Iradukunda Jean Bertrand rutahizamu mushya mu ikipe ya Mukura Victory Sport yafashije iyi kipe gutsinda Kiyovu Sport igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane waberaga ku kibuga cya Mumena i Nyamirambo kuri uyu wa Gatandatu.
Iradukunda Bertrand bita Kanyarwanda wahoze mu ikipe ya Police FC, yatsinze iki gitego ku munota wa cumi (10’) w’umukino bityo Mukura VS ikomeza kuba ikipe itinyitse muri uyu mwaka w’imikino kuko itaratsindwa umukino n’umwe muri ine imaze gukina.
Nyuma y’umukino, Iradukunda Jean Bertrand wanabaye muri APR FC yavuze ko yishimiye gutsinda igitego mu mukino yahuragamo n’ikipe nka Kiyovu Sport ifite izina rikomeye mu mupira w’u Rwanda kandi ko ari iby’agaciro gakomeye kuba igitego yatsinze aricyo cyatanze amanota atatu y’umunsi kuri Mukura Victory Sport.
“Ndumva nishimye cyane kurusha uko undi muntu yabyumva kuko natsinze igitego. Gutsinda igitego ikipe ikomeye nka Kiyovu Sport bikaza kurangira kinabaye igitego gitanga amanota atatu urumva ko biba bishimishije cyane. Ubu gahunda iriho nuko ngomba gukora cyane kugira ngo nzabashe kugira ibitego byinshi bishoboka”. Iradukunda Bertrand
Iradukunda Bertrand yishimira igitego
Igitego cya Iradukunda Jean Bertrand
Nizeyimana Olivier (Wambaye umuhondo) perezida wa Mukura VS areba umukino unabona ko atewe ishema na Mukura VS bitewe nuko ihagaze neza
Nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport, Mukura VS yahise igira amanota 12 mu mikino ine (4), ikaba izigamye ibitego bine (4) kuko binjije bitanu (5) binjizwa kimwe (1).
Mukura Victory Sport iza ku mwanya wa kabiri inyuma ya APR FC ifite amanota 12 n’ibitego umunani (8) izigamye mu mikino ine (4).
APR FC ifite igikombe cya shampiyona, yagejeje amanota 12 itsinze FC Marines ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa kane waberaga kuri sitade Umuganda. Byiringiro Lague (30’) na Hakizimana Muhadjili (25’) nibo batsinze ibitego bya APR FC.
11 ba Kiyovu Sport babanje mu kibuga
SC Kiyovu XI: Nzeyurwanda Djihad (GK,20), Ngirimana Alex (C,15), Rwabuhihi Uwineza Aime Placide 6, Ahoyikuye Jean Paul Mukonya 4, Serumogo Ally 2, Habamahoro Vincent 13, Rachid Kalisa 8, Zagabe Jean Claude 3, Nizeyimana Djuma 9, Babicka Shavy Warren 7 na Armel Djimmoe 14.
11 ba Mukura Victory Sport babanje mu kibuga
Mukura VS XI: Rwabugiri Omar (GK,1), Rugirayabo Hassan 5, Mutijima Janvier 13, Iragire Saidi 13, Nshimirimana David 16, Nkomezi Alex 7, Ciza Hussein (C,10), Munyakazi Yussuf Rule 12, Rachid Mutebi 11, Duhayindavyi Gael 8 na Jean Bertrand Iradukunda 17
Ngirimana Alex kapiteni wa Kiyovu Sport ahanganiye umupira na Rachid Mutebi wa MVS
Abafana ba Mukura VS ku kibuga cya Mumena
Abafana ba Kiyovu Sport bamaze iminota 80' bategereje igitego baragiheba
Rwabuhihi Innocent (wambaye ikoti ry'umweru) aba yaje kureba umuhungu we Uwineza Rwabuhihi Aime Placide
Duhayindavyi Gael (8) azamukana umupira ariko anacunzwe mu buryo bukomeye
Iradukunda Jean Bertrand aca hagati mu bakinnyi ba Kiyovu Sport barimo Ahoyikuye Jean Paul (4) na Zagabe Jean Calude (iburyo) wahoze muri Mukura VS
Abasifuzi n'abakapiteni
Abasifuzi b'umukino
Kirasa Alain ubu niwe wasigaye ari umutoza mukuru wa SC Kiyovu nyuma y'igenda rya Cassa Mbungo Andre wari umutoza mukuru
Rugirayabo Hassan ku mupira ahunga Ahoyikuye Jean Paul (4)
Manirareba Ambroise (wambaye umuhondo) na Hatungimana Basile Fiston (wambaye umukara) abakinnyi ba Mukura VS bareba umukino
Ahoyikuye Jean Paul (4)bita Mukonya acenga Rugirayabo Hasan (5)
Ciza Hussein kapiteni wa Mukura VS acenga Ahoyikuye Jean Paul (4) myugariro wa Kiyovu Sport
Haringingo Francis Christian umutoza mukuru wa Mukura VS
Abasimbura ba Mukura VS
Abasimbura ba Kiyovu Sport
Dore uko umunsi wa kane uteye:
Kuwa Gatanu tariki 2 Ugushyingo 2018
1.FC Musanze 2-1 Espoir FC (Ubworoherane)
2.Amagaju FC 1-2 Police FC (Nyagisenyi)
3.Kirehe FC 2-2 AS Muhanga (Nyakarambi)
Kuwa Gatandatu tariki 3 Ugushyingo 2018
4.SC Kiyovu 0-1 Mukura VS (Mumena)
5.FC Marines 0-2 APR FC (Stade Umuganda)
6.AS Kigali 0-2 Etincelles FC (Stade de Kigali)
Ku Cyumweru tariki ya 4 Ugushyingo 2018
7.Rayon Sports vs Gicumbi FC (Stade de Kigali, 15h30')
8.Bugesera FC vs Sunrise FC (Nyamata, 15h30')
Rachid Mutebi wa Mukura VS agerageza gucika Ngirimana Alex
Nzeyurwanda Djihad yari yabanje mu izamu anakina iminota 90'umunyezamu wa SC Kiyovu yahise atabara awumukura ku kirenge
PHOTOS: USANASE Anitha (Inyarwanda.com)
TANGA IGITECYEREZO