RFL
Kigali

Agashya ikipe y'u Rwanda y'amagare yasize ikoreye muri Amerika ntikaribagirana- AMAFOTO

Yanditswe na: Robert Musafiri
Taliki:25/02/2015 10:10
16


Ubwo ikipe yo gusiganwa ku magare y’u Rwanda yari iri mu myitozo ahitwa Utah mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika yahasize umugani ku buryo n’ubu bikivugwa nyuma y’imyaka 7 bibaye.



Nk’uko byagarutsweho n’ikinyamakuru Daily Mail, ubwo iyi kipe yari iri mu myitozo mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika mu mwaka w’2007, abakinnyi bageze ahantu hari urubura maze ibyo kunyonga babifasha hasi ahubwo bajya gukina mu rubura ndetse abandi bararutoragura bararubika dore ko ngo ari ubwa mbere bari barubonye.

Umuvugizi w’iyi kipe yabwiye iki kinyamakuru ko aba bakinnyi ari ubwambere bari babonye urubura ndetse ko bamwe barutwaye bakarushyira mu mifuka yabo batazi ko ruri bushonge.

Team

Ubwo abakinnyi babonaga urubura amagare bayavuyeho bajya kurureba

Team

Ibyari imyitozo byabaye bihagaze

Abakinnyi

Aba bakinnyi ni ubwa mbere bari babonye urubura

Team

Bamwe bibaza ko n'iyo baba bari gusiganwa ari uku byari kugenda

Team

Bamwe batoraguye urubura bararubika batazi ko rushonga

Team

Nyuma yo kureba urubura imyitozo yarakomeje

N’ubwo ibi byabaye mu mwaka w’2007 aya mafoto yagiye hanze vuba aha ndetse akaba akomeje gucicikana hirya no hino mu bitangazamakuru bikomeye byo ku isi ndetse no ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.

Robert Musafiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Gahaya9 years ago
    Ariko di baramaze nonese ko umuzungu aza hano iwacu yabona ibitaba iwabo akabirangarira kuki igikuba kidacika ariko kikaba cyaracitse kuri abo ;namwe ntimugapfobye benewanyu
  • truthteller9 years ago
    hahaahhaha, reba ukuntu bishimye? nicyo cyangobwa ubundi....kandi nawe wanditse iyi nkuru byakubaho Enjoyurlife shaaa
  • Alain9 years ago
    Gahaya tu as parfaitement raison, bien que bari muri entrainement ndabona nta gikuba cyacitse. c tout a fait normal.
  • jim9 years ago
    Hahaha. Ibyo ni buri wese urubonye ruramutangaza
  • Umukurambere9 years ago
    ibi ni sawa sawa ahubwo aba bahungu ndabemera. acicikana hehe ko uri umushyushya rugamba. uwakugezayo wayigaraguramo!!!
  • kayitesi9 years ago
    Ndumva bidatangaje pe kuko nabarubamo ruragwa bakajya kurukiniramo
  • 9 years ago
    Ndumva bidatangaje pe kuko nabarubamo ruragwa bakajya kurukiniramo
  • A9 years ago
    Umva di nawe ariwowe nuko utazi umunyenga urubamo cg kurukiniramo uburyo bishimisha
  • Innocent9 years ago
    nukuri aba basore bacu ntagikuba baciye nukuri ari nange nahagarara nkareba kuko nabanyamahanga iyo baje iwacu haribyo babona batabona iwabo bakabirangarira ahubwo nabagabo.
  • Innocent9 years ago
    nukuri aba basore bacu ntagikuba baciye nukuri ari nange nahagarara nkareba kuko nabanyamahanga iyo baje iwacu haribyo babona batabona iwabo bakabirangarira ahubwo nabagabo.
  • Methode9 years ago
    ibi ariko ntakintu bitwaye rwose, niba hari nababicicikanisha kumbuga nibo bafite ikibazo ahubwo, umuntu uri normal agomba kugira amatsiko, kuko amatsiko atuma umenya, so aba basore ubu bafite experience ntafite, ndumva arisawa ahubwo bazasubireyo.
  • Cola9 years ago
    Mana we bameze nka wamugabo wo muri firme n umuryango we ubwo babonaga icupa bose bakarikurikira bajya kwitegereza icyaricyo bamwe baba mumashyamba .
  • Regis9 years ago
    Aha nta gashya mbibonamo!!!Nonese Abanyamerika bo iyo baje mu Rwanda warondora umubare wibintu barangarira!!?ko mutabyandika byo!!?ninde ubarusha gufotora iyo bari ino aha??!!none kwitegereza urubura byabaye umugani??!byongeye iyo uri mu myitozo wemerewe guhagaarara igihe ushakiye!!!!
  • BWENGE9 years ago
    ngitangira gusoma inkuru nkagera ahanditse ngo "mari mu myitozo" nahise nseka ndekera gusoma ibikurikiyeho. Nonese nkubaze, ko bari mu myitozo nyine, mu myitozo se hari aho bavuga ko umuntu adahagarara ndetse akanicara akaruhuka akarya akanywa. Kuba barahagaze bageze ku rubura biratangaje? Wasanga hari n'ahandi henshi bahagaze bareba n'ibindi, ubuse igishya ni iki? Ahubwo narimfite amatsiko ko bari bari mu irushanwa nyirizina ryo gusiganwa bagera ku rubura ibyo bakabifasha hasi bakajya gukina na rwo, aho ho nrai guseka iminwa ikagera ku matwi.
  • byiza9 years ago
    ahubwo ni byiza cyane aramutse ari gucicikana nkuko ubivuze , usibyeko ushobora kuba uri kubeshya, ariko bibaye byaba ari fresh kuko ubundi batwerekana ngo dushonje twishwe n inzara cg ibyorezo ,ariko urabona ko abahungu bacu bambaye neza kandi bari healthy ,so ntaribi uwayareba ayarebeye urubura yahita anabonako abanyafurika basa neza apana ,ya mafoto baba bagargaza kuri Tv zabo twishwe n inzara , bityo abaho bakagirango ushaka urupfu ajya Afrika , they're so hypocrites
  • ben9 years ago
    yes. bibaho babyita amatsiko ese wagize ngo sabashakashatsi mugomba kurihuka mukareba rata





Inyarwanda BACKGROUND