RFL
Kigali

MU MASHUSHO :1994 ,ikipe ya Rayon Sports isezerera ikigugu Al Hilal, amateka benshi babarirwa

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:24/05/2015 1:34
6


Ku itariki 6 Werurwe 1994 nibwo ikipe ya Rayon Sports yakoze amateka ikuramo ikipe ya Al Hilal yo muri Sudani imwe mu makipe yari akomeye muri Afrika muri icyo gihe iyisezerera mu irushanwa rya CAF iyitsinze ibitego 4-1 nubwo Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yatumye iterwa mpaga ku mukino wakurikiyeho.



Impamvu twifuje kugaruka kuri uyu mukino ni uko ariwo wahuje abantu benshi bagasabana bishimira gutsinda kwa Rayon Sports nubwo mu kwezi kwakurikiyeho batari bazi ibyari bigiye kuba. Ni umwe mu mikino kandi igaragaza amateka akomeye ikipe ya Rayon Sports yakoze abenshi babarirwa kubera wenda kuba batarigereye ku kibuga igihe umukino wabaga (abakuze) ndetse bakaba batari bafite aho barebera amashusho kuko insakazamashusho(televiziyo) abari bazifite bari mbarwa cyangwa se abakiri bato nabo bakabyumva mu nkuru ariko ntibabashe kugira amahirwe yo kwibonera abakinnyi bumva banditse amateka nibura mu mashusho.

Iyo uganiriye n’abantu bakurikiranye amateka y’u Rwanda n’umupira w’amaguru muri rusange bakubwira ko Rayon Sports na kera hose yahoranye abafana benshi kurusha andi makipe. Ubwo yari igeze muri 1/16 cy’irushanwa rya CAF yahuye n’imwe mu makipe yari ibigugu muri Afurika muri icyo gihe, AL Hilal yo muri Sudani. Mu mukino ubanza wari wabereye  muri Sudani , Rayon Sports yatsinzwe igitego kimwe ku busa(1-0). Umukino wo kwishyura wabaye abanyarwanda batarebana neza ndetse bikiyongera no kumutekano muke warangwagwa mu gihugu muri 1994. Rayon Sport yasabwaga kwishyura igitego yatsindiwe muri Sudani ndetse ikarenzaho n’ibindi. Wari umukino utoroshye ariko ni umwe mu mikino wongeye kugaragaza ko umupira w’amaguru wahuza abantu batitaye kubyo bapfa kuko icyo gihe stade Amahoro yari yakubise yuzuye.

Murangwa

Murangwa Eugene umwe mu bazamu Rayon Sports yagize bakomeye wagiraga umwihariko wo kurinda yambaye ingofero

Abakinnyi  ba Rayon Sport babanje mu kibuga:Murangwa Eugene, Hamiss Aime bakundaga kwita  Aime Dollar, Kalisa Claude,  Buregeya , Gasana bakundaga kwita Tigana, Kayiranga Baptiste kuri ubu unatiza iyi kipe ,Hategekimana Dieudonne, Kazanenda Francois Mateso , Gasangwa Celestin ,Mudeyi Nazeri (kapiteni), Mbusa Kombi Billy.

Umutoza:Raul Shungu

Umusifuzi wo hagati:Bakundukize(Burundi)

Umutoza wa Al Hilal

Umutoza aratanga amabwiriza ku bakinnyi be, ababwira uburyo bari bwitware bagahangana na Rayon Sports yari ishyigikiwe cyane

Intebe y'abasimbura

Iyi niyo yari intebe y'abasimbura ba Al Hilal

Igisiga

Iki gisiga cyagaragaye mu kibuga mbere y'umukino , cyatunguye benshi

Stade amashoro

Stade Amahoro yari yakubise yuzuye

Igice cya Mbere: Gutsinda kwa Rayon Sport, kwirara n’amafiyeri, byatumye bayishyura

Ku isaha ya saa cyenda n’iminota cumi n’umunani (15h18) nibwo amakipe yombi yinjiye mu kibuga. Habanza kuririmbwa indirimbo zubahiriza ibihugu byombi. Umukino watangiranye ishyaka ku ruhande rw’ikipe ya Rayon Sports nk’iyari iri mu rugo kandi yari ikeneye kwishyura ndetse byashoboka ikaba yasezerera ikipe ya Al Hilal. Ahagana ku munota wa 5 nibwo abakinnyi ba Al Hilal barengeje umupira maze Aime Dollar wari uzwiho kurengura kure cyane, yarenguye umupira maze Mateso  wari wambaye numero 8 ashyira ku mutwe yinjiza icya mbere Abafana batangira kubona ko Rayon Sport ishobora gutsinda ikaba yakuramo Al Hilal.

Aime Dollar

Aha niho Aime Dollar yari ahagaze ajya kurengura umupira wavuyemo igitego cya mbere

Amafiyeri no kwirara iyo ikipe ya Rayon Sports imaze gutsinda biyiranga muri iki gihe  si iby’ubu kuko nyuma yuko bari bamaze kubona igitego , batangiye gukina nta shyaka nkiryo bari batangiranye ndetse bakomeza gukina buhoro buhoro, ibintu byatumye  igice cya mbere kijya kurangira Al Hilal yishyura igitego ku makosa yari akozwe n’abakinnyi b’inyuma(mu ba kabiri) , biba 1-1, ibintu bisubira irudubi kuko Al Hilal yari igize 2-1 imikino yombi ibariwemo. Kugeza kuri uyu munota byasabaga Rayon Sports gutsinda nibura ibindi  bitego 2 kugira ngo yizere kuyisezerera.

Igice cya kabiri: Gukinana ishyaka, kurumbuka kw’ibitego

Nubwo abakinnyi ba Rayon Sports bari bamaze kwishyurwa igitego , bagarutse mu gice cya kabiri bisubiyeho, bakina umukino urimo ishyaka n’ubuhanga. Hashize nk’iminota itatu igice cya kabiri gitangiye nibwo ikipe ya Rayon Sports yabonye penaliti nyuma yaho umwe mu bakinnyi ba Al Hilal yakoraga umupira ari mu rubuga rw’amahina(surface de reparation). Nyuma yuko umusifuzi  w’umurundi ayameje , abakinnyi ba Al Hilal babaye nk’abashaka gutera amahane ariko baza kwemera iraterwa. Penaliti yatewe ndetse ininjizwa neza na Aime Dollar biba 2-1.

Baburana n'umusifuzi

Kutavuga rumwe n'umusifuzi si iby'ubu, Al Hilal iraburana ko penaliti itariyo

Penalti

Nyuma y'impaka Penaliti yaje guterwa ndetse yinjizwa na Aime Dollar

abafana

Ba Rwarutabura b'icyo gihe

Nyuma yo gukomeza gukinana ishyaka, ikipe ya Rayon Sports yatsinze igitego c cya 3 yatsinzwe na Mudeyi Nazer, bituma ikipe ya Al Hilal icika intege. Kayiranga Baptista byagaragara ko yamaze kunanirwa yasimbuwe na Munyurangabo Rongin, Mateso  asimburwa na Sembagare. Ahagana ku munota wa 80, Mbusa Kombi Billy yinjije igitego cya kane ari nako umupira waje kurangira maze Rayon Sports iba isezereye ikigugu Al Hilal. Nyuma yo gusezererwa kuburyo batari biteze, abakinnyi ba Al Hilal bashatse guteza imvururu ariko abashinzwe umutekano barabakumira ari nako aba Rayons babaririmbira bati’ Mbabarira ayiwe mbabarira Gutsinda rayon sports  ndabizi bigomba ubuhanga…”

Umukino wagombaga guhuza Rayon Sports na Brewerries FC yo muri Kenya wahuriranye n’amahano yagwiriye igihugu ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994  maze Rayon Sports ntiyabasha kujya gukina iterwa mpaga iva mu marushanwa gutyo gusa umukino yasezereyemo Al Hilal ukaba warasigaye ari amateka atazibagirana kuri benshi.

Reba hano amashusho y’umukino wose wahuje Rayon Sport na Al Hilal

RENZAHO Christophe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • didy8 years ago
    DISI ZA NGOMA NIZA KERA OH RAYON
  • Eric Nganji8 years ago
    Murakoze kutugezaho aya mateka.Ariko mujye mwibuka kuvuga aho mwabikuye kuko umunyamakuru w'umwuga ataga source y'inkuru akirinda kwiyitirira ibitari ibye.
  • Longin8 years ago
    Ariko uyu mufana wambaye imikenyero si Kantano ra??????????? RIP nubwo wasize woretse imbaga muri 94!!!!
  • kkkkk28 years ago
    nabemeraga ariko wapi kbs ifoto ya rayon sport mutweretse ibanza bambaye blue na el hilal yambaye blue kandi mukibuga hari ikipe yambaye umweru ubwose ntimutubeshye riva koko amafoto nayo mwishakiye ntago ari ayicyo gihe
  • RANGIRA Arcade2 years ago
    Ni byiza gusa kuri iyi match Rayon Sport yari yambaye imyenda y'umweru bwiganje ntago yari kwambara ubururu kandi na El Hilal ariko yambaye.
  • Kiki2 years ago
    Nonese bicaraga ku ntebe nkizo mu rusengero hahahha a🤣🤣🤣 ndabona na rayon sport yaribaga amakipe kuva kera kugeza nayo mu mahanga





Inyarwanda BACKGROUND