RFL
Kigali

Minisitiri w’intebe Murekezi Anastase yafunguye ku mugaragaro inama ihuza abagore bari mu nzego za siporo-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:10/08/2017 8:36
0


Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ni bwo Minisitiri w'Intebe mu Rwanda, Murekezi Anastase yafunguye ku mugaragaro inama ihuza abagore bari mu nzego z’ubuyobozi muri siporo baturutse mu bihugu bya Afurika ndetse na Aziya iri kubera i Kigali kuva tariki 9 Kanama kuzageza 11 Kanama muri uyu mwaka (2017).



Murekezi yashimiye abitabiriye iyi nama ndetse anashima komite mpuzamahanga Olempike kuba yarahisemo u Rwanda ko rwakakira iyi nama iba ishakwa n'ibihugu bitandukanye ku isi.

Ni inama yiswe “Advancing women in Leadership forum for Africa-Asia” aho bazaba bigira hamwe ndetse banungurana ibitekerezo ku bijyanye n’uburyo umubare w’abagore mu nzego za siporo zifata ibyemezo wazamuka. Ubwo iyi nama iheruka kuba yabereye muri Koweit mu mwaka wa 2013  yari yitabiriwe n’abagore gusa ariko kuri ubu batumiyemo n’abagabo kuko aribo bafite umubare munini mu  buyobozi bwa sports aho bagera kuri 80%.

 Abashyitsi bamaze kugera i Kigali bitabiriye inama:

Dr Izeduwa Derex-Briggs: Akomoka muri Nigeria, ahagarariye UN Women muri Afurika y’iburasirazuba n’iy’Amajyepfo

Moustafa Berraf ukomoka muri Algeria akaba ari visi perezida wa mbere wa komite olempike y’ibihugu by’Afurika (ACNOA/ANOCA)

Lydia Nsekera : Umurundikazi  akaba ari mu buyobozi bukuru bwa CIO/IOC akuriye  komisiyo ya sports ya bagore muri CIO/IOC, akaba na perezida wa  Komite Olempike y’u Burundi

Sarai Bareman: Umuyobozi w’umupira w’amaguru w’abagore mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA

Ndayizigiye Dominique: Umurundikazi akaba ashinzwe iterambere ry’abagore muri sports muri comite olempike mpuzamahanga

Minisitiri w'intebe Anastase Murekezi ageza ubutumwa ku bari bitabiriye umuhango

Minisitiri w'intebe Anastase Murekezi ageza ubutumwa ku bari bitabiriye umuhango

Uwacu Julienne Minisitiri w'umuco na Siporo mu Rwanda  nawe yari muri uyu muhango waberaga muri Kigali Convention Center

Uwacu Julienne Minisitiri w'Umuco na Siporo mu Rwanda  nawe yari muri uyu muhango waberaga muri Kigali Convention Centre

Lydia Nsekera aragira inama abagore n'abakobwa guhaguruka bakarwanira ishyaka ryabo mu nzego za siporo

Lydia Nsekera aragira inama abagore n'abakobwa guhaguruka bakarwanira ishema ryabo mu nzego za siporo

Nyuma y'inama habayeho kwerekana umuco w'igihugu biciye mu mbyino

Nyuma y'inama habayeho kwerekana umuco w'igihugu biciye mu mbyino

Intore zigaragaza

Intore zigaragaza

Abashyitsi n'abasangwa biyakira

Abashyitsi n'abasangwa biyakira 

Danny Gaga usanzwe akina filime yitwa Ngenzi

Danny Gaga usanzwe akina filime yitwa Ngenzi

sport

Uwacu Julienne aha ikaze abashyitsi

Uwacu Julienne ubwo yatangaga ikaze ku bashyitsi

Yanditswe na: IRADUKUNDA Yvonne

AMAFOTO: IRADUKUNDA Desanjo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND