RFL
Kigali

Lomami avuga ko abatoza bungirije muri Rayon Sports biteguye gukorana na Minaert anavuga impamvu abakinnyi nka Kwizera batakinnye

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:2/03/2018 13:03
0


Ivan Jacky Minaert umubiligi kuri ubu ufite akazi ko gutoza Rayon Sports nk’umutoza mukuru, abatoza asanze bari bungirije Karekezi Olivier bavuga ko biteguye gukorana nawe kandi neza kuko ngo basanzwe bamuzi mu mupira w’u Rwanda nk’uko Lomami Marcel yabyemereye abanyamakuru.



Lomami Marcel umutoza ushinzwe kongera ingufu z’abakinnyi muri Rayon Sports (Team Physio) yabwiye abanyamakuru ko gahunda za Karekezi Olivier muri Rayon Sports zitakiri amakuru amashya kuko ngo bamaze kumusimbuza. Ubu ngo igikurikira ni ugufatanya na Ivan Minaert bahiga igikombe cya shampiyona. Lomami yagize ati:

Hagati aho ibyerecyeye Karekezi nta na mimwe nabivugaho kinini kuko yaradusezeye aragenda atubwira ko azagaruka ku Cyumweru, abayobozi bahise batuzanira undi mutoza, urumva ko gahunda za Olivier Karekezi ubu ntazo. Ubu ikintu gihari ni uko tugiye gukorana n’umutoza mushya bamaze kutubwira ko tugomba kuba turi kumwe isaha ku yindi kugeza igihe shampiyona izarangirira.

Ku bijyanye no kuba abakinnyi nka Kwizera Pierrot na Nahimana Shassir batarabonetse mu bakinnyi 18 bitabajwe i Gicumbi, uyu mugabo yavuze ko byari mu rwego rwo kubaruhutsa kugira ngo banahe umwanya abandi banyamahanga babe bakina kuko bamaze igihe badakina kandi nabo ari abakinnyi bashoboye. Lomami ati:

Urebye hari abakinnyi twagiye turuhura nka Pierrot na Shassir kubera ko ni abanyamahanga. Twari dufite abandi bakinnyi b’abanyamahanga batatu bari bamaze iminsi myinshi badakina nka Chris Mbondy na Mugume Yassin, twabakinishije kubera ko wari umukino wabo wa mbere bakina shampiyona ya hano mu Rwanda. Ba Pierrot bari bamaze imikino myinshi bakina, twifuzaga ko twabaruhura kubera ko nabo bari bananiwe.

Muri izi mpinduka mu bakinnyi 11 na 18 bakoreshejwe i Gicumbi, Kwizera Pierrot na Nahimana Shassir ntibashyizwe muri 18 ari nako Manzi Thierry na Manishimwe Djabel babanje hanze. Gusa Manishimwe yaje kujya mu kibuga asimbuye Muhire Kevin.

Manzi Thierry (ibumoso) na Manishimwe Djabel (iburyo) babanje hanze

Manzi Thierry (ibumoso) na Manishimwe Djabel (iburyo) babanje hanze

Mugume Yassin na Christ Mbondy ni bo bakinnyi babanje mu kibuga ku nshuro yabo ya mbere bakina shampiyona y’u Rwanda kuva bagera muri iyi kipe yambara ubururu n’umweru inabitse igikombe cya shampiyona.

Lomami Marcel asuhuza Okoko Godefroid utoza Gicumbi FC

Lomami Marcel asuhuza Okoko Godefroid utoza Gicumbi FC

Jeannot ahana umukono na Okoko

Jeannot ahana umukono na Okoko

Jeannot ahana umukono na Okoko

Bimenyimana Bonfils ashyirwa hasi hagati mu kibuga Hakizimana Alimace

Bimenyimana Bonfils ashyirwa hasi hagati mu kibuga Hakizimana Alimace

Nkundamatch w'i Kilinda

Nkundamatch w'i Kilinda 

Nshimiyimana Jean Claude umunyezamu wa Gicumbi FC

Nshimiyimana Jean Claude umunyezamu wa Gicumbi FC apanga urukuta

Mutsinzi Ange Jimmy yatangiye akina inyuma iburyo aza gusoza akina mu mutima w'ubwugarizi ubwo Mugabo Gabriel yari amaze gusimburwa ba Nyandwi Saddam

Mutsinzi Ange Jimmy yatangiye akina inyuma iburyo aza gusoza akina mu mutima w'ubwugarizi ubwo Mugabo Gabriel yari amaze gusimburwa ba Nyandwi Saddam

Christ Mbondy watsinze igitego cya Rayon Sportsku munota wa 63'

Christ Mbondy watsinze igitego cya Rayon Sportsku munota wa 63'

Christ Mbondy watsinze igitego cya Rayon Sports ku munota wa 63'

Yannick Mukunzi yakinanye ubwitange nyuma yo guhabwa umwanya wo kubanzamo

Yannick Mukunzi yakinanye ubwitange nyuma yo guhabwa umwanya wo kubanzamo

Ndayishimiye Eric Bakame kapiteni akana n'umunyezamu wa Rayon Sports

Ndayishimiye Eric Bakame kapiteni akaba n'umunyezamu wa Rayon Sports

Umufana wa Rayon Sports yihaye ibyo kuvuza Vuvuzela agaramye .....

Umufana wa Rayon Sports yihaye ibyo kuvuza Vuvuzela agaramye .....

...yaje kugwa atya...

...yaje kugwa atya...

Jeannot Witakenga atanga amabwiriza i Gicumbi

Jeannot Witakenga atanga amabwiriza i Gicumbi

Okoko Godefroid umutoza mukuru wa Gicumbi FC ubwo bari bamaze kwinjizwa igitego

Okoko Godefroid umutoza mukuru wa Gicumbi FC ubwo bari bamaze kwinjizwa igitego

Okoko Godefroid umutoza mukuru wa Gicumbi FC avuga ko abakinnyi be bakinnye neza bakabura ubunararibonye

Okoko Godefroid umutoza mukuru wa Gicumbi FC avuga ko abakinnyi be bakinnye neza bakabura ubunararibonye

Bimenyimana Bonfils Caleb yaje kuva mu kibuga asimbuwe na Ismaila Diarra

Bimenyimana Bonfils Caleb yaje kuva mu kibuga asimbuwe na Ismaila Diarra 

Rwarutabura yari yahageze

Rwarutabura yari yahageze

Abafana ba Rayon Sports i Gicumbi

Abafana ba Rayon Sports i Gicumbi

Muhawenimana Claude perezida w'abafana ba Rayon Sports aab afite akazi ko gushyira kuri gajunda abafana baba basanzwe batazi uko umufana yitwara iguhe umukino uri kuba

Muhawenimana Claude perezida w'abafana ba Rayon Sports akubutse i Bujumbura

Muhawenimana Claude perezida w'abafana ba Rayon Sports aba afite akazi ko gushyira kuri gahunda abafana baba basanzwe batazi uko umufana yitwara igihe umukino uri kuba

Yannick Mukunzi yabanje mu kibuga  anakina iminota 90'

Yannick Mukunzi yabanje mu kibuga anakina iminota 90'

Ismaila Diarra aryama hasi nyuma yo kugundagurana na Nshimiyimana Aboubakar

Ismaila Diarra aryama hasi nyuma yo kugundagurana na Nshimiyimana Aboubakar 

Manishimwe Djabel ubwo yajyaga kwishyushya kwishyushya mbere yo gusimbura Muhire Kevin

Manishimwe Djabel ubwo yajyaga kwishyushya mbere yo gusimbura Muhire Kevin

Muhire Kevin ajya gutera koruneri mbere yo gusimburwa

Muhire Kevin ajya gutera koruneri mbere yo gusimburwa 

Ivan Minaert Umutoza mushya wa Rayon Sports

Ivan Minaert yarebye uyu mukino mbere yuko akoresha imyitozo ya mbere kuri uyu wa Gatanu

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND