RFL
Kigali

Karekezi Olivier yemeza ko ariwe wihamagariye Jannot Witakenge

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:8/01/2018 22:32
0


Karekezi Olivier umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports ifite igikombe cya shampiyona, yemeza ko ariwe wagize uruhare rukomeye kugira ngo Jannot Witakenge utari ufite akazi agirwe umutoza umwungirije muri Rayon Sports.



Ibi byaje nyuma yuko Ndikumana Hamadi Katauti wari umutoza wungirije muri Rayon Sports yari amaze kwitaba Imana bityo hagatangira kwibazwa no gutekereza ku mutoza uzungiriza Karekezi Olivier nawe icyo gihe wari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda.

Mbere na mbere byabanje kuvugwa ko Karekezi yabanje gusaba ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports ko bamuha Lomami Marcel akaba yamwungiriza ariko nyuma biza kuba ngombwa ko Jannot ahabwa umwanya kuko ngo Lomami yari yahawe imikino yo kugira ngo agaragaze imbaraga afite mu gutoza. Mu magambo ye, Karekezi yatangiye agira ati:

Lomami ni umutoza mwiza wongera ingufu z’abakinnyi, turashaka ko akomeza biriya kuko ni nabyo yize. Ni njye wahamagaye Jannot ari kuwa Kabiri ahagera kuwa Gatatu, mubaza niba ntacyo bitwaye kuba yaza tugafatanya. Yambwiye ko nta kibazo kuko nta kazi yari afite, icyo tugiye gukora ni ugushyira hamwe tukareba ko yaziba icyuho cya Katauti.

Karekezi Olivier yavuze ko ubwo yari mu maboko ya polisi ari bwo yamenye ko umukino Rayon Sports yakinnyemo na Mukura Victory Sport warebwe na Jannot Witakenge bityo aza kumuhamagara baraganira baza guhuza. Karekezi ati:

Ngira ngo namenye ko yari ari inaha ku mukino wa Mukura, njyewe ntabwo nari mpari. Hanyuma maze kuva mu bibazo nari ndimo natekereje ko namuha amahirwe (Lomami Marcel) muri iyi mikino ine kugira ngo nawe anyereke niba hari icyo yamfasha. Ariko mu mupira iyo ushatse kuzanamo amarangamutima hari ubwo usanga bigenda bigucanga. Icyo nashakaga nashakaga uwunyungiriza uzaba umeze nka Katauti, uzashobora kubwira umukinnyi mu mikinire ye.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Jannot Witakenge nawe yemeye ko kuza muri Rayon Sports abikesha Karekezi Olivier. “Naje mpamagawe n’umutoza Olivier (Karekezi) kugira ngo dushyire ingufu hamwe bityo ikipe ikomeze igire ubushongore n’ubukaka nk’uko isanzwe. Tugiye gutegura ikipe tuzabone uko duhatana mu mikino Nyafurika”. Jannot

Jannot Witakenge aganira na Lomami Marcel

Jannot Witakenge aganira na Lomami Marcel

Jannot Witakenge aganira na Lomami Marcel

Kuri ubu umutoza mukuru ni Karekezi Olivier wasimbuye Masud Djuma, Jannot Witakenge akaba umutoza wungirije wasimbuye Ndikumana Hamadi Katauti naho Nkunzingoma Ramadhan akaba umutoza w’abanyezamu.

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports 

Nyandwi Saddam mu myitozo yo kwiruka

Nyandwi Saddam mu myitozo yo kwiruka 

Myugariro Mutsinzi Ange Jimmy

Myugariro Mutsinzi Ange Jimmy 

Mugemana Charles umuganga wa Rayon Sports aganira na Nyandwi Saddam

Mugemana Charles umuganga wa Rayon Sports aganira na Nyandwi Saddam

Murmuna wa Manishimwe Djabel umukinnyi utanga ikizere hagati mu kibuga

Tumushime Ally Tidjan murumuna wa Manishimwe Djabel umukinnyi utanga icyizere hagati mu kibuga

Irambona Eric Gisa  areba aho yatanga umupira

Irambona Eric Gisa areba aho yatanga umupira 

Irambona Eric Gisa  ategereje ko Tidiane Kone amugeraho

Irambona Eric Gisa  ategereje ko Tidiane Kone amugeraho

Byarangiye amucitse

Byarangiye amucitse

Jannot Witakenge yereka abakinnyi uko bahagarara

Jannot Witakenge yereka abakinnyi uko bahagarara

Nova Bayama ku mupira

Nova Bayama ku mupira 

Jannot Witakenge avuga ko Rayon Sports igomba kuba ikipe itinyitse mu Rwanda

Jannot Witakenge avuga ko Rayon Sports igomba kuba ikipe itinyitse mu Rwanda no hanze yarwo

Nyandwi Saddam ku mupira

Nyandwi Saddam ku mupira 

Kwizera Pierrot Mansare bigaragara ko yagabanyije ibiro

Kwizera Pierrot Mansare bigaragara ko yagabanyije ibiro

Tidiane Kone kuri ubu ntabwo abarwa nka rutahizamu watabara Rayon Sports

Tidiane Kone kuri ubu ntabwo abarwa nka rutahizamu watabara Rayon Sports nubwo mu myitozo uba ubona afite ubukana

Jannot Witakenge aganira n'abanyamakuru

Jannot Witakenge aganira n'abanyamakuru 

Jannot Witakenge umutoza wungirije (Ibumoso), Karekezi Olivier umutoza mukuru na Nkunzingoma Ramadhan umutoza w'abazamu (iburyo)

Jannot Witakenge umutoza wungirije (Ibumoso), Karekezi Olivier umutoza mukuru na Nkunzingoma Ramadhan umutoza w'abazamu (iburyo)

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND