RFL
Kigali

MU MAFOTO: Tidiane Kone yongeye kwinjira mu mitima y’abakunda Rayon Sports nyuma yo kubakura i Musanze

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:30/04/2017 13:10
0


Tidiane Kone rutahizamu wa Rayon Sports ukomoka muri Mali yaraye ahesheje Rayon Sports amanota atatu nyuma yo kubakura imbere ya FC Musanze mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona waberaga kuri sitade Ubworoherane.



Byategereje umunota wa 62’ w’umukino kugira ngo Savio Nshuti Dominique ahereze umupira Tidiane Kone wahise awuganisha mu izamu ryari ririnzwe na Ndayisaba Olivier mukuru wa Mico Justin.

Umukino Mugheni Kakule Fabrice yari yagarutse muri 11 ba Rayon Sports nubwo yaburaga Kwizera Pierrot hagati mu kibuga. Niyonzima Olivier Sefu yafatanyaga na Mugheni hagati mu kibuga.

FC Musanze yari igaragiwe n’abafana bayo bivanze n’aba Rayon Sports yabashije kwihagararaho mu gice cya mbere binagaragara ko nayo isaha ku yindi yabona igitego cy’amahirwe kuko amakipe yombi yakinaga umukino udakanganye.

Ku munota wa 37’ Mutsinzi Ange Jimmy wari wabanje mu mutima w’ubwugarizi yagize ikibazo ahita asimburwa na Munezero Fiston wakomeje gufatanya na Mugabo Gabriel Gaby. Mu gusimbuza kandi, ku munota wa 86’ Muhire Kevin bita Rooney yasimbuye Nahimana Shassir.

Ku ruhande rwa FC Musanze yatozwaga na Habimana Sosthene utari afite Ndikumana Hamadi Katauti umwungirije kuko yari i Burundi. Mu gusimbuza, Tuyisenge Pekeake bita Pekinho yavuye mu kibuga ku munota wa 50’ asimbuwe na Moikima Mutonga Pignol.

Rayon Sports yari yamaze kubona igitego, yakomeje kukiryamaho iminota 90’ irrangira bongeraho itatu (3) nayo yarangiye FC Musanze nta kintu iribwira.

Rayon Sports yakomeje kuryama ku mwanya wa mbere n’amanota 58 ikurikiwe na APR FC ifite 50 mbere yuko icakirana na Police FC ifite amanota 47.

Nyuma yo kubatsindira iki gitego, Tidiane Kone yahise aba inshuti ikomeye y’abafana ba Rayon Sports kuko wari umukino we wa kabiri abatsindira igitego cy’agaciro. Kone yababoneye igitego i Nyamata batsinda FC Bugesera igitego 1-0 ndetse yanabahaye igitego bakina na Espoir FC. Kuri ubu Tidiane Kone afite ibitego bitatu (3) muri shampiyona.

Abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi:

Musanze FC: Ndayisaba Olivier (GK), Habyarimana Eugène, Kanamugire Moses, Hakizimana François , Kimenyi Jacques, Munyakazi Yussuf, Maombi Jean Pierre, Niyonkuru Ramadhan, Peter Otema (C), Wai Yeka na Tuyisenge Pekeyake.

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric Bakame (GK, C), Manzi Thierry, Nzayisenga Jean d’Amour, Mugabo Gaby, Mutsinzi Ange Jimmy, Niyonzima Olivier Sefu, Kakure Mugheni Fabrice, Manishimwe Djabel, Tidiane Koné, Nahimana Shassir na Savio Nshuti Dominique

 Musanze

11 ba FC Musanze babanje mu kibuga

Rayon

11 ba Rayon Sports Nshimiyimana Maurice Maso yagiriye ikizere cyo kubanza mu kibuga

Rayon

Tidiane Kone agora myugariro wa FC Musanze

Abafana bari barumbutse

Abafana bari barumbutse 

 Iyo abakinnyi bisuganya mbere y'iterwa rya koruneri

Iyo abakinnyi bisuganya mbere y'iterwa rya koruneri

Abafana ba FC Musanze bitwaje imituku n'umweru

Abafana ba FC Musanze bitwaje imituku n'umweru

Igitego cyari cyabuze uyu mufana yambaza iyo mu ijuru

Igitego cyari cyabuze uyu mufana yambaza iyo mu ijuru

Abafana ba Rayon Sports batabonetse ikina na Rugende FC kuri uyu mukino bari bikubise agashyi

Abafana ba Rayon Sports batabonetse ikina na Rugende FC kuri uyu mukino bari bikubise agashyi

Rayon Sports

Mugheni Kakule Fabrice yari yagarutse hagati mu kibuga

Wai Yeka wa Musanze FC agenzura umupira mu kibuga agana izamu

Wai Yeka wa Musanze FC agenzura umupira mu kibuga agana izamu

Wai Yeka wa Musanze FC agenzura umupira mu kibuga agana izamu

Ageze hafi y'izamu yasanze Munzero Fiston na Savio Nshuti baharaye bamutegereje

 Peter Otema ashyirwa hasi

 Peter Otema ashyirwa hasi

Peter Otema  wahoze muri Rayon Sports ubu ni kapiteni wa FC Musanze

Peter Otema  wahoze muri Rayon Sports ubu ni kapiteni wa FC Musanze

Nahimana Shassir azamuka mu kirere ashaka umupira ariko anabangamiwe na Kanamugire Moses myugariro wa FC Musanze wahoze muri Rayon Sports

Nahimana Shassir azamuka mu kirere ashaka umupira ariko anabangamiwe na Kanamugire Moses myugariro wa FC Musanze wahoze muri Rayon Sports

Abafana bari bazengurutse ikibuga

Abafana bari bazengurutse ikibuga 

Ndayisaba Olivier umunyezamu wa FC Musanze akaba mukuru wa Mico Justin ukinira Police FC

Ndayisaba Olivier umunyezamu wa FC Musanze akaba mukuru wa Mico Justin ukinira Police FC

Rwarutabura

Rwarutabura 

Abafana ba Rayon Sports bari bakangukiye kuyishyigikira i Musanze

Abafana ba Rayon Sports bari bakangukiye kuyishyigikira i Musanze

Abafana

Nyuma yo gukurwamo na Rivers United abafana bari bagaruye agatima

Munyakazi Yussuf Rule wa Fc Musanze atembera mu kibuga

Munyakazi Yussuf Rule wa Fc Musanze atembera mu kibuga

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego

Ndacyayisenga Jean d'Amour bita Meya azamuka umupira

Ndacyayisenga Jean d'Amour bita Meya azamuka umupira

Savio Nshuti Dominique atanga umupira wabyaye igitego

Savio Nshuti Dominique atanga umupira wabyaye igitego

Savio Nshuti Dominique acenga mbere yo gutanga umupira

Savio Nshuti Dominique acenga mbere yo gutanga umupira

Ubwo Savio Nshuti Dominique yari akimara kwakira umupira

Ubwo Savio Nshuti Dominique yari akimara kwakira umupira

Mutsinzi  Ange Jimmy yakinnye iminota 37' ahita agira ikibazo

Mutsinzi  Ange Jimmy yakinnye iminota 37' ahita agira ikibazo

Gakwaya Olivier (ubanza mu bicaye) na Gacinya Denis mugenzi we ukurikiye ikipe ya Rayon Sports

Gakwaya Olivier (ubanza mu bicaye) na Gacinya Denis mugenzi we ukurikiye ikipe ya Rayon Sports

Ikirere cyo misozi n'ibirunga bya Ruhengeli cyari cyarakaye mu mpera z'umukino

Ikirere cyo misozi n'ibirunga bya Ruhengeli cyari cyarakaye mu mpera z'umukino

Tidiane Kone atokora Nahimana Shassir

Tidiane Kone atokora Nahimana Shassir

Tidiane Kone waboneye Rayon Sports igitego

Tidiane Kone waboneye Rayon Sports igitego

Lomami Marcel na Nshimiyimana Maurice bakebura Nova Bayama

Lomami Marcel na Nshimiyimana Maurice bakebura Nova Bayama

Savio Nshuti Dominique acenga abagabo babiri

Savio Nshuti Dominique acenga abagabo babiri

FC Musanze

Uwudafite imbaraga zihagije yirwanaho uko ashoboye

Kanamugire Moses azamura umupira ku ruhande rwe rw'ibumoso

Kanamugire Moses azamura umupira ku ruhande rwe rw'ibumoso

Kanamugire Moses agora Nahimana Shassir

Kanamugire Moses agora Nahimana Shassir

Muhire Kevin ajya kwinjira asimbura Nahimana Shassir wari wambaye nimero 10

Muhire Kevin ajya kwinjira asimbura Nahimana Shassir wari wambaye nimero 10

Nkundamatck w'i Kilinda

Nkundamatck w'i Kilinda

Abana mu biti bareba umukino

Abana mu biti bareba umukino

Niyonzima Olivier Sefu akurikiye umupira ariko yugarijwe

Niyonzima Olivier Sefu akurikiye umupira ariko yugarijwe

Ingabo z'igihugu zikorera mu Karere ka Musanze

Ingabo z'igihugu zikorera mu Karere ka Musanze

Bongeyeho iminota itatu (3)

Bongeyeho iminota itatu (3)

Umukino urangiye abafana birara mu kibuga kimwe mu bintu umuntu atashima

Umukino urangiye abafana birara mu kibuga kimwe mu bintu umuntu atashima

Wai Yeka yanatwaye igihembo cy'ukwezi nk'umukinnyi witwaye neza myuri Werurwe

Wai Yeka yanatwaye igihembo cy'ukwezi nk'umukinnyi witwaye neza myuri Werurwe

Mu yindi mikino yakinwe kuri uyu wa Gatandatu, AS Kigali yisengereye Pepinieres FC iyitera ibitego 2-1, Gicumbi FC igarura ubuzima itsinda Amagaju FC igitego kimwe rukumbi mu gihe Espoir FC na Etincelles FC baguye miswi bakanganya 0-0.

Dore uko imikino yarangiye:

Kuwa Gatandatu tariki 29 Mata 2017

 *AS Kigali 2-1 Pépinière FC 
*Gicumbi FC 1-0 Amagaju FC 
*Espoir FC 0-0 Etincelles FC

Imikino iteganyijwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 30 Mata 2017:

*Sunrise FC vs Kiyovu SC (Nyagatare, 15h30’) 
*Police FC vs APR FC (Kicukiro, 15h30’) 
*Kirehe FC vs Marines FC (Kirehe, 15h30’)

*Mukura Victory Sport vs Bugesera FC (Huye Stadium, 15h30')

AMAFOTO: Saddam MIHIGO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND