RFL
Kigali

KIPM 2017: Nyirarukundo yatwaye umudali wa Zahabu, Hakizimana azamuka imyanya 10 ari nako Kenya yiharira isiganwa-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:21/05/2017 19:54
0


Nyirarukundo Salome umunyarwandakazi w’imyaka 19 yatwaye umudali wa Zahabu nyuma yo kuza ku isonga mu gusiganwa intera ya kilometero 21 (21KM/Half-Marahon) aho yakoresheje isaha imwe, iminota 15’ n’amasegonda 28’. Muri iyi ntera kandi, Hakizimana John yabaye uwa gatatu (3) mu bagabo mu gihe umwaka ushize yari yabaye uwa 13.



Nyirarukundo Salome yahesheje u Rwanda ishema nyuma yuko umwaka ushize wa 2016 yari yatahukanye umwanya wa gatatu (3), icyo gihe yari yakoresheje isaha imwe, iminota 13’ n’amasegonda 55’ (1h13’55”).

Byari mu irushanwa ngarukamwaka ryitiriwe amahoro ryabaga ku nshuro yaryo ya 13 kuva ryatangizwa mu 2004 rikaba riterwa inkunga na MTN Rwanda, umuterankunga mukuru utanga ibihembo bikuru muri iri rushanwa. Uyu mwali yasize Sheilla Chesang waje ku mwanya wa kabiri (2) iminota ine n’amasegonda 56’ kuko yakoresheje isaha imwe, iminota 20’ n’amasegonda 28’.

Mukasakindi Claudette umunyarwandakazi ukunze kwitoreza mu Butaliyani, yaje ku mwanya wa gatatu akoresheje isaha imwe, iminota 20’ n’amasegonda 36’’ (1h20’36”) mu gihe Musengimana Pelagie yaje ku mwanya wa gatandatu (6) akoresheje isaha imwe, iminota 32’ n’amasegonda 33’ (1h32’33”). Ibi bivuze ko mu bantu batandatu bahembwe harimo abanyarwandakazi bane (4) n’abanyakenyakazi babiri (2).

Nyirarukundo yateye intambwe yigeze guterwa na Disi Dieudonne mu 2006 ubwo yatwaraga igice cya marato nyuma yuko mu 2005 yari yatwaye marato yuzuye.

Hakizimana John umukinnyi w’ikipe ya APR Athletic club yongeye kwerekana ko imyitozo y’amezi atanu yakoreye muri Kenya yagize umumaro kuko yafashe umwanya wa gatatu mu gusiganwa igice cya marato (Half-Marathon) iba iri ku ntera ya kilometero 21 (21 Km), uyu musore yakoresheje isaha imwe, iminota itanu n’amasegonda 28” (1h5’28”).

Iki cyiciro cyatwawe na Kiproech Bartile Kipido ukomoka muri Kenya kuko yakoreshe isaha imwe, iminota ine n’amasegonda 25” (1h4’25”). Undi munyarwanda yaje ku mwanya wa gatanu ubwo Niyonsaba Ferdinand yahingukaga akoresheje isaha imwe, iminota itandatu n’isegonda rimwe (1h6’1”).

Mu gusiganwa muri kilometero 42 (Full Marathon) mu cyiciro cy’abagabo, Chumba Gilbert Kipleting ukomoka muri Kenya ni we wahize abandi akoresheje amasaha abiri, iminota 19’ n’amasegonda 49” (2h19’49”). Muri iki cyiciro nta munyarwanda wigeze uhembwa kuko ntawe wahatanye ahubwo imyanya yose yatwawe n’igihugu cya Kenya.

Mu cyiciro cy’abali n’abategarugori basiganwe muri marato, Kenya yongeye gutwara imyanya itandatu ya mbere bayobowe na Rutto Beatrice Jepkorir wakoresheje amasaha abiri, iminota 46’ n’amasegonda 38” (2h46’38”).

Uretse kuba habaye amasiganwa y’abakinnyi babigize umwuga, habaye n’igice cy’abakora urugendo rwa kilometero zirindwi (7Km) basiganwa bigamije amahoro no kwishimisha (Run For Peace), urugendo rwanakozwe n'umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda afatanyije n'umufafasha wa perezida wa Kenya Uhuru Kenyata.

Nyirarukundo Salome (hagati) niwe wahize abandi bakobwa mu kwiruka igice cya marato (21Km), Mukasakindi Claudette (iburyo) afata umwanya wa gatatu mu gihe Sheilla Chesang (Ibumoso) yaje ku mwanya wa kabiri

Nyirarukundo Salome (hagati) ni we wahize abandi bakobwa mu kwiruka igice cya marato (21Km), Mukasakindi Claudette (iburyo) afata umwanya wa gatatu mu gihe Sheilla Chesang (Ibumoso) yaje ku mwanya wa kabiri

Minisitiri w'umuco na Siporo Uwacu Julienne ashimira Nyirarukundo Salome amuhereza indabo z'ibyishimo

Minisitiri w'Umuco na Siporo Uwacu Julienne ashimira Nyirarukundo Salome amuhereza indabo z'ibyishimo

Mukasakindi Claudette ahabwa indabo na Uwacu Julienne

Mukasakindi Claudette ahabwa indabo na Uwacu Julienne

Sheilla Chesang (Kenya) wabaye uwa kabiri ahabwa indabo na Uwacu Julienne

Sheilla Chesang (Kenya) wabaye uwa kabiri ahabwa indabo na Uwacu Julienne

Kiproech Bartile wabaye uwa mberemu gice cya Marato mu bahungu

Kiproech Bartile wabaye uwa mbere mu gice cya Marato mu bahungu

Kiproech Bartile (Hagati) wabaye uwa mberemu gice cya Marato mu bahungu, Hakizimana John (iburyo) umunyarwanda wabaye uwa gatatu ndetse na Mutali Ezekiel Kimeli (Kenya/Ibumoso) wabaye uwa kabiri

Kiproech Bartile (Hagati) wabaye uwa mbere mu gice cya Marato mu bahungu, Hakizimana John (iburyo) umunyarwanda wabaye uwa gatatu ndetse na Mutali Ezekiel Kimeli (Kenya/Ibumoso) wabaye uwa kabiri

Madame Margaritte Kenyatta aha indabo Rutto Beatrice Jepkorir (Kenya) wahize abandi bakobwa muri marato

Madame Margaret Kenyatta aha indabo Rutto Beatrice Jepkorir (Kenya) wahize abandi bakobwa muri marato

 Madame Margaritte Kenyatta yambika umudali (Zahabu) Rutto Beatrice Jepkorir (Kenya) wahize abandi bakobwa muri marato

Madame Margaret Kenyatta yambika umudali (Zahabu) Rutto Beatrice Jepkorir (Kenya) waje ku isonga mu bandi bakobwa bakinnye marato

Ubwo Madame Jeannette Kagame yari agiye gutanga ibihembo ku bakinnyi batatu ba mu gice cya Marato mu bagabo

Ubwo Madame Jeannette Kagame yari agiye gutanga ibihembo ku bakinnyi batatu ba mu gice cya Marato mu bagabo

.......Ategereje kubambika imidali no kubaha ibihembo

.......Ategereje kubambika imidali no kubaha ibihembo

Abanyakenya Chumba Gilbert Kipleting (hagati) watwaye marato mu bagabo, Kiyeng Edwin Kemboi (ibumoso) yabaye uwa kabiri na mugenzi wabo Tallam James (iburyo) wabaye uwa kabiri

Abanyakenya Chumba Gilbert Kipleting (hagati) watwaye marato mu bagabo, Kiyeng Edwin Kemboi (ibumoso) yabaye uwa kabiri na mugenzi wabo Tallam James (iburyo) wabaye uwa kabiri

 ANDI MAFOTO YAGIYE ARANGA UMUNSI WA KIGALI INTERNATIONAL PEACE MARATHON 2017

Mu masaha ya mugitondo ubwo abashaka kwiruka mu gice cyo kwishimisha hagamijwe kwimakaza umuco w'amahoro bari bamaze kuhagera

Mu masaha ya mu gitondo ubwo abashaka kwiruka mu gice cyo kwishimisha hagamijwe kwimakaza umuco w'amahoro bari bamaze kuhagera

Madame Jeannette Kagame na mugenzi we Margaritte Kenyatta bari bitabiriye igice cy'abatarabigize umwuga ariko muri gahunda yo kwimakaza umuco w'amahoro

Madame Jeannette Kagame na mugenzi we Margaret Kenyatta bari bitabiriye igice cy'abatarabigize umwuga ariko muri gahunda yo kwimakaza umuco w'amahoro

Abatangira urugendo bamaze kwitunganya neza

Abatangira urugendo bamaze kwitunganya neza

Abafite ubumuga nibo bahawe umwanya wo kugenda imbere

Abafite ubumuga ni bo bahawe umwanya wo kugenda imbere

Abandi barakurikira

Abandi barakurikira

Mu nzira bagenda

Mu nzira bagenda

Muri Run For Peace hari abirukaga bagashwekura

Muri Run For Peace hari abirukaga bagashwekura

Gusigara inyuma ntacyo biba bitwaye

Gusigara inyuma ntacyo biba bitwaye

Ubwo Run For Peace yari yegereje gusozwa

Ubwo Run For Peace yari yegereje gusozwa

Binjira muri sitade Amahoro

Binjira muri sitade Amahoro

Byari byoroshye guhita umenya ko irushanwa ryatewe inkunga na MTN Rwanda

Byari byoroshye guhita umenya ko irushanwa ryatewe inkunga na MTN Rwanda

Uwahageze mbere muri Run For Peace

Uwahageze mbere muri Run For Peace 

Run for Peace nayo yari mpuzamahanga

Run for Peace nayo yari ku rwego mpuzamahanga

Nta cyiciro cy'imyaka bareba

Nta cyiciro cy'imyaka bareba

Ababyeyi bitwaje abana babo

Ababyeyi bitwaje abana babo 

Mu nda ha sitade Amahoro

Mu nda ha sitade Amahoro 

Abafite ubumuga bamaze gusoza

Abafite ubumuga bamaze gusoza 

Afite ubumuga bw'ingingo ariko ntibyamubujije gukora ibyo abandi bakoraga

Afite ubumuga bw'ingingo ariko ntibyamubujije gukora ibyo abandi bakoraga

Uyu baramufasha kuzamura umuvuduko

Uyu baramufasha kuzamura umuvuduko

Madame Jeannette Kagame agera muri sitade arangije urugendo

Madame Jeannette Kagame agera muri sitade arangije urugendo

Imbaraga zabuze

Imbaraga zabuze

Ubutabazi bwihuse

Ubutabazi bwihuse

Abana bari bahawe umwanya wo kwidagadura mu bwatsi bw'ikibuga cya sitade Amahoro kugeza saa tanu z'amanywa (11h00')

Abana bari bahawe umwanya wo kwidagadura mu bwatsi bw'ikibuga cya sitade Amahoro kugeza saa tanu z'amanywa (11h00')

Riderman niwe muhanzi wasusurukije abari bateraniye muri sitade Amahoro

Riderman ni we muhanzi wasusurukije abari bateraniye muri sitade Amahoro

Riderman asanzwe akorana na MTN Rwanda

Riderman asanzwe akorana na MTN Rwanda umuterankunga mukuru wa Kigali International Peace Marathon

Abana bateze amatwi Riderman

Abana bateze amatwi Riderman 

Uwacu Julienne yashimiye buri umwe watanze imbaraga yari afite kugira ngo irushanwa rigende neza by'umwihariko ashimira Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame

Uwacu Julienne yashimiye buri umwe watanze imbaraga yari afite kugira ngo irushanwa rigende neza by'umwihariko ashimira Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame ku rukundo akunda siporo

AMAFOTO: HABIMANA Jean Luc/Afrifame Pictures






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND