RFL
Kigali

Ivan Minaert yakoresheje imyitozo ya nyuma anahitamo abakinnyi 19 bagomba kujya muri Mozambique-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:15/04/2018 14:19
0


Mu gitondo cy’iki Cyumweru tariki 15 Mata 2018 saa tatu (09h00’) ni bwo ikipe ya Rayon Sports yakoze imyitozo ya nyuma mu Rwanda mbere yo kugana i Maputo muri Mozambique gusura ikipe ya Deportivo Costa do Sol. Imyitozo yabereye ku kibuga cy’i Shyorongi.



Ni umukino wo kwishyura w’ijonjora ribanzirira amatsinda ya Total CAF Confederations Cup 2018, umukino uzabera mu gihugu cya Mozambique mu mujyi wa Maputo ku isaha ya saa moya z’umugoroba (19h00’) ku masaha ya Maputo.

Nyuma y’imyitozo yari mu byiciro bitatu (sessions), Ivan Minaert yabwiye abakinnyi ko muri 20 bakoze imyitozo hagomba gusigara umwe. Twagirimana Innocent ni we ugomba kuguma i Kigali bityo abandi 19 bagafata inzira y’ikirere.

Ubwo abakinnyi bari bageze ku kibuga, babanje gukoreshwa imyitozo yo gutuma bashyuha mbere yuko Ivan Minaert atangira kubigisha uburyo batsinda ibitego babyaje umusaruro imipira iva mu mpande z’ikibuga. Aha wabonaga abakinnyi bo hagati batera imipira igana mu mpande bityo abakinnyi bakina mu mpande bagahita bayigabura ahagana muri penaliti abataha izamu bagakora ibishoboka bashaka ibitego.

Nyuma gato nk’iminota 30 ishize ni bwo abakinnyi 20 bari bahari bakozwemo amakipe abiri bakina hagati yabo ariko bakina igice cy’ikibuga.

Ubwo bari bageze ku kibuga cya Shyorongi

Ubwo bari bageze ku kibuga cya Shyorongi

Abakinnyi bishyushya

Abakinnyi bishyushya mbere yo gutangira imyitozo nyirizina 

Ikipe ya mbere yari igizwe na Ndayshimiye Eric Bakame nk’umunyezamu akaba na kapiteni w’iyi kipe, Nyandwi Saddam, Eric Rutanga, Mugisha Francois, Usengimana Faustin, Twagirimana Innocent, Yannick Mukunzi, Shaban Hussein Tchabalala, Manishimwe Djabel na Christ Mbondy.

Ikipe ya kabiri yari irimo; Ndayisenga Kassim , Mugabo Gabriel, Manzi Thierry, Niyonzima Olivier, Muhire Kevin, Ismaila Diarra, Irambona Eric, Yassin Mugume, Nahimana Shassir na Mutsinzi Ange Jimmy.

Umukino ubanza, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Deportivo Costa do Sol ibitego 3-0 mu mukino wakinwe kuwa 6 Mata 2018. Shaban Hussein Tchabalala yatsinzemo bibiri ikindi gitsindwa na Muhire Kevin.

Twagirimana Innocent niwe wasigaye mu bakinnyi 20 bari mu mwiherero

Twagirimana Innocent ni we wasigaye mu bakinnyi 20 bari mu mwiherero

Dore abakinnyi 19 bagomba kujya muri Mozambique:

1.Ndayishimiye Eric Bakame (GK, 1, C)

2.Nyandwi Saddam 16

3.Eric Rutanga 3

4.Mugisha Francois 25

5.Usengimana Faustin 15

6.Mukunzi Yannick 6

7.Shaban Hussein Tchabalala 11

8.Manishimwe Djabel 28

9.Christ Mbondy 9

10.Ndayisenga Kassim (GK, 29)

11.Mugabo Gabriel 2

12.Manzi Thierry 4

13.Niyonzima Olivier 21

14.Muhire Kevin 8

15.Ismaila Diarra 20

16.Irambona Eric 17

17.Mugume Yassin 18

18.Nahimana Shassir 10

19.Mutsinzi Ange Jimmy 5

Ndayisenga Kassim umunyezamu wa kabiri wa Rayon Sports

Ndayisenga Kassim umunyezamu wa kabiri wa Rayon Sports 

Nkunzingoma Ramadhan umutoza w'abanyezamu ba Rayon Sports

Nkunzingoma Ramadhan umutoza w'abanyezamu ba Rayon Sports

Ndayishimiye Eric Bakame na Ndayisenga Kassim nibo banyezamu Rayon Sports ikoresha

Ndayishimiye Eric Bakame na Ndayisenga Kassim ni bo banyezamu Rayon Sports ikoresha

Ndayishimiye Eric Bakame niwe uba ugomba kubanza mu izamu

Ndayishimiye Eric Bakame ni we uba ugomba kubanza mu izamu

Yannick Mukunzi ku mupira

Yannick Mukunzi ku mupira 

Eric Rutanga Alba  ukinyan inyuma ahagana ibumoso

Eric Rutanga Alba ukina inyuma ahagana ibumoso

Manishimwe Djabel ku mupira

Manishimwe Djabel ku mupira

Nyandwi Saddam myugariro w'iburyo muri Rayon Sports

Nyandwi Saddam myugariro w'iburyo muri Rayon Sports

Abakinnyi bateruye izamu

Abakinnyi bateruye izamu

Nkunzingoma Ramadhan umutoza w'abanyezamu ba Rayon Sports abereka uburyo umuntu yafatamo umupira

Nkunzingoma Ramadhan umutoza w'abanyezamu ba Rayon Sports abereka uburyo umuntu yafatamo umupira

Nahimana Shassir ku mupira

Nahimana Shassir ku mupira

Christ Mbondy ku mupira

Christ Mbondy ku mupira

Shaban Hussein Tchabalala (11) yakinaga umukino we wa mbere

Shaban Hussein Tchabalala watsinze Costa do Sol ibitego  2

Eric Rutanga ku mupira

Eric Rutanga ku mupira mu myitozo 

Ismaila Diarra ku mupira

Ismaila Diarra ku mupira akaba yari agiye mu kibuga asimbuye mu mukino ubanza 

Itangishaka Bernard bita KIng Bernard umunyamabanga w'ikipe ya Rayon Sports FC

 Itangishaka Bernard umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Rayon Sports yari ahari

Yassin Mugume yasimbuwe na Ismaila Diarra mu mukino ubanza

Yassin Mugume yasimbuwe na Ismaila Diarra mu mukino ubanza

Irambona Eric Gisa  azamukana umupira

Irambona Eric Gisa azamukana umupira 

Muhire Kevin nawe yatsinze igitego mu mukino ubanza

Muhire Kevin nawe yatsinze igitego mu mukino ubanza

Mutsinzi Ange Jimmy

Mutsinzi Ange Jimmy

Shaban Hussein Tchabalala ku mupira

Shaban Hussein Tchabalala ku mupira

Manzi Thierry abyigana na Christ Mbondy

Manzi Thierry abyigana na Christ Mbondy

Mugabo Gabriel ahanganye na Shaban Hussein Tchabalala

Mugabo Gabriel ahanganye na Shaban Hussein Tchabalala

Usengimana Faustin ku mupira

Usengimana Faustin ku mupira 

Nahimana Shassir ku mupira akurikiwe na Mugisha Francois Master

Nahimana Shassir ku mupira akurikiwe na Mugisha Francois Master

Niyonzima Olivier Sefu ashaka uko yatangira Christ Mbondy

Niyonzima Olivier Sefu ashaka uko yatangira Christ Mbondy

Irambona Eric Gisa  akuriwe na Nyandwi Saddam

Irambona Eric Gisa akurikiwe na Nyandwi Saddam 

Usengimana Faustin nyuma y'imyitozo

Usengimana Faustin nyuma y'imyitozo

Abakinnyi barukuha nyuma y'imyitozo

Abakinnyi barukuha nyuma y'imyitozo

Imyitozo irangiye

Imyitozo irangiye

Itangishaka Bernard bita King Bernard umunyamabanga w'ikipe ya Rayon Sports FC aganira na Ivan Minaert umutoza mukuru

Itangishaka Bernard bita King Bernard umunyamabanga w'ikipe ya Rayon Sports FC aganira na Ivan Minaert umutoza mukuru 

Biteganyijwe ko ikipe ya Rayon Sports ihaguruka mu Rwanda saa saba z’ijoro (01h30’) ry’uyu wa Mbere tariki 16 Mata 2018. Bazagera i Addis Ababa saa kumi n’imwe n’iminota 50’ z’igitondo (05h50’) mbere yuko bazagera muri Mozambique saa saba n’iminota 25 z’amanywa (13h25’).

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND