RFL
Kigali

Moustapha Francis yatsinze 'Hat-trick' afasha Kiyovu Sport kunyagira AS Kigali mu mukino warebwe ma Minisitiri Uwacu-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:22/05/2018 20:30
1


Moustapha Francis umukinnyi ukina hagati agana imbere muri Kiyovu Sport yatsinze ibitego bitatu (Hat-trick) mu mukino banyagiyemo AS Kigali ibitego 4-1. Uwacu Julienne Minisitiri w’Umuco na Siporo yarebye uyu mukino anagaragara bwa mbere ku kibuga cya Mumena.



Muri uyu mukino Kiyovu Sport ni yo yari mu mwanya mwiza kuko yakinnye umukino usatira cyane bityo bafungura amazamu ku munota wa 32’ w’umukino mbere yo kongeramo ikindi ku munota wa 45+2’. Uyu musore yaje kongeramo ikindi ku munota wa 65’ w’umukino ahita yuzuza ibitego bitatu (3) ari umwe mu mukino (Hat-trick).

Ikindi gitego cya Kiyovu Sport cyatsinzwe na Mugheni Kakule Fabrice ku munota wa 49’ w’umukino naho igitego cy’impozamarira cya AS Kigali cyatsinzwe na Ndarusanze Jean Claude ku munota wa 52’ ahita yuzuza ibitego 11 muri shampiyona akomeza kuyobora abafite ibitego byinshi.

Moustapha Francis yatsinze 'Hat-Trick"

Moustapha Francis yatsinze 'Hat-Trick" afasha Kiyovu Sport kunyagira AS Kigali 

AS Kigali itari ifite Bishira Latif bafashe umwanzuro wo kubanza Ally Niyonzima mu mutima w’ubwugarizi n'ubwo azwi hagati mu kibuga bityo bakomeza kuzongwa cyane n’ubusatirizi bwa Kiyovu Sport.

Uwacu Julienne Minisitiri w'umuco na Siporo yaje kureba uyu mukino ku kibuga cya Mumena

Uwacu Julienne Minisitiri w'umuco na Siporo yaje kureba uyu mukino ku kibuga cya Mumena

Uwacu Julienne Minisitiri w'umuco na Siporo yaje kureba uyu mukino ku kibuga cya Mumena

Kiyovu Sport yagize amahirwe akomeye kuko hagati mu kibuga baburaga Habamahoro Vincent ufite amakarita atatu y’umuhondo bityo biza kuba amahire bihurirana n'uko Mugheni Kakule Fabrice yari yagarutse afatanya na Kalisa Rachid hagati mu kibuga. Mbogo Ali, Nizeyimana Djuma na Mugheni Kakule Fabrice ba Kiyovu Sport buri umwe yatahanye ikarita y’umuhondo mu gihe ku ruhande rwa AS Kigali yahawe Mbaraga Jimmy Traore.

Mu gusimbuza Cassa Mbungo Andre yaje gukuramo Nizeyimana Djuma ashyiramo Maombi Jean Pierre, Nganou Alex Russel asimbura Nizeyimana Claude. Ku ruhande rwa Eric Nshimiyimana utoza AS Kigali yakuyemo Murengezi Rodrigue ashyiramo Ishimwe Kevin, Ndayisenga Fuad asimburwa na Ndahinduka Michel mu gihe Benedata Janvier yasimbuwe na Ntamuhanga Thumaine Titty. Nyuma y’iyi ntsinzi, Kiyovu Sport irakomeza kuba ku mwanya wa gatatu n’amanota 42 mu gihe AS Kigali yo ari iya kabiri n’amanota 45. APR FC iracyari ku mwanya wa mbere n’amanota 47.

Moustapha Francis

Wari umunsi mwiza kuri Moustapha Francis

Wari umunsi mwiza kuri Moustapha Francis 

Habamahoro Vincent ntabwo yakinnye kubera amakarita atatu (3) y'umuhondo

Habamahoro Vincent ntabwo yakinnye kubera amakarita atatu (3) y'umuhondo 

Mugheni Kakule Fabrice yari yagarutse

Mugheni Kakule Fabrice yari yagarutse

Abasimbura ba Kiyovu Sport

Abasimbura ba Kiyovu Sport

Ndarusanze Jean Claude ashaka aho yanyurana umupira

Ndarusanze Jean Claude niwe watsinze igitego cya AS Kigali kuri Penaliti

Ndarusanze Jean Claude ni we watsinze igitego cya AS Kigali kuri Penaliti

Dore abakinnyi babanje mu kibuga:

Kiyovu Sport XI: Ndoli Jean Claude (GK, 1), Uwihoreye Jean Paul 3, Ngirimana Alex 15, Mbogo Ali 18, Ngarambe Ibrahim 12, Mugheni Kakule Fabrice (C, 17), Kalisa Rachid 8, Moustapha Francis 10, Nizeyimana Djuma 9, Habyarimana Innocent 11  na Nizeyimana Claude 4.

AS Kigali XI: Bate Shamiru (GK, 30), Kayumba Soter (15, C), Mutijima Janvier 3, Ally Niyonzima 8, Ngandou Omar 2, Nsabimana Eric Zidane 20, Murengezi Rodrigue 7, Ngama Emmanuel 19, Mbaraga Jimmy 16, Fuad Ndayisenga 10 na Ndarusanze Jean Claude 11.

Abafana ba Kiyovu Sport

Abafana ba Kiyovu Sport bari bishimye

Abafana ba Kiyovu Sport bari bishimye 

Mugheni Kakule Fabrice agenzura umupira hagati mu kibuga

Mugheni Kakule Fabrice agenzura umupira hagati mu kibuga

Cassa Mbungo Andre umutoza mukuru wa Kiyovu Sport atanga amabwiriza

Cassa Mbungo Andre umutoza mukuru wa Kiyovu Sport atanga amabwiriza

Tubane James wahoze muri AS Kigali yarebye uyu mukino

Tubane James wahoze muri AS Kigali yarebye uyu mukino

Hakizimana Muhadjili wa APR FC (Ibumoso) na Habimana Hussein Eto'o (Iburyo) wa Police FC barebye uyu mukino

Hakizimana Muhadjili wa APR FC (Ibumoso) na Habimana Hussein Eto'o (Iburyo) wa Police FC barebye uyu mukino

Kayumba Soter myugariro wa AS Kigali (15) ashaka umupira mu kirere

Kayumba Soter myugariro wa AS Kigali (15) ashaka umupira mu kirere

Moustapha Francis  ku mupira abangamiwe na Murengezi Rodrigue

Moustapha Francis ku mupira abangamiwe na Murengezi Rodrigue 

Bamwe mu bakinnyi ba Police FC

Bamwe mu bakinnyi ba Police FC 

Abakinnyi ba Kiyovu Sport bajya inama

Abakinnyi ba Kiyovu Sport bajya inama 

Ngama Emmanuel acenga asanga Uwihoreye Jean Paul

Ngama Emmanuel acenga asanga Uwihoreye Jean Paul

Olga umufana ukomeye wa APR FC yafashije abafana ba Kiyovu Sport kuri uyu mukino

Olga umufana ukomeye wa APR FC yafashije abafana ba Kiyovu Sport kuri uyu mukino

Olga (ibumoso) na Minani Hemedi (Iburyo)

Olga (ibumoso) na Minani Hemedi (Iburyo)

Bate Shamiru umunyezamu wa AS Kigali afata umupira nubwo yinjijwe ibitego bine (4)

Bate Shamiru umunyezamu wa AS Kigali afata umupira n'ubwo yinjijwe ibitego bine (4)

Habyarimana Innocent aashaka umupira cyo kimwe na Mbaraga Jimmy

Habyarimana Innocent ashaka umupira cyo kimwe na Mbaraga Jimmy

Nsozera Ancelme bita De Gea (Ibumoso) umunyezamu wa Espoir FC yari ku kibuga cya Mumena dore ko anafite ikibazo cy'imvune ku ivi ry'ibumoso

Nsozera Ancelme bita De Gea (Ibumoso) umunyezamu wa Espoir FC yari ku kibuga cya Mumena dore ko anafite ikibazo cy'imvune ku ivi ry'ibumoso

Sugira Ernest (hagati) yari yaje ku MUmena kureba ikipe ya AS Kigali yakiniye

Sugira Ernest (hagati) yari yaje ku Mumena kureba ikipe ya AS Kigali yakiniye

Moustapha Francis  agera hasi

Moustapha Francis agera hasi

Moustapha Francis ahabwa umupira bakinnye

Moustapha Francis ahabwa umupira bakinnye 

Abafana ba AS Kigali bari bakonje

Abafana ba AS Kigali bari bakonje 

Uva ibumoso: Ngendahimana Eric (wicaye), Mico Justin na Sugira Ernest ubanza iburyo

Uva ibumoso: Ngendahimana Eric (wicaye), Mico Justin na Sugira Ernest ubanza iburyo

Nizigiyimana Kalim bita Mackenzie myugariro wa Gormahia FC aganira na Ivan Minaert umutoza mukuru wa Rayon Sports

Nizigiyimana Kalim bita Mackenzie myugariro wa Gormahia FC aganira na Ivan Minaert umutoza mukuru wa Rayon Sports 

Kayumba Soter ahunga Habyarimana Innocent

Kayumba Soter ahunga Habyarimana Innocent 

Ahoyikuye Jean Paul bita Mukonya myugariro wa Kiyovu Sport utakinnye

Ahoyikuye Jean Paul bita Mukonya myugariro wa Kiyovu Sport utakinnye

Asouman umufana ukomeye wa AS Kigali  uyu munsi wa 24 wa shampiyona yamugendekeye nabi

Asouman umufana ukomeye wa AS Kigali uyu munsi wa 24 wa shampiyona wamugendekeye nabi 

Nsabimana Eric Zidane ashaka umupira

Nsabimana ERic Zidane yaje gutakaza ubwenge ubwo yagonganaga na Mugheni Kakule Fabrice bityo ajyanwa kwa muganga

Nsabimana Eric Zidane yaje gutakaza ubwenge ubwo yagonganaga na Mugheni Kakule Fabrice bityo ajyanwa kwa muganga 

Muvandimwe Jean Marie Vianney bita Kurzawa (Ibumoso) na Munezero Fiston (Iburyo) ba myugariro muri Police FC  bagera ku Mumena

Muvandimwe Jean Marie Vianney bita Kurzawa (Ibumoso) na Munezero Fiston (Iburyo) ba myugariro muri Police FC bagera ku Mumena 

Abakinnyi ba Kiyovu Sport bishimira igitego

Abakinnyi ba Kiyovu Sport bishimira igitego

Abakinnyi ba Kiyovu Sport bishimira igitego

Bate Shamiru umunyezamu wa AS Kigali yinjijwe ibitego bine

Bate Shamiru umunyezamu wa AS Kigali yinjijwe ibitego bine

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Cassa Mbungo Andre umutoza mukuru wa Kiyovu Sport mbere gato y'umukino

Cassa Mbungo Andre umutoza mukuru wa Kiyovu Sport mbere gato y'umukino

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Dore uko umunsi wa 24 warangiye:

Kuwa Gatandatu tariki 19 Gicurasi 2018

-Police FC 3-0 Espoir FC

-Kirehe FC 0-2 Sunrise FC

 Ku Cyumweru tariki 20 Gicurasi 2018

-Rayon Sports FC 1-1 Etincelles FC

-Miroplast FC 0-2 Musanze FC

-Gicumbi FC 0-0 Mukura VS

Kuwa Mbere tariki 21 Gicurasi 2018

-APR FC 6-0 Amagaju FC

Kuwa Kabiri tariki 22 Gicurasi 2018

-SC Kiyovu FC 4-1 AS Kigali FC

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga 

11 ba Kiyovu Sport babanje  mu kibuga

11 ba Kiyovu Sport babanje  mu kibuga

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ange Gabriel Komera5 years ago
    Ok Ni Bamamare Babikoze Neza2





Inyarwanda BACKGROUND