RFL
Kigali

Total CAF CL 2018: Amafoto 65 agaragaza umukino Rayon Sports yanganyijemo na LLB

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:10/02/2018 21:07
2


Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Gashyantare 2018 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Lydia Lydic Burundi Academic igitego 1-1 mu mukino ubanza w’irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (Total CAF Champions League), umukino wakiniwe kuri sitade Amahoro i Remera.



LLB ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 73’ ku gitego cyatsinzwe na Jamali Bazunza wari winjiye mu kibuga asimbura. Iki gitego cyaje kwishyurwa na Shaban Hussein Tchabalala ku munota wa 82’ w’umukino.

Uyu mukino wabaye nk'aho ugora Rayon Sports mu gice cya mbere kuko ikipe ya LLB wabonaga ikina uburyo bwo kurinda izamu cyane kurusha uko yafungura ikibuga bagakina (Defensive game). Ibi byaje no kuba impano kuri Bankuwiha Emmanuel utoza LLB waje kuvuga ko gahunda bari bafite ari ukuzibira Rayon Sports bikaza kurushaho mu gihe baba bamaze kuyibonamo igitego

Abasimbura ba LLB

Abasimbura ba LLB

Nyandwi Saddam nta mahirwe yabonye yo gukina kuri uyu mukino

Nyandwi Saddam nta mahirwe yabonye yo gukina kuri uyu mukino

Muhire Kevin (ibumoso) yari yagarutse muri Rayon Sports kuyifasha nyuma y'amezi atanu...yari kumwe na Irambona Eric Gisa (iburyo)

Muhire Kevin (ibumoso) yari yagarutse muri Rayon Sports kuyifasha nyuma y'amezi atanu...yari kumwe na Irambona Eric Gisa (iburyo)

Nkuzingoma Ramadhan (ibumoso) na Karekezi Olivier (iburyo)

Nkuzingoma Ramadhan (ibumoso) na Karekezi Olivier (iburyo)

Jeannot Witakenge umutoza wungirije muri Rayon Sports

Jeannot Witakenge umutoza wungirije muri Rayon Sports 

Ndayisenga Kassim umunyezamu wa kabiri wa Rayon Sports

Ndayisenga Kassim umunyezamu wa kabiri wa Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports 

Ibirango  bya CAF bisohoka

Ibirango bya CAF bisohoka 

Amakipe asohoka mu rwambariro ayobowe na komiseri

Amakipe asohoka mu rwambariro ayobowe na komiseri

Amakipe yombi asuhuzanya

Amakipe yombi asuhuzanya

Intebe y'abatoza n'abaganga ba Rayon Sports

Intebe y'abatoza n'abaganga ba Rayon Sports

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Abakinnyi ba LLB babanje gusuhuza abafana bari babari inyuma

Abakinnyi ba LLB babanje gusuhuza abafana bari babari inyuma

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Lydia Ludic Academique de Burundi

11 ba Lydia Ludic Academique de Burundi babanje mu kibuga 

Karekezi Olivier umutoza mukuru wa Rayon Sports

Karekezi Olivier umutoza mukuru wa Rayon Sports

Olivier Karekezi umutoza wa Rayon Sports yari yatangiye afite abakinnyi nka Ndayishimiye Eric Bakame mu izamu akaba na kapiteni, Mutsinzi Ange Jimmy yacaga inyuma ku ruhande rw’iburyo, Eric Rutanga Alba agaca ibumoso. Manzi Thierry na Usengimana Faustin bagakina mu mutima w’ubwugarizi (Central Defense).

Kwizera Pierrot Mansare yakinaga hagati mu kibuga aherekejwe na Mukunzi Yannick Joy na Niyonzima Olivier Sefu bakinaga bakingira ikibaba (Holding Midfielders) Usengimana Faustin na Manzi Thierry. Shaban Hussein Tchabalala yatangiye akina aca iburyo mu rubavu rw’ikibuga bityo Manishimwe Djabel ahaca ibumoso naho Ismaila Diarra akabazwa igice gitaha izamu.

Karekezi yaje kubona ko bitari gutanga umusaruro ahita afata Manishimwe Djabel ahinduranya na Shaban Hussein Tchabalala mu myanya yo mu mpande (Wings). Gusa ntabwo byatinze kuko yaje guhita afata Manishimwe amukinisha inyuma ya Ismaila Diarra bityo Kwizera Pierrot asa n'aho atangira gukina afasha Mukunzi Yannick na Niyonzima Olivier Sefu.

Muri iki gice cya mbere wabongana Ismaila Diarra nta bwinyagamburiro afite kuko abakinnyi nka Ndoriyobijya Eric (12), Iddi Saidi Djuma (5) na Hakizimana Issa (15) bari bamuzonze. Amakipe avuye kuruhuka, Karekezi Olivier yaje guhita ahindura uburyo bw’imikinire ahereye hagati. Yabanje gukuramo Mukunzi Yannick ahita ashyiramo Nahimana Shassir.

Icyo gihe , Kwizera Pierrot yahise atangira gufatanya na Niyonzima Olivier Sefu bityo Nahimana Shassir abajya imbere akina inyuma ya Shaban Hussein Tchabalala. Manishimwe Djabel aca ibumoso, Muhire Kevin (winjiye asimbura Ismaila Diarra) agaca iburyo.

Ubu buryo bwaje guhinduka gato ubwo Iramboa Eric Gisa yajyaga mu kibuga asimbuye Manishimwe Djabel. Aha, Irambona Eric yahise ajya inyuma ahitwa kuri gatatu (3) bityo Eric Rutanga Alba arisunika ajya imbere y'aho hitwa kuri 11.

Rayon Sports yakomeje gushakisha igitego ariko iminota 90’ irinda irangira kitabonetse, bivuze ko bagomba kuzajya kugishakira i Bujumbura mu Cyumweru gitaha. Muri uyu mukino, Manzi Thierry yahaboneye ikarita y’umuhondo.

umutoza wa LLB

Bankuwiha Emmanuel umutoza wa LLB 

Ismaila Diarra yari yafashwe bikomeye

Ismaila Diarra aganira n'abanyamakuru

Ismaila Diarra 20

Ismaila Diarra yari yafashwe bikomeye byatumye asimburwa na Muhire Kevin

Ismaila Diarra 20

Shaban Hussein Tchabalala ku mupira

Shaban Hussein Tchabalala ku mupira akaba ari nawe wabatsindiye igitego cyo kwishyura

Mutombo Fabien umunyezamu wa LLB

Mutombo Fabien umunyezamu wa LLB

Manishimwe Djabel yahinduriwe umwanya inshuro eshatu mu kibuga

Manishimwe Djabel yahinduriwe umwanya inshuro eshatu mu kibuga

Ismaila Diarra yari yahuye n'abasore bamushoboye

Ismaila Diarra yari yahuye n'abasore bamushoboye

Abakobwa bari mu irushanwa rya Miss Rwanda 2018 bari baje kureba uko ruhago ikinwa

Abakobwa bari mu irushanwa rya Miss Rwanda 2018 bari baje kureba uko ruhago ikinwa

Abasifuzi n'abakapiteni

Bari bahawe ibyicaro imbere y'imyanya y'icyubahiro

Bari bahawe ibyicaro imbere y'imyanya y'icyubahiro

Abana ba Isonga Football Academy

Abana ba Isonga Football Academy

Manishimwe Djabel acika abakinnyi ba LLB agasanga Ismaila Diarra yarambitswe

Manishimwe Djabel acika abakinnyi ba LLB agasanga Ismaila Diarra yarambitswe

Karekezi Olivier umutoza mukuru wa Rayon Sports atanga amabwiriza ku bakinnyi

Karekezi Olivier umutoza mukuru wa Rayon Sports atanga amabwiriza ku bakinnyi

Manishimwe Djabel agenzura umupira ashaka izamu

Manishimwe Djabel agenzura umupira ashaka izamu 

Abafana ba Rayon Sports  nyabwo babonye uko bisanzura kuko LLB yaje yariye amavubi

Abafana ba Rayon Sports ntabwo babonye uko bisanzura kuko LLB yaje yariye amavubi

Manzi Thierry (4) ahatana n'abasatira ba LLB

Manzi Thierry (4) ahatana n'abasatira ba LLB

Mutsinzi Ange Jimmy amaze igihe akina iburyo

Mutsinzi Ange Jimmy yakinaga umukino wa kabiri akina iburyo ahagana inyuma 

Abakinnyi ba LLB bajya inama

Abakinnyi ba LLB bajya inama 

Yannick Mukunzi yabanje mu kibuga ariko aza kuvamo asimbuwe na Nahimana Shassir

Yannick Mukunzi yabanje mu kibuga ariko aza kuvamo asimbuwe na Nahimana Shassir

Muhire Kevin yagarutse mu kibuga nyuma y'amezi natanu akora akazi gakomeye kanashimwe na Karekezi Olivier

Muhire Kevin yagarutse mu kibuga nyuma y'amezi atanu akora akazi gakomeye kanashimwe na Karekezi Olivier

Manishimwe Djabel wakinsihijwe imbere ahagan ibumoso mu gice cya kabiri yaje gusimburwa na Iramboan Eric Gisa

Manishimwe Djabel wakinishijwe imbere ahagana ibumoso mu gice cya kabiri yaje gusimburwa na Iramboan Eric Gisa

Nahimana Shassir yinjiye mu kibuga asimbuye Mukunzi Yannick

Nahimana Shassir yinjiye mu kibuga asimbuye Mukunzi Yannick

Kwizera Pierrot yari yahbuye n'abakinnyi bamuzi neza

Kwizera Pierrot yari yahuye n'abakinnyi bamuzi neza kuko aha yari yajujubijwe na Iddi Saidi Djuma bita Balack 

Stade Amahoro

Stade Amahoro

Abafana ba Rayon Sports barasabwa kuzambuka Akanyaru bakajya gushyigikira ikipe yabo

Abafana ba Rayon Sports barasabwa kuzambuka Akanyaru bakajya gushyigikira ikipe yabo

Shaban Hussein Tchabalala watsinze igitego cya Rayon Sports ku munota wa 82'

Shaban Hussein Tchabalala watsinze igitego cya Rayon Sports ku munota wa 82'

Ndoriyobijya Eric (12) akurikiye Shaban Hussein (11)

Ndoriyobijya Eric (12) akurikiye Shaban Hussein (11)

Shaban Hussein Tchabalala agerageza amahirwe

Shaban Hussein Tchabalala agerageza amahirwe 

Abakinnyi ba LLB bishimira igitego

Abakinnyi ba LLB bishimira igitego

Abafana ba LLB bari bavuye i Burundi bishima

Abafana ba LLB bari bavuye i Burundi bishima 

Abakinnyi ba LLB baranzwe ni kuryama cyane ndetse bamwe babikuramo amakarita y'imihondo

Abakinnyi ba LLB baranzwe no kuryama cyane ndetse bamwe babikuramo amakarita y'imihondo

Abakinnyi ba Rayon Sports ntabwo babonye umwanya wo kwishimira igitego kuko bahise bihutira kujya gutangiza umukino

Abakinnyi ba Rayon Sports ntabwo babonye umwanya wo kwishimira igitego kuko bahise bihutira kujya gutangiza umukino

Rwarutabura umufana wa Rayon Sports agirwa inama z'uko agomba kwitwara mu mifanire

Rwarutabura yari yahageze

Rwarutabura umufana wa Rayon Sports agirwa inama z'uko agomba kwitwara mu mifanire

Rwarutabura yari yahageze

Niyonzima Olivier Sefu umwe mu bakinnyi bitanze muri uyu mukino

Niyonzima Olivier Sefu umwe mu bakinnyi bitanze muri uyu mukino

Abafana ba APR Fc bari baje kureba Rayon Sports kuko nabo bazarebwa kuri iki Cyumweru

Abafana ba APR Fc bari baje kureba Rayon Sports kuko nabo bazarebwa kuri iki Cyumweru

Muhire Kevin ku mupira ashaka inzira

Muhire Kevin ku mupira ashaka inzira 

Stade Amahoro igomba kwakira umukino wa APR FC na Anse Reunion kuri iki Cyumweru

Stade Amahoro igomba kwakira umukino wa APR FC na Anse Reunion kuri iki Cyumweru

Irambona Eric Gisa yinjiye asimbuye Manishimwe Djabel

Irambona Eric Gisa (iburyo) yinjiye asimbuye Manishimwe Djabel...aha yari ahanganye na Iddi Saidi Djuma (ibumoso)

Shaban Hussein Tchabalala ashaka umupira

Shaban Hussein Tchabalala ashaka umupira 

Shaban Hussein Tchabalala umukinnyi Rayon Sports yaguze mu Amagaju FC

Shaban Hussein Tchabalala umukinnyi Rayon Sports yaguze mu Amagaju FC

Olivier Karekezi umutoza mukuru wa Rayon Sports yavuze ko ikipe ya LLB yari ifite abakinnyi bahagaze neza ari nabyo ngo byatumye barushwa mu gice cya mbere. Gusa ku mukino wo kwishyura bazaba bamaze kwikosora kandi ngo bazatsinda LLB.

Bankuwiha utoza LLB yavuze ko ubwo yarebaga umukino wa Rayon Sports na APR FC yahise abwira abakinnyi be ko bagomba gutuza kuko ngo nta bintu byinshi Rayon Sports ikina batazi. Uyu mugabo ngo gahunda yo kuzibira yari yamuzanye yayigezeho bityo i Bujumbura ngo niho bazakuriramo iyi kipe yambara umweru n’ubururu.

Abafana ba Rayon Sports  bashima akazi abakinnyi bakoze

Rayon Sports.

Abafana ba Rayon Sports  bashima akazi abakinnyi bakoze

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Rayon Sports XI: Ndayishimiye Eric Bakame (GK, C), Eric Rutanga Alba, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange Jimmy, Mukunzi Yannick (NahimanaShassir), Shaban Hussein Tchabalala, Usengimana Faustin, Ismaila Diarra (Muhire Kevin), Niyonzima Olivier Sefu, Kwizera Pierrot Mansare na Manishimwe Djabel (Irambona Eric Gisa).

LLB XI: Mutombo Fabien (GK), Harerimana Rashid, Idi Saidi Djuma (StephaneRugonumugabo), Ulimwengu Jules, Marc Olivier Boue Bi (Jamali Bazunza), Moussa Harerimana, Sefu Ndizeye, Eric Ndoriyobijya, Hakizimana Issa, Mossi Moussa na Celestin Habonimana

Abakinnyi ba Rayon Sports bago,ba kuruhuka kuri iki Cyumweru mbere yuko bajya mu mwiherero i Muhanga

Abakinnyi ba Rayon Sports bagomba kuruhuka kuri iki Cyumweru mbere yuko bajya mu mwiherero i Muhanga

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kamana6 years ago
    Ikipe ya Rayon Sport yemwe na apr fc ni cyo kimwe. Niba bifuza kuzagir'ibihe byiza koko mu mikino ya Afrika, bagomba kumenya ko izi kipe zitazlomera na hato, kubera kutagir'ikipe imwe imenyeranye. Uko umwaka wa shampiyona uheze, aya makipe atakaza abakinnyi benshi, agahuta ajya guhaha abandi bashya. Ibyo ntibizatuma zikomera. Mu gihe abakinnyi bagatangiye kumebyerana, bahita bagurishwa ahandi. Muzagira mutya mwumve shapiyona nihera, ngo abakinnyi runaka ba Raton Sport baguzwe bagiye. Ubwo bashyashyane bahaha abandi. CAF nayo ibe ticometse mo, abalinny bashya bataranamenyerana. Ubwo se ibyo bizagumaho?
  • OKAy6 years ago
    ntacyo narenzaho ubyibye kubasangiza ubu buhanga https://tor-browser.en.softonic.com/download





Inyarwanda BACKGROUND