Nyuma y’imikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu, y’umunsi wa 13 wa shampiyona ya Barclays premier league yo mu Bwongereza, yasize habayeho impinduka ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, aho kuri ubu ikipe ya Leicester city yamaze kwicara ku mwanya wa mbere isimbuyeho Manchester city na Arsenal zari zimaze iminsi ziyoboye.
Ni nyuma y’uko iyi kipe yazigwaga mu ntege intsinze umukino wayo wayihuje na Newcastle, mu gihe Arsenal yatakaje imbere ya West Bromwich Albion, yayitsinze ibitego 2-1, mu gihe Manchester City yo yahuye n’uruva gusenya ikihanizwa na Liverpool yayitsindiye imbere y’abafana bayo Etihad stadium ibitego 4 kuri 1.
Adam Lallana yishimira igitego cya mbere cya Liverpool kitsinzwe na Eliaquim Mangala
Philippe Coutinho yishimira igitego cya kabiri yatsindiye Liverpool ku munota wa 23
Firmino yaboneye Liverpool igitego cya 3 ku munota wa 32
Sergio Kun Agueiro niwe watsinze igitego kimwe rukumbi Manchester city yatsinze
Martin Skrtel yaboneye Liverpool igitego cya 4 ku munota wa 81
Abavandimwe Yaya Toure na Kolo Toure basuhuzanya mbere y'umukino
Aha, Coutinho na Firmino bishimiraga igitego cya mbere cyo ku munota wa 7 cyitsinzwe na Mangala
Liverpool yari ityaye
Umudage Jurgen Klopp nyuma yo gutsinda Chelsea, akaba yongeye kwisasira Manchester city, akomeje kwiyongerera igikundiro no guha icyizere abafana ba Liverpool bamufata nk'umucunguzi wabo
Manuel Pellegrini nawe ahazaza he hatangiye gushidikanywaho
Mu mukino wahuje Arsenal na West Brom, Olivier Giroud niwe wafunguye amazamu ku gitego cy'umutwe kuri free kick yari ihanwa na Ozil
Morrison(ibumoso) yaje kwishyura neza iki gitego
Arteta wari winjiye asimbuye Coquelin yitsinze igitego cya kabiri
Alexis Sanches na Ozil bagerageje gushakira Arsenal igitego ariko biranga
Cazorla yamuruye amahirwe ya penaliti Arsenal yabonye mu minota ya nyuma
Arsene Wenger na Arsenal ye ubu bageze ku mwanya wa 4
Rutahizamu Jamie Vardy yatsinze kimwe mu bitego 3 ikipe ya Leicester city yatsinze Newcastle, maze ahita agera ku gahigo kari gasanganywe na Ruud Van Nestelrooy ko gutsinda igitego byibura kimwe mu mikino 10 yikurikiranya ya shampiyona yo mu Bwongereza
Uretse Leicester yafashe umwanya wa mbere, ikipe ya Manchester united nayo yamaze kuzamuka ku mwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda bitayoroheye ikipe ya Watford ibitego 2-1.
Memphis Depay wari umaze iminsi abanza ku gatebe ka basimbura, uyu munsi yabonye amahirwe yo kubanza mu kibuga nyuma y'imvune ya Antonny Martial na Wayne Rooney, ndetse abasha no kubona igitego ku munota wa 11
Deeney yishyuriye Watford igitego kuri penaliti ku munota wa 87, gusa ibyishimo ntibyateye kabiri kuko ku munota wa 90 yahise yitsinda igitego cyahaye Manchester united itsinzi
Bastian Schweinsteiger yagize uruhare rukomeye kuri iki gitego cya kabiri
Umuzamu David De Gea yishimira amanota atatu yatumye baca kuri Arsenal na Manchester city bagera ku mwanya wa 2
Chelsea nayo nyuma y'igihe ititwara neza, uyu wa Gatandatu yabashije kwegukana amanota atatu, nyuma yo gutsindira Stamford bridge ikipe ya Norwich igitego 1 ku busa cyatsinzwe na Diego Costa.
Diego Costa na Willian bishimira igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino
Jose Mourinho akomeje kugaragarizwa urukundo n'abafana, bagaragaza ibyaba bishimangira ko ari umwe muri bo
Umuherwe Roman Abramovich nawe yari yaje kwihera amaso umukino w'ikipe ye ya Chelsea
Mu yindi mikino y'umunsi wa 13 yabaye, ikipe ya Everton yanyagiye Aston Villa 4-0, Swensea city inganya na Bournemouth 2-2, naho Southampton itsindwa na Stoke 0-1.
Dore uko urutonde rw'agateganyo ruhagaze magingo aya
TANGA IGITECYEREZO