RFL
Kigali

MU MAFOTO: Uko umukino wa Police FC na Rayon Sports wagenze (2-2)

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:27/02/2017 8:51
0


Kuwa Gatandatu tariki 25 Gashyantare 2017 nibwo ikipe ya Police FC yakiriye Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 16 utarabereye igihe, umukino warangiye amakipe yombi aguye miswi akanganya ibitego 2-2 ndetse bigatuma ikipe ya Rayon Sports iba igumye ku mwanya wa kabiri kuko yari gufata umwanya wa mbere iyo itahana amanota atatu imbumbe.



Kwizera Pierrot na Nova Bayama nibo batsindiye iyi kipe yambara ubururu n’umweru mu gihe Police FC ayatsindiwe na Mico Justin ndetse na Usengimana Danny wahise yuzuza ibitego 13 muri shampiyona.

Mico Justin yahise agira ibitego icyenda mu gihe Kwizera Pierrot yagwije birindwi (7) mu mu mukino Gianni Infantino yahaye ijisho kuri sitade Amahoro i Remera.

Muri uyu mukino twabagejejeho mu nkuru ziheruka, Patrick Umwungeri myugariro wa Police FC ntiyawurangije kubera ikibazo cy’imvune yagize ku kaboko akajyanwa kwa muganga, kuri ubu amakuru ava muri iyi kipe avuga ko ameze neza ndetse ko mu myitozo yo kuri uyu wa Mbere azaba yibaririye.

Sibomana Abouba Bakary wugarira muri Rayon Sports nawe ntiyarangije uyu mukino kubera ikibazo cy’imvune yagize aho yahise asimburwa na Nsengiyumva Moustapha.

Police FC yabonye amakarita ane (4) y’umuhondo  mu gihe Rayon Sports nta n’imwe yabonye. Rayon Sports yateye amashoti icumi (10) agana mu izamuavamo ibitego bibiri (2)  mu gihe Police FC yateye arindwi (7) yavuyemo ibitego bibiri (2).

Rayon Sports yagumanye umupira ku kigero cya 53% mu gihe Police FC yawugumanye 43%. Rayon Sports bateye amashoti atatu yaciye kure y’izamu kuri rimwe rya Police FC.

Kuri ubu Police FC iri ku mwanya wa kane n’amanota 32 mu gihe Rayon Sports iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 37 inyuma ya APR FC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 38. Police FC irarushwa inota rimwe na AS Kigali iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 33 n’ibitego 10 izigamye kuri 11 bya Police FC.

Dore uko indi mikino yarangiye:

*Marines Fc 2-3 Sunrise Fc


*Kirehe Fc 0-0 Pepiniere Fc 

*Espoir Fc 0-0 Bugesera Fc 


*Gicumbi 2-2 SC Kiyovu

*FC Musanze 1-1 Etincelles FC

Habimana Hussein wa Police FC

Habimana Hussein ntiyari yakinnye kuko yari afiteb amakarita atatu y'umuhondo

Seninga  Innocent

Seninga  Innocent umutoza mukuru wa Police Fc asohoka mu rwambariro

Police FC

Uhereye ibumoso: Maniraguha Cluade (umutoza w'abazamu muri Police FC), Bisengimana Justin umutoza wungirije an Ngomairakiza Hegman 

Abasifuzi

Abasifuzi basesekara mu kibuga

Police FC

Amakipe asohoka mu rwambariro

 Abasifuzi

Abasifuye umukino

Rayon Sports

Abatoza, abaganga n'abakinnyi ba Rayon Sports

11 ba Police

11 ba Police bifotoje gutya 

11 ba Rayon Sports

11 ba Rayon Sports 

Rayon Sports vs Police FC

Amakipe yombi ahana umukono

 Rayon Sports 2

Abakinnyi ba Rayon Sports bafata inama za nyuma za Masud Djuma

 Police FC

Abakinnyi ba Police FC banywa ku mazi amara ubwoba

Umwungeri Patrick

Patrick Umwungeri yazamuye amaboko asengera 11 bari bagiye kubanzamo

11 ba Rayon Sports

11 ba Rayon Sports mu isengesho

ngendahimana Eric

Abakapiteni batombora ibibuga

abasimbura

Ku ntebe y'abasimbura ya Rayon Sports

Police FC

Abasimbura ba Police FC 

Seninga  Innocent

Seninga Innocent umutoza wa Police FC ashushanya uko gahunda zifashe mu kibuga

Bisengimana

Bisengimana Justin umutoza wungirije Seninga Innocent muri Police FC

abafana

 Abafana ba Rayon Sports

Manzi Thierry wa Rayon Sports

Manzi Thierry myugariro wa Rayon Sports akubakuba ikabutura yitegura kuzitira Usengimana Danny

Usengimana Danny -Police FC

Usengimana Danny ashyirwa hasi na Rwatubyaye Abdul

Muvandimwe JMV

Muvandimwe Jean Marie Vianney yari afite umukoro wo gucunga Nova Bayama

Uwihoreye Jean Paul

Uwihoreye Jean Paul asubiza umupira inyuma........

Kwizera pierrot

Kwizera Pierrot yamuturutse inyuma aza kuwumwaka , umuhungu araryama amurebera rugoindihene....

Kwizera pierrot

......Kwizera ajya hasi nk'abandi bose.......Koruneri iba iravutse

Police FC

Mbere yuko batera koruneri biba ari ishiraniro imbere y'izamu

 Nizeyimana Mirafa

Nizeyimana Mirafa yari yashinzwe Kwizera Pierrot

Nizeyimana Mirafa

............wasangaga bari kumwe ahantu hose

Nahimana Shasiri

Nahimana Shassir azamukana umupira .........Uwihoreye amukurikiza amaso

Uwihoreye Jean Paul

Nahimana ashatse gucenga asubira unyuma ahita agwa mu maboko ya Uwihoreye ...............

Nahimana Shasiri

.............yahise amushyira hasi byihuse

Gianni

Ubwo Gianni Infantino uyobora FIFA yari asesekaye muri sitade Amahoro

giani Infantino

...........Nzamwita Vincent de Gaule amusobanurira amakipe ari gukina

Gacinya  Denis

Gacinya Denis (iburyo) umuyobozi w'ikipe ya Rayon Sports

Savio

Savio Nshuti hasi

Police FC

Police FC yishimira igitego cya Mico Justin

Mico Justin

Mico Justin wujuje ibitego icyenda muri shampiyona

Usengimana Danny -Police FC

Danny Usengimana acika Nova Bayama na Mugheni Fabrice

abatoza

Abatoza bombi ntibari bicaye

Rwatubyaye Abdul

Rwatubyaye Abdul acunga Usengimana Danny

Rwatubyaye Abdul

Rwatubyaye acungira hafi cyane

Bwanakweli  Emmanuel

Ubwo Bwanakweli  Emmanuel umunyezamu wa Police FC yari agize ikibhazo

Abouba Sibomana

Abouba Sibomana nawe yagize ikibazo biba ngombwa ko bamusohora 

 abouba

Abouba Sibonmana ajyanwa hanze

Songa Isaie

Songa Isaie asimbura Mico Justin

ndayishimiye Antoine Dominique14

Ndayishimiye Antoine Dominique mbere yo gusimbura Muzerwa Amin

Muzerwa Amini

Muzerwa Amin asohoka mu kibuga

Eric nngendahimana

Ngendahimana Eric akora akazi 

Nova Bayama

Nova Bayama yitendeka kuri Nizeyimana Mirafa mbere yuko Rayon Sports batera koruneri

Mugabo Gabriel

Mugabo Gabriel yitendeka kuri Ndayishimiye Antoine Dominique

Muhire Kevin

Muhire Kevin yitegura kujya mu kibuga

abafana

Ahakunda kwicara abafana ba APR FC

Umwungeri Patrick

Ubwo Umwungeri Patrick yari agize ikibazo

Umwungeri Patrick

Akaboko ke kari kavuye mu mwanya wako

Tidiane Kone

Umukino urangiye Tidiane KONE rutahizamu wa Rayon Sports utarakinnye adahawe amafaranga yahise amanuka hasi gusuhuza bagenzi be

Muvandimwe JMV

Bwanakweli  Emmanuel

Bwanakweli  Emmanuel umukino urangiye 

Imibare yaranze umukino 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND