RFL
Kigali

Karekezi Olivier utoza Rayon Sports ari mu maboko ya polisi y’igihugu

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:15/11/2017 19:24
3


Karekezi Olivier usanzwe ari umutoza wa Rayon Sports ari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda aho asabwa gutanga ibisobanuro ku byaha byakorewe kuri interineti nawe afitemo uruhare.



ACP Theos Badege, Umuvugizi wa Polisi y’igihugu yemereye INYARWANDA ko Karekezi w’imyaka 34 ari mu maboko ya Polisi kuko hari ibyo asabwa gutangaho ibisobauro.

“Olivier Karekezi ari mu maboko y’Ubugenzacyaha, aho ariho yisobanura ku bikorwa bigize icyaha, ahanini byakozwe hakoreshejwe itumanaho n’ikoranabuhanga”. ACP Theos Badege

Karekezi Olivier ari mu maboko ya polisi mu gihe Ndikumana Hamadi Katauti wari umwungirije yitabye Imana ndetse akaba yanamaze gushyingurwa kuri uyu wa Gatatu.

Iyi kipe idafite umutoza yagombaga gukina na Police FC kuri uyu wa Kane tariki 16 Ugushyingo 2017 ariko FERWAFA ikaba yafashe umwanzuro wo kwimura uyu mukino nubwo ngo amatariki uzakinirwaho azatangazwa nyuma y’iminsi itarambiranye.

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nyiribambe jean de Dieu6 years ago
    ubu se iyi nkuru idasobanura mujye mwandika ibintu bisobanutse kuko nkubu ibi byatuma abantu batangira guhanga impamvu zabo uko buri wese yishakiye icyo cyaha yakoze nikihe
  • Mangouste6 years ago
    Murakoze kubw'aya makuru. Gusa mutumenyesheje ko yafashwe na Police ariko ntabwo mutubwiye icyo aregwa. Mwatwuzuriza amakuru niba bishoboka.
  • Omar 6 years ago
    Burundu lice Nayo nimare abanyarwanda amatsiko kubyaha karekezi ya koze gusa bibaye bifitanye isano nurupfu rwanyakwigendera Hamad Katauti bamuhane bihanukiriye Ndavuga Burundi





Inyarwanda BACKGROUND