RFL
Kigali

Nahimana Shassir ntari mu bakinnyi 18 Masud Djuma azitabaza ahura na Rivers United

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:14/04/2017 9:07
0


Nyuma yo gukora imyitozo ya nyuma hategurwa umukino ubanza Rayon Sports igomba gusuramo Rivers United mu mikino ya CAF Total Confederation Cup, Masud Djuma utoza iyi kipe yambara ubururu n’umweru yatangaje abakinnyi 18 azifashisha batarimo Nahimana Shassir.



Nahimana Shassir ufite ibitego 12 muri shampiyona, ntari ku rutonde rw’abakinnyi 18 umutoza Masud Djuma yahisemo kuzitabaza akina na Rivers United kuri iki Cyumweru tariki 16 Mata 2017 bitewe n’akabazo k’imvune nk’uko yabitangarije abanyamakuru nyuma y’imyitozo yo kuwa Kane tariki 13 Mata 2017.

Hari hari akabazo gato ka Shassir wari urwaye mu minsi ibiri ariko nawe mwamubonye ko yatangiye imyitozo. Abandi barahari bameze neza. Masud Djuma

Nk’uko kandi uyu mutoza yari yavuze ko atasiga Sibomana Abouba Bakary nk’umukinnyi ufite ubunararibonye, niko byagenze kuko ari mu bakinnyi 18.

Ibitego bibiri (2) yanyabitse Amagaju FC, byatumye Nsengiyumva Moustapha yisanga ku rutonde rw’abakinnyi 18 bagomba kujya kureba uko Rivers United ihagaze mbere yo kuzayakira kuwa 22 Mata 2017 kuri sitade Amahoro.

Mu bakinnyi 18 Irambona Masud Djuma yagiriye ikizere harimo abanyezamu babiri (2), Abugarira batanu (5), abakina hagati icyenda (9) n’abataha izamu babiri (2).

Abakinnyi 18 bagomba kuzahangana na Rivers United:

Abazamu (2): Ndayishimiye Eric Bakame (GK,C), Evariste Mutuyimana (GK).

Abugagrira (5): Manzi Thierry, Munezero Fiston, Gabriel Mugabo, Abouba Sibomana, Eric Irambona.

Abo hagati (9): Mugisha Francois Master, Niyonzima Olivier Sefu, Kwizera Pierrot, Mugheni Fabrice, Muhire Kevin, Manishimwe Djabel, Nshuti Dominique Savio, Nova Bayama, Nsengiyumva Moustapha,

Abasatira (2): Moussa Camara na Tidiane Kone

Rayon Sports izambikana na Rivers United (Nigeria) ku Cyumweru tariki 16 Mata 2017 saa kumi z'umugoroba ku masaha ya Nigeria (16h00') bikazaba ari saa kumi n'imwe z'umugoroba ku masaha ya Kigali (17h00'). Umukino uzabera kuri Liberation stadium.

Nahimana Shasiri

Nahimana Shassir agomba gusigara i Kigali biturutse ku kabazo k'imvune 

Nsengiyumva Moustapha

Ibitego bibiri yabikije Amagaju FC byatumye Nsengiyumva Moustapha abona amahirwe yo kujya mu bakinnyi 18 

Sibomana Abouba

Iminota 25' yakinnye batsinda Amagaju FC ibitego 4-1 yari igipimo cyiza cyo kumenya niba Sibomana Abouba Bakary ahagaze neza

Amafoto y'imyotoza ya nyuma Rayon Sports yakoze:


Manishimwe DjabelManishimwe Djabel ku mwitozo wa koruneri Rayon Sports 2

Abakinnyi bazurira indege bagana muri Nigeria biteganyijwe ko bamenyekana kuri uyu wa Gatanu

abakinnyi ba Rayon Sports

Abakinnyi ba Rayon Sports bigorora ingingo

Masud Djuma

Irambona Masud Djuma umutoza mukuru wa Rayon Sports ubwo yaganiraga n'abanyamakuru nyuma y'imyitozo

Munezero Fiston

Munezero Fiston  myugariro wa Rayon Sports

Abatoza ba Rayon Sports

Abatoza baganira ku ikipe 

Kwizera pierrot

Kwizera Pierrot akina n'umupira mu myitozo

Mutuyimana Evarist

Mutuyimana Evariste umunyezamu wa Rayon Sports yitoza uko barekura ishoti riremereye

Manzi Thierry wa Rayon SportsManzi Thierry  uzitabazwa inyuma ku ruhande rw'ibryo ahitwa kuri kabiri Rayon Sports

Uhereye ibumoso: Niyonzima Olivier Sefu, Irambona Gisa Eric, Muhire Kevin na Nova Bayama

Tidiane Kone

Rutahizamu Tidiane Kone 

Moussa Camara

Rutahizamu Moussa Camara 

Ndayishimiye Eric Bakame

Ndayishimiye Eric Bakame umunyezamu akaba na kapiteni wa Rayon Sports

Masud Djuma

Masud Djuma atanga amabwiriza

Abouba Sibomana

Masud avuga ko Abouba Sibomana ari umwe mu bakinnyi bafite ubunararibonye adashobora gusiga

Gacinya  Denis

Ubwo Gacinya Denis perezida w'ikipe ya Rayon Sports yasesekaraga ku kibuga cya Mumena

mutsinzi  Ange Jimmy

Mutsinzi Ange Jimmy ntazajyana n'ikipe ya Rayon Sports

Mugheni Fabrice

Mugheni Fabrice (wambaye akenda gatukura) arwanira umupira na Manzi Thierry

Kwizera pierrot

Umukino wa Rayon Sports uba ushingiye kuri Kwizera Pierrot

Savio Nshuti Dominique

Savio Nshuti Dominique mu myitozo

Mugisha Francois Master

Mugisha Francois Master yicaye aruhuka

Niyonzima Olivier Sefu

Niyonzima Olivier Sefu ukina hagati muri Rayon Sports

Gacinya  Denis

Gacinya  Denis(iburyo) na Lomami Marcel (ibumoso)

Rayon Sports

Rayon Sports izakina na Rivers United (Nigeria) kuri iki Cyumweru tariki 17 Mata 2017

AMAFOTO: MIHIGO Saddam/INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND