Nyuma y’ibitero by’ibyihebe byibasiye umujyi wa Paris mu Bufaransa, muri iyi weekend ishize, ubwo shampiyona z’ibihugu ku mugabane w’u Burayi zasubukurwaga, amakipe yo mu Bwongereza n’abafana bayo bahuje umugambi maze bunamira inzirakarengane zisaga 130 zaguye muri ibyo bitero.
Uretse amabendera y’igihugu cy’u Bufaransa, n’amagambo 'Liberte, Egalite, Fraternite' agaragara mu kirango cya Repubulika y’u Bufaransa, mbere y’umukino ku mastade atandukanye baririmbye indirimbo y’igihugu y’u Bufaransa ‘La marseillaise’.
Umutoza wa Arsenal, umufaransa Arsene Wenger(hagati) ni umwe mu bafaransa 22 bagaragaye ku munsi wa 13 wa shampiyona y'u Bwongereza yunamira abavandimwe babafaransa
Arsene Wenger aririmba 'La Marseillaise' mbere y'umukino wahuje Arsenal na West Brom, inyuma ye ni umufaransa Mathieu Debuchy
Manchester city na Liverpool nabo bafashe umunota umwe wo kunamira inzirakarengane zaguye muri ibi bitero
Abafana ba Manchester city bagaragaje ko bifatanije n'abafaransa b'i Paris
Arsenal na West Brom mbere y'umukino bunze ubumwe bibuka abaguye muri ibi bitero
Rutahizamu w'Arsenal, unakinira u Bufaransa Olivier Giroud(wegeranye n'umusifuzi)yunamira bene wabo
Remi Garde(ibumoso), umutoza uherutsa gusinya muri Aston Villa, ni umwe mu Bafaransa nabo bunamiye bene wabo mbere y'umukino
Everton na Aston Villa, mbere y'umukino wari uwa kabiri watojwe n'umufaransa Remi Garde aza no kuwutsindwamo ibitego 4 byose ku busa
Manchester United na Watford nabo bafatanye urunana bafatanya n'abafana kuririmba indirimbo y'igihugu y'u Bufaransa
Abakinnyi ba Chelsea na Norwich city babanje mu kibuga
Southampton na Stoke city nabo bifatanije n'abafaransa
Swensea na Bournemouth
Aha ni kuri stade ya Chelsea, Stamford bridge
Abakinnyi ba Chelsea bose bari bambaye agatambaro ku mukara karimo amabara atatu y'idarapo ry'u Bufaransa
Kuri stade ya Newcastle United naho amadarapo y'u Bufaransa yari yazamuwe
Abafana ba Aston Villa, mbere y'umukino wabahuje na Everton
Umufana wa Stoke city
Umufana wa Chelsea
Idarapo ry'u Bufaransa mu bafana, ku mukino wa Manchester United
Police nayo yari yakajije umutekano ku bibuga
Ng'uko uko byari byifashe mu Bwongereza
Gusa uretse muri shampiyona ya Barclays Premier league y'ikiciro cya mbere mu Bwongereza, hirya no hino ku mugabane w'u Burayi iki gikorwa cyo kwifatanya n'abafaaransa cyabayeho, aho twavuga by'umwihariko nko ku mukino wari utegerejwe cyane wa El Clasico wahuje Real Madrid na FC Barcelona, ndetse by'umwihariko amakipe yo mu Bufaransa nayo mbere yo gutangira imikino yo muri weekend akaba yarabanzaga gufata umwanya wo kwibuka no kunamira inzirakarengane.
Aha ni umukino wahuje Lyon na Nice, wari umukino wa mbere mu Bufaransa wakinwe nyuma y'ibi bitero
Paris Saint-Germain na Lorient mbere y'umukino nabo bafashe umunota wo kwibuka
Abafaransa bifuriza bene wabo kuruhukira mu mahoro
Real Madrid na FC Barcelona mbere y'umukino
Source:Dailymail
TANGA IGITECYEREZO