avuga ku bijyanye n’amarozi aba muri Rayon Sports.

Ndayishimiye Eric Bakame avuga ko ibyo yasabwe byose gukora yabikoze ndetse ko n’amabaruwa yabahaye abitse kopi zayo bityo ko ibintu Rayon Sports bari kumukorera ari ubuhemu ndetse ko bitanajyanye n’amategeko ya FIFA mu guhana umukinnyi.

“Nanditse inshuro ebyiri (2) mbaha ubusobanuro ku ijwi mwumvise ariko n’ubu bambwira ko ibisobanuro bidahagije. Ubu ni ubuhemu, kumara amezi atandatu (6) udakina utanahembwa kandi ari ko kazi kagutunze. Na FIFA ntabwo ibyemera, ntabwo nari nkwiye guhemukirwa na Rayon Sports kuko ntacyo ntayikoreye”. Bakame

Ibyo Ndayishimiye Eric Bakame yakoreye Rayon Sports n'Amavubi ntabwo bikwiye kurangizwa n'utuntu duto tudafitiye igihugu akamaro

Ndayishimiye Eric Bakame avuga ko ibyiza yakoreye Rayon Sports n'Amavubi ntabwo bidakwiye kurangizwa n'utuntu duto tudafitiye igihugu akamaro

Kuki Ndayishimiye Eric Bakame yandika ariko ibyo yanditse ntibihabwe agaciro?

N'ubwo ubuyobozi bwa Rayon Sports buvuga ko Ndayishimiye Eric Bakame yanditse ibyo batamubwiye, uyu mugabo avuga ko we bisa n'aho bashaka kumushyira mu mutego no kumukoresha ibyo bashaka ko yandika mu gihe avuga ko aho kugira ngo abyandike abeshya yasezera ku mupira w’amaguru.

Ndayishimiye Eric Bakame avuga ko komite iriho ya Rayon Sports yamusabye kwandika avuga ko nk’umunyezamu yafatanyaga na komite icyuye igihe mu bikorwa byo gutega ku mikino ya Rayon Sports rimwe na rimwe agakora amakosa atuma batsindwa ndetse rimwe na rimwe akanga gukina yirwaje.

“Ntabwo nabyanze ahubwo ibyo bambwiraga ni byo nanze. Ngo komite ya cyera yarimo Gacinga na Prosper barankoreshaga baka-Betting-a (Gutega ku mikino). Ngo nangaga gukina ndi muzima yewe ngo naritsindishaga”. Bakame

Ndayishimiye ntabwo yumva ukuntu yajya kwandika ibaruwa nk’iyo yo kubeshya mu gihe yahembwaga buri mwaka nk’umunyezamu mwiza, akaba yari amaze imyaka itanu ari muri Rayon Sports bakina imikino ikomeye bagatsinda nta kibazo kivutse mu izamu.

“Mu myaka itanu (5) namaze muri Rayon Sports twatwaraga ibikombe , natorwaga nk’umunyezamu mwiza, nabanzaga mu kibuga mu ikipe y’igihugu. Umuntu witsindisha se ibyo yabigeraho ate?...Aho kubeshyera abantu ibyo batakoze nareka umupira”. Bakame

Ndayishimiye Eric Bakame yahise yumva icyaka

Ndayishimiye Eric Bakame yari kapiteni n'umunyezamu wa mbere muri Rayon Sports ariko ibi byose yarabyambuwe

Ndayishimiye Eric Bakame yari kapiteni n'umunyezamu wa mbere muri Rayon Sports ariko ibi byose yarabyambuwe

 Ni byo koko ikiganiro Ndayishimiye Eric Bakame yagiranye n’umufana kikajya hanze ntabwo ari byiza ku buryo wenda yabishimirwa ariko kandi si ikintu gikwiye igihano cy’igihe kitazwi ku buryo umuntu wita umukozi wawe yamara amezi atandatu (6), igice cy’umwaka utamuhemba.

Rayon Sports iyobowe n’abantu b’abagabo abenshi usanga ari n’abanyamategeko, numva bakwiye kwicara nk’abagabo bakareba ikibazo cya Ndayishimiye Eric Bakame wabagiriye akamaro ndetse akabafasha kugera kuri byinshi birimo ibikombe bityo bagacyemura buri kimwe kibari hagati basanga atari umukinnyi badacyeneye bakaba bamuha ibyo bamugomba akajya gushakira ahandi.

Abafana ba Rayon Sports ntabwo kugeza izi saha bishimiye ibyo Ndayishimiye Eric Bakame yavugiye kuri Telefoni ariko kandi ntibibagirwe ko hari igihe yabashimishije ndetse bakamuheka ku ntugu zabo bamuzengurutsa amasitade atandukanye, bityo baca inkoni izamba bakareka gushaka kumugeza mu bibi bijya kureshya n’ahageze ibyiza yabakoreye.

Ikindi Rayon Sports n’abayiyobora bagomba kumenya ni uko Ndayishimiye Eric Bakame ari umukinnyi w’ikipe y’igihugu bityo ko kuba atari gukina bihombya igihugu kuko niwe munyezamu wari wizewe mu gihe barumuna be bari gukora amakosa uko bwije n’uko bucyeye.

Ngarutse kuri FERWAFA nk’urwego rukuru rw’umupira w’amaguru mu Rwanda, bakabaye bagira uko bihutisha ibintu kuko ibihano FIFA itemera ntabwo bakabaye babirebera kugeza aho uwitwa umukozi wa Rayon Sports ari mu bihe bisa n’aho nta muntu n’umwe umuzi ndetse ibyiza yakoze bikaba byaribagiranye nta muntu ushaka no kuba yabigarukaho.

Ndayishimiye Eric Bakame yagiye yitanga cyane ku bwa Rayon Sports

Ndayishimiye Eric Bakame yagiye yitanga cyane ku bwa Rayon Sports

Rayon Sports yatwaye igikombe cy’Intwari 2018 imaze gutsindwa na APR FC-AMAFOTO

Ndayishimiye Eric Bakame yafatanyije na Rayon Sports gutwara ibikombe bitandukanye 

Photos: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Innocent5 years ago
    Ibi bintu birababaje cyane abayobozi bakagobye kureba kure bakareba ibyo Bakame yabakoreye aho kureba utuntu tw' amafuti bakaba bashaka kumwicira izina burundu Rwose nabo n' abantu b' abagabo ni bashyire mu kuri bareke wenda yigendere
  • noswing5 years ago
    Ibi bintu birababaje cyane..kbsa...nabo bajye bishyira mumwanya wumuntu ahubwo bo ibyabo nukwiyuzuriza igifu gusa
  • Ndayizeye5 years ago
    Benshi mu bafana ba Rayon Sport, ntiduteze kuzibagirwa ubugome, ubugambanyi, ubuhemu bukabije, amarira twarijijwe na Bakame. Yagize amahirwe hano haba mu Rwanda, Ibyiza byose yagize muri Rayon Sports twarabyibagiwe, kuko ibibi yadukoreye bibirusha uburemere. Nabiriya byose avuga ngo ategekwa kwandika arabeshya, kuko muri ubu ntabwo komite ihari ihanganye n'iyacyuye igihe. Abanyamakuru rero mujye named musesengura neza, mbese mube Barore Cleophas.
  • gikundiro5 years ago
    Bakame yari umugambanyi cyane nadasaba imbabazi muzamwihorere njyewe nabibonye cyera?!!
  • Ukuri5 years ago
    Birababaje pe ubuse baziko amategeko arangirira muri rayon????ntacyo bamwimye ibyo byangombwa isi nizenguruka ngaho bazagumeho nkumusozi
  • 5 years ago
    Sinzibagirwa Bakame na Abuba i NyAmirambo Dukina Na APR Bagambana Bakadutsinda 2-1 .
  • Olivier Gaparaya5 years ago
    Nukuri aho bigeze aho ikipe yacu dukunda ibi iri gukorera Bakame harimo n akagamabane n ubugome utamenye bamwirukanye se bikagira inzira aho kumurangiza carriere nabi bigeze aha!nukuri bimaze gufata intera itari nziza baigaragara ko harimo ubugome butari bunakwiye rwose Bakame ntako atafashije Rayons kd ibyo bavuga bya Yvan Minaert nabo baje kumwirukana kdi nabi bitewe n uko babonye ko nt cyagendaga ke n ubundi n uko rero bamuhe rwose imbabzi bqmureke yigendere basi...
  • kanakimana5 years ago
    BAKAME NIWE WIKOZEHO YARI AZIKO RAYON ARIWE ISHINGIYEHO ARIKO YAMAZE KUBONA KONTACYO YARASHOBOYE USIBYE GUSEBYA/GUSENYA RAYON SPORT.URWISHIGISHIYE ARA RUSOMA KDANDI IBYO YIVUGISHA BIRAMUKAMAMO
  • Vincent 5 years ago
    Bjr Njye mbona nuwavuga akarengane ka bakame atagahakanye ibyo yemeye kuko ijwi yararyemeye aroko rero rayon nayo niba itamukeneye nimurekure yigeragereze n ahandi gusa numvaga ayo makipe amushaka azi amategeko yuburyo bagura umukinnyi yakegereye rayon bakumvikana
  • Sukondyoha5 years ago
    Ngo yanditse ibyo mutamubwiye? Hhhhhh,niba ari aho se ko numva mubizi yarindaga abibabwira kubera iki? Ariko urukundo rwagiyehe? Ese ni irihe kosa umuntu atababarirwa? Kuki abantu twibagirwa vuba? Ese habuze umuyobozi numwe utekerezako BAKAME nawe ari umugabo kandi atunze urugo kandi uwo ari umwugawe? Ese FERWAFA yo ibitekerezaho iki? Ntakosa ritababarirwa kandi namwe murigusabwa imbabazi nonaha ntimurintungane ahubwo muzirikaneko uyumunsi ari njye ejo ari wowe.
  • cedric5 years ago
    Birababaje kubona ko umuntu nkuwo atatya kandiwe abikenera bakame bamuretse yakoze iki cyatuma bamugira gutyo? Gusa nubuyobozi bwacu (ferwafa) sinzi icyo bumaze
  • Nizeyimana Samuel5 years ago
    Mbanjije kubashimira kucyemezo cyiza mwafashe cyo guhagarika Ndayishimiye Elic Bakame ariko namwe muri ababyeyi igihe gishize ni kininipe! Ndayishimiye Elic Bakame mpamyako yikosoye mwibukeko n'Abanyarwanda twabaye umwe (1) numvaga rero nka komite aho bigeze ubu mwakongera gukora inama yo kuganira kuri Ndayishimiye Elic Bakame nubwo ibyo byabaye ntabwo umusaruro we mw'ikipe wabaye ibibazo gusa mwibukeko hari byinshi yagejeje kw'ikipe murakoze.
  • Bolingo5 years ago
    Sinshyigikiye Imyitwarire ya Bakame arko nanone sinshyigikiye Institution zimeze nka Rayon sport zigitanga ibisubizo ngo ari mu bihano bizarangirira igihe kitazwi. Ikipe ivuye mu marushanwa nyafurika ya CAF koko itagira internal rules and regulations kand igira abanyamategeko!?
  • Ferdinand5 years ago
    Nukuri ibi birababaje pe, none c uwaguhemukiye ikiza nukumwitura inabi? Bakame yarahemutse pe, nkatwe abafana ba Rayon sport ntitwiyumvisha ibyo yakoze nkumuntu twizeraga arko ibyabaye byarabaye. Nibarebe ukuntu bakemura ikibazo cye pe. None c twishimire kumubona yishwe ninzara? Nitugire imbabazi n'umutima wakimuntu. Mwibuke ko nanyakubahwa perezida wa repuburika atanga imbabazi.
  • Ddd5 years ago
    @ Ndayizeye, wowe wavamo umurozi mwiza. Bakame ahubw yarabahumuye mubona ko Minaert nta kigenda yaje gusenya. Niba mutamushaka se mwamuretse akigendera. Iyi team igizwe n abantu bameze nkinjiji. Ngo yarabahemukiye. Rwarutabura w u mufana yagiye As kigali muramugarura, none none. Mbega Abayobozi!!
  • sibyo5 years ago
    ubundi umurengwe ngo usiga inzara,muminsi iza muzicuza Bakame,gsa nimumureke arebe nahandi yigira,muri benshi ark mugira itiku ndetse muri nabashakashatsi mumafuti amwe n'Amwe





Inyarwanda BACKGROUND