RFL
Kigali

Kutumvikana no gushinjanya amarozi byariganje mbere yuko Rayon Sports isezererwa-AMAFOTO Y’UMUKINO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:23/04/2017 10:07
1


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Mata 2017 nibwo abafite aho bahurira na Rayon Sports bari biteze ko iyi kipe iza gukora ibitangaza ikabahindurira amateka yo kujya mu matsinda y’imikino ya CAF Total Confederation ariko ntibyakunze nubwo mbere y’umukino habanje ubwumvikane bwa ntabwo no gukekana amarozi.



Ikipe ya Rayon Sports yasabwaga ibitego kuva kuri bitatu kuzamura cyangwa ikaba yatsinda 2-0 igatabarwa na penaliti, ntibyayikundiye kuko umukino warangiye nta kipe irebye mu izamu.

Ibi byatumye Rivers United yikomereza mu mikino y’amatsinda igendeye ku mpamba y’ibitego bibiri (2) yanyabitse Rayon Sports muri Nigeria.

Mbere gato ko umukino utangira, kwinjira kuri sitade Amahoro byari urubanza rutoroshye kuko byanageze aho Stanley Eguma umutoza wa Rivers United yangirwa kwinjira cyo kimwe n’abo bari bari kumwe ngo kuko nta cyangombwa kimuranga nk’uko abinjizaga abantu babisobanuraga.

Nyuma y’iminota micye, imodoka yari itwaye Stanley Eguma yinjiye habanje kubaho amahane atari macye mu marembo ya sitade.

Amakipe ageze imbere muri sitade, ushinzwe ibikoresho by’ikipe ya Rivers United (Kit-Manager) yagaragaye asuka ibintu by’ifu mu kibuga avuga ko ari kwishyura Rayon Sports kuko umukinnyi wayo (Nova Bayama) na Kit-Manager wayo nabo ngo bari bazengurutse ikibuga bagisukamo amazi.

Rivers United yakomeje mu matsinda kuko yari yabashije gutsinda ibitego 2-0 mu mukino ubanza. Rivers United barangije umukino ari abakinnyi 10 kuko Nweke Ifeanyi yahakuye ikarita itukura. Igice cya mbere cyaranzwe n’amakosa menshi Rayon Sports yakoze kuko byatumye Rivers United itera imipira icumi (10) y’imiterekano (Coup franc) mu gihe Rayon Sports yateye coup franc esheshatu (6).

Rayon Sports yari imbere y’abafana bayo, yateye koruneri eshatu mu gice cya mbere mu gihe Rivers United yabonye imwe (1) mu gice cya mbere. Mu gukora ayo makosa, Mugisha Francois bita Master yahakuye ikarita y’umuhondo ku munota wa 24’ nyuma yaho Kwizera Pierrot yari amaze kugira ikibazo mu kaboko agahambirwa akagaruka.

Aliassou Sanou na Douhadji Joseph ba Rivers United buri umwe yahawe ikarita y’umuhondo mu gihe kapiteni Nweke Ifeanyi yahawe ikarita y’umutuku ku munota wa 62’ w’umukino.

Bavuye kuruhuka ariko, Masud Djuma utoza Rayon Sports yinjije Niyonzima Olivier bita Sefu akuramo Mugisha Francois mu gihe Tidiane Kone yasimbuwe na Irambona Eric naho Nahimana Shassir asimburwa na  Manishimwe Djabel ku munota wa 80’.

Stanley Eguma utoza Rivers United yakuyemo Aliassou Sanou amusimbuza Ayobami Asekunuwu ku munota wa 70’, Keuman Guy Venance asimburwa na Lukman Muhammed ku  munota wa 85’ mu gihe nyuma y’iminota ine yahise akuramo Bolaji Sakin akinjiza Weli Christian.

Abakinnyi babanje mu kibuga ku makipe yombi:

Rayon Sports:Ndayishimiye Eric Bakame (GK-C), Manzi Thierry,Nova Bayama, Mutsinzi Ange Jimmy, Mugisha Francois, Moussa Camara, Nahimana Shassir, Mugabo Gabriel, Savio Nshuti Dominique, Kwizera Pierrot na Tidiane Kone.

Rivers United:Sunday Rotim (GK), Nweke Ifeanyi ©, Doumbia Zoumana, Aliassou Sanou, Festus Austine, Douhadji Joseph, Emeka Olubugh, Nzube Anaezemba, Emeka Aturoma, Keuman Guy Venance na Bolaji Sakin.

 Rayon Sports isesekara kuri sitade Amahoro

Rayon Sports isesekara kuri sitade Amahoro

Yari iherekejejwe n'iinzego zishinzwe umutekano

Yari iherekejejwe n'iinzego zishinzwe umutekano

Nyiragasazi umufana ukomeye wa APR FC yari inyuma ya Rivers United

Nyiragasazi umufana ukomeye wa APR FC yari inyuma ya Rivers United

Abakinnyi ba Rivers United bagera kuri sitade Amahoro

Abakinnyi ba Rivers United bagera kuri sitade Amahoro

Umutekano wari wakajijwe hirindwa abajura

Umutekano wari wakajijwe hirindwa abajura

Senderi International Hit.......arabiseka

Senderi International Hit.......arabiseka

Abayobozi bari bahekeje Rivers United bangiwe kwinjira bahindukirana David Bayingana kuko ariwe babonaga hafi bazi

Abayobozi bari bahekeje Rivers United bangiwe kwinjira bahindukirana David Bayingana kuko ariwe babonaga hafi bazi

Senderi International Hit (wambaye nimero 9) na Rwabuhihi Innocent (wambaye jersey y'Amavubi) bari bari ku murongo bareba ibiri kuba iruhande rwabo

Senderi International Hit (wambaye nimero 9) na Rwabuhihi Innocent (wambaye jersey y'Amavubi) bari bari ku murongo bareba ibiri kuba iruhande rwabo

Uw'imbaraga nke yasabwaga kuvugisha ukuri hakiri kare

Uw'imbaraga nke yasabwaga kuvugisha ukuri hakiri kare

Itsinda ry'abafana ba APR FC bari baje gushyigikira Rivers United

Itsinda ry'abafana ba APR FC bari baje gushyigikira Rivers United

Abafana bari bamaze kugera muri sitade

Abafana bari bamaze kugera muri sitade kuko imiryango yafunguwe mbere ya saa sita

Nsengiyumva Moustapha (ibumoso) na Ndacyayisenga Jean d'amour (iburyo) ntibari bashyizwe mu bakinnyi 18

Nsengiyumva Moustapha (ibumoso) na Ndacyayisenga Jean d'amour (iburyo) ntibari bashyizwe mu bakinnyi 18

Nova Bayama  na kanyamayayi wa Rayon Sports baba basohokanye amazi bayamishagije ikibuga

Nova Bayama  na kanyamayayi wa Rayon Sports baba basohokanye amazi bayamishagije ikibuga

Nova Bayama  na mugenzi we

Nova Bayama  na mugenzi we

Nova Bayama

Nova Bayama 

Ntawamenya icyo bashakaga kugeraho

Ntawamenya icyo bashakaga kugeraho

Umwe mu bakinnyi ba Rivers United nawe yatangiye asuka amazi mu kibuga

Umwe mu bakinnyi ba Rivers United nawe yatangiye asuka amazi mu kibuga

Ubika ibikoresho bya Rivers United nawe yabacungaga akamena amazi mu izamu

Ubika ibikoresho bya Rivers United nawe yabacungaga akamena amazi mu izamu

Kanyamayayi wa Rivers United asanzwe afite ubumuga bw'ingingo

Kanyamayayi wa Rivers United asanzwe afite ubumuga bw'ingingo

 Masud Djuma

Ifoto ya Masud Djuma muri sitade Amahoro

Abafana ba APR FC bashyigikira Rivers United

Abafana ba APR FC bashyigikira Rivers United

APR ni iyacu wana!!!!!!

APR ni iyacu wana!!!!!!

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports

Munezero Fiston (Hino)  na Niyonzima Olivier Sefu (Hirya) bishyushya

Munezero Fiston (Hino)  na Niyonzima Olivier Sefu (Hirya) bishyushya

Ndayishimiye Eric Bakame na mugenzi we Mutuyimana Evariste  bishyushya

Ndayishimiye Eric Bakame na mugenzi we Mutuyimana Evariste  bishyushya

Rutahizamu Moussa Camara yishyushya

Rutahizamu Moussa Camara yishyushya

Muhire Kevin bita Rooney

Muhire Kevin bita Rooney

Lomami Frank yari yabonetse mu bakinnyi 18

Lomami Frank yari yabonetse mu bakinnyi 18

Niyonzima Olivier Sefu

Niyonzima Olivier Sefu

Basohoka mu rwambariro

Basohoka mu rwambariro

Lomami Marcel umutoza wongera ingufu z'abakinnyi

Lomami Marcel umutoza wongera ingufu z'abakinnyi asohoka mu rwambariro

Masud Djuma umutoza mukuru wa Rayon Sports

Masud Djuma umutoza mukuru wa Rayon Sports

...............Amaze kwicara mu mwanya we.....

...........Amaze kwicara mu mwanya we.....

Mujyemana Charles (Papa Queen Cha) umuganga w'ikipe ya Rayon Sports

Mujyemana Charles (Papa Queen Cha) umuganga w'ikipe ya Rayon Sports

Michael WAMBURA (Tanzania)niwe wari komiseri w'umukino

Michael WAMBURA (Tanzania)niwe wari komiseri w'umukino

Mugisha Francois Master yari yaje mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga

Mugisha Francois Master yari yaje mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga

Amakipe Yombi asuhuzanya

Amakipe Yombi asuhuzanya

Ndayishimiye Eric Bakame asuhuza abasifuzi

Ndayishimiye Eric Bakame asuhuza abasifuzi

 Nweke Ifeanyi Kapiteni wa Rivers United

 Nweke Ifeanyi Kapiteni wa Rivers United 

Igipupe

Imbere harimo umuntu

 Komiseri, abakapiteni n'abasifuzi b'umukino

Komiseri, abakapiteni n'abasifuzi b'umukino

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Rivers United babanje mu kibuga

11 ba Rivers United babanje mu kibuga

Intebe y'abatoza n'abasimbura  ba  Rivers United

Intebe y'abatoza n'abasimbura  ba  Rivers United

....................Rayon Sports

................Rayon Sports

Stanley Eguma umutoza wa Rivers United

Stanley Eguma umutoza wa Rivers United

Abakinnyi ba Rivers United bajya inama

Abakinnyi ba Rivers United bajya inama

Abakinnyi ba Rayon Sports nabo biga uko bagiye guhangana na Rivers

Abakinnyi ba Rayon Sports nabo biga uko bagiye guhangana na Rivers

Manzi Thierry wa Rayon Sports................tubafungire aha gutya

Manzi Thierry wa Rayon Sports................tubafungire aha gutya 

Nzube Anaezembe (4) agora Kwizera Pierrot (23)

Nzube Anaezembe (4) agora Kwizera Pierrot (23)

Byari bigiye kuba Rayon Sports yagera mu rubuga rw'amahina rwa Rivers United

Byari bigiye kuba Rayon Sports yagera mu rubuga rw'amahina rwa Rivers United

Nova Bayama  24 yari afite akazi katoroshye

Nova Bayama  24 yari afite akazi katoroshye

Nova yabaga afite inshingano zo gukina aturuka inyuma agana imbere cyo kimwe no kugaruka agafasha Manzi Thierry

Nova yabaga afite inshingano zo gukina aturuka inyuma agana imbere cyo kimwe no kugaruka agafasha Manzi Thierry

Bolaji Sakin wari wazonze abakinnyi ba Rayon Sports

Bolaji Sakin wari wazonze abakinnyi ba Rayon Sports

Ubwo Gacinya Denis yari agiye kureba abakinnyi nyuma y'igice cya mbere

Ubwo Gacinya Denis yari agiye kureba abakinnyi nyuma y'igice cya mbere

Nova Bayama

Manzi Thierry wa Rayon Sports atuma umupira ku rundi ruhande

Manzi Thierry wa Rayon Sports atuma umupira ku rundi ruhande

Kugarura imipira yo mu kirere cyo hagati mu kibuga byabaga ari inyungu za Rivers United

Kugarura imipira yo mu kirere cyo hagati mu kibuga byabaga ari inyungu za Rivers United

Mutsinzi  Ange Jimmy yari yagarutse mu mikino Nyafurika nyuma y'ibihano by'ikarita itukura yabionye bakina na Wau Al Salaam

Mutsinzi  Ange Jimmy yari yagarutse mu mikino Nyafurika nyuma y'ibihano by'ikarita itukura yabionye bakina na Wau Al Salaam

Ubwo Kwizera Pierrot yari agize ikibazo

Ubwo Kwizera Pierrot yari agize ikibazo

Kwizera pierrot

Abaganga basubizamo akaboko

Abaganga basubizamo akaboko

Masud Djuma atanga amabwiriza

Masud Djuma atanga amabwiriza

Moussa Camara yipima kuri Bolaji Sakin

Moussa Camara yipima kuri Bolaji Sakin

Byarangiye baguye bose

Byarangiye baguye bose

Moussa Camara yahagurutse arakaye

Moussa Camara yahagurutse arakaye

 Sakin ashaka ko Camara ahanwa

Sakin arega Moussa Camara ko amubabaje

 Nahimana Shassir akurikirana umuntu

Nahimana Shassir akurikirana umuntu 

Mugabo Gabriel ahura na Boladji Sakin

Mugabo Gabriel ahura na Boladji Sakin

Boladji Sakin hasi

Boladji Sakin hasi

Umwanya wo gusimbuza wari wegereje

Umwanya wo gusimbuza wari wegereje

Gacinya  Denis perezida w'ikipe ya Rayon Sports

Gacinya  Denis perezida w'ikipe ya Rayon Sports

Espoir FC yari ku mukino mbere yuko nayo icakirana na Pepinieres FC kuri iki Cyumweru

Espoir FC yari ku mukino mbere yuko nayo icakirana na Pepinieres FC kuri iki Cyumweru

Abaherekeje Rivers United ubwo bajyaga kuyireba nyuma y'igice cya mbere

Abaherekeje Rivers United ubwo bajyaga kuyireba nyuma y'igice cya mbere

Antoine Hey umutoza w'Amavubi n'umwungiriza we Mashami Vincent bari bahari

Antoine Hey umutoza w'Amavubi n'umwungiriza we Mashami Vincent bari bahari

Abafana babuze ibyishimo

Abafana babuze ibyishimo

AMAFOTO: Saddam MIHIGO & Nsengiyumva Emmy

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • gakire6 years ago
    Mwihangane abs rayon nijeriya Niyo yambere kumarozi nahano kuli zambiya mwibukeko bakoresheje amarozi bihagarika numupira





Inyarwanda BACKGROUND