RFL
Kigali

Karekezi Olivier avuga ko ibyabaye kuri Rayon Sports yari yabibwiye abakinnyi mbere

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:26/02/2018 14:28
0


Karekezi Olivier umutoza mukuru wa Rayon Sports avuga ko mbere y’umukino yabanje kubwira Usengimana Faustin na Manzi Thierry ba myugariro bo mu mutima w’ubwugarizi ko mu kibuga bagomba gukora ibishoboka bakabuza Hakizimana Muhadjili ubwinyagamburiro kuko ngo yatsinda igitego isaha n’isaha.



Mu gutegura umukino, Karekezi yemeje ko yabanje kuburira abakinnyi barimo Usengimana Faustin na Manzi Thierry ko bagomba kwitanga bihagije bakareba uko bazitira Hakizimana Muhadjili kuko ngo baramutse bamuretse akigenzura ku mupira yabatsinda. Karekezi ati:

Thierry na Faustin nari nababwiye ko bakora ibishoboka bagafata Muhadjili kubera ko isaha n’isaha ashobora kubatsinda igitego haba no kuri coup franc. Igitego bagitsinze Sefu na Pierrot batarinjira mu mukino. Nababwiye ko mu gihe Muhadjili yafata umupira akawugenzura neza akareba mu izamu byari ikibazo bahura nacyo. Byabaye.

Muri iyi gahunda yo kuzitira Hakizimana Muhadjili yaje kugushwa na Usengimana Faustin ariko umusifuzi yemeza ko uyu musore yigushije bityo amuha ikarita y’umuhondo yaje isanga iyo yari yabanje kubona ahita amuha umutuku ajya hanze.

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru, Karekezi yavuze ko Ismaila Diarra atinda kwinjira mu mukino bityo ko nta yandi mahitamo bari bafite kuko Shaba Hussein Tchabalala atemerewe gukina , bityo ko Diarra agomba kwihanganirwa bakamugarura mu bihe byiza mu gihe abandi bakinnyi bataragaruka mu kibuga. Karekezi ati:

Diarra iyo dusunitse tujya (Pressing) imbere ubona ari umukinnyi ugenda buhoro kuko yari amaze igihe kinini adakina. Twafashe icyemezo i Burundi tubanzamo Tchabalala, ikipe y’i Burundi twarayisatiriye tunatsinda igitego ariko nta yandi mahitamo twari dufite.

Karekezi Olivier umutoza mukuru wa Rayon Sports mu minota ya nyuma y'umukino

Karekezi Olivier umutoza mukuru wa Rayon Sports mu minota ya nyuma y'umukino

Mu gusimbuza, ku ruhande rw’ikipe ya Rayon Sports yari mu rugo batangiye bakuramo Nahimana Shassir ku munota wa 46’ w’igice cya kabiri, Niyonzima Olivier Sefu babonaga ashobora kubona ikarita itukura kuko yari yamaze kubona umuhondo bahise bamusimbuza Yannick Mukunzi ku munota wa 47’ bityo Irambona Eric Gisa asimbura Ismaila wari wagize akabazo k’imvune agenda acumbagira.

Karekezi Olivier umutoza mukuru wa Rayon Sports agisha inama abatoza bamwungriije

Karekezi Olivier umutoza mukuru wa Rayon Sports agisha inama abatoza bamwungirije 

Mu minota ya nyuma abafana ba Rayon Sports baricaye bategereza ifirimbi ya nyuma

Mu minota ya nyuma abafana ba Rayon Sports baricaye bategereza ifirimbi ya nyuma

Abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC nibo bari bafite ijambo rikuru kuva ku munota wa 26'

Abafana ba APR FC nibo bari bafite ijambo rikuru kuva ku munota wa 26'

Irambona Eric Gisa  (ibumoso) na Nyandwi Saddam (iburyo) abakinnyi badafite umwanya ubanza mu kibuga

Irambona Eric Gisa  (ibumoso) na Nyandwi Saddam (iburyo) abakinnyi badafite umwanya ubanza mu kibuga 

Imanishimwe Emmanuel azamukana ku ruhande rw'ibumoso

Imanishimwe Emmanuel azamukana umupira ku ruhande rw'ibumoso

Abafana ba APR FC kuri sitade Amahoro i Remera

Abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC kuri sitade Amahoro i Remera bari bahafashe 

Ndayishimiye Eric Bakame apfukamye kuri Issa Bigirimana

Ndayishimiye Eric Bakame atsikamira Issa Bigirimana

Sitade Amahoro

Sitade Amahoro abafana ba APR FC bayishimiyemo inshuro ebyiri bikurikiranya 

Manzi Thierry yiyahura kuri Mugiraneza Jean Baptiste Miggy

Manzi Thierry yiyahura kuri Mugiraneza Jean Baptiste Miggy

Gen.James Kabarebe (hagati) Minisitiri w'Ingabo yicaranya na Muvunyi Paul (ubanza iburyo) perezida wa Rayon Sports

Gen.James Kabarebe (hagati) Minisitiri w'Ingabo yicaranye na Muvunyi Paul (ubanza iburyo) perezida wa Rayon Sports

Uva ibumoso: Mugisha Gilbert, Shaban Hussein Tchabalala (Hagati ubona ko abihiwe) na Mugume Yassin

Uva ibumoso: Mugisha Gilbert, Shaban Hussein Tchabalala (Hagati ubona ko abihiwe) na Mugume Yassin

Nshimiyimana Imran yahoze afatanya na Yannick Mukunzi hagati muri APR FC

Nshimiyimana Imran yahoze afatanya na Yannick Mukunzi hagati muri APR FC

Nshimiyimana Imran imbere ya Yannick Mukunzi

Nshimiyimana Imran imbere ya Yannick Mukunzi 

Rukundo Denis ashaka inzira kwa Mutsinzi Ange Jimmy

Rukundo Denis ashaka inzira kwa Mutsinzi Ange Jimmy

Muhire Kevin yereka Jeannaut Witakenge ikibazo bafite

Muhire Kevin yereka Jeannaut Witakenge ikibazo bafite mu kibuga

Umwe mu bafana ba Rayon Sports yibaza ibiri kubera mu kibuga

Umwe mu bafana ba Rayon Sports yibaza ibiri kubera mu kibuga

Hakzimana Muhadjili ashaka inzira

Hakizimana Muhadjili ashaka inzira 

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC atanga amabwiriza

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC atanga amabwiriza

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC ubwo Twizerimana Martin Fabrice yari amaze guhusha igitego

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC ubwo Twizerimana Martin Fabrice yari amaze guhusha igitego

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy niwe kapiteni wa APR FC ubwo umukiino wari urangiye

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy kapiteni wa APR FC ubwo umukino wari urangiye

Abatoza bombi bakiniye APR FC

Abatoza bombi bakiniye APR FC

Abafana ba APR FC barubashywe muri iyi minsi

Abafana ba APR FC barubashywe muri iyi minsi

Rugwiro Herve  nyuma y'umukino

Rugwiro Herve nyuma y'umukino

Abafana ba APR FC nabo bigana abakinnyi

Abafana ba APR FC nabo bigana abakinnyi 

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy niwe kapiteni wa APR FC aganira na Bizimana Djihad utarakinnye

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy kapiteni wa APR FC aganira na Bizimana Djihad utarakinnye

Nshuti Innocent asimbuka ibyapa bya Azam

Nshuti Innocent asimbuka ibyapa bya Azam 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND