RFL
Kigali

AS Kigali yageze muri kimwe cya 2 itsinze FC Marines mu mukino ufungura irushanwa-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:31/08/2017 16:21
0


IKipe ya AS Kigali yabonye itike ya kimwe cya kabiri cy'irushanwa ry'Akarere ka Rubavu imaze gutsinda FC Marines igitego 1-0 cyatsinzwe na Ally Niyonzima kuri penaliti.



Ni irushanwa ririmo amakipe atandatu (6) arimo; AS Kigali, APR FC, FC Marines, Etincelles FC, Kabasha FC na Virunga FC.

Ku munota wa 82' nibwo Ally Niyonzima yinjije iyi penaliti ku ikosa ryakorewe kuri Ndarusanze Jean Claude mu rubuga rw'amahina ya FC Marines.

Abakinnyi ba FC Marines bareba niba Ally Niyonzima abatashya

Abakinnyi ba FC Marines bareba niba Ally Niyonzima abatashya

Ngandu Omar 2, Ally Niyonzima 41 na Mbaraga Jimmy 16 bishimira igitego

Ngandu Omar 2, Ally Niyonzima 41 na Mbaraga Jimmy 16 bishimira igitego cyabagejeje muri 1/2

82':AS KIgali 1-0 FC Marines (Ally Niyonzima, penliti)

Eric Nshimiyimana Umutoza mukuru wa AS Kigali yakoze ibitari byitezwe, mu bakinnyi bashya muri iyi kipe Ngama Emmanuel ni we wenyine wabanje mu kibuga mu bakinnyi 11 yitabaje.

Abakinnyi barimo; Savio Nshuti Dominique, Ngandu Omar, Ally Niyonzima, Hategekimana Bonheur (GK), Frank Kalanda na Ndarusanze Jean Claude bose bari ku ntebe y’abasimbura.

Nyuma y’igice cya mbere, Eric Nshimiyimana yakuyemo; Ndahinduka Michel, Ndayisaba Hamidou, Ntwali Evode, Iradukunda Eric yinjiza Ishimwe Kevin, Mbaraga Jimmy, Ndarusanze Jean Cluade  na Savio Nshuti Dominique.

Ku ruhande rwa FC Marines, Iradukunda Hadji 12 yasimbuwe na Rulisa Jean Paul wavuye muri Sunrise FC.

Eric Nshimiyimana amaze kubona ko ikipe ye yabuze ahava igitego, yafashe umwanzuro wo kwinjiza Ally Niyonzima na Ngandu Omar akuramo Tubane James na Murengezi Rodrigue.

AS Kigali yakomeje kugongwa n’abana ba FC Marines bafite umupira mwinshi ku kirenge ariko bakabura ikintu cyo kurangiriza mu izamu.

Ku munota wa 81’ Ndarusanze Jean Claude yatezwe na Usanase Francois biba ngombwa ko umusifuzi atanga penaliti yatsinzwe neza na Ally Niyonzima ku munota wa 82’ w’umukino.

Mu mikino ya 1/2 cy'irangiza, AS Kigali izahura n'ikipe izaba yaratsinzwe bidakabije (Best Looser).

11 babanje mu kibuga:

AS Kigali XI: Bate Shamiru (GK,99), Kayumba Soter (C-15), Bishira Latif (5), Tubane James 6, Iradukunda Eric Radu 4, Ndayisaba Hamidou 8, Murengezi Rodrigue 7, Ngama Emmanuel 3, Ntwali Evode 11, Ndahinduka Michel 14 na Nsabimana Eric Zidane 10.

FC Marines XI: Dukuzeyezu Pascal (GK, 27), Nsabimana Hussein Desailly (C-4), Nizeyimana Omar 3, Karema Eric 13, Runanira Hamza 15, Bizimungu Omar 6, Iradukunda Hajy 12, Niyonkuru Aboubakar 14, Bahame Alafat 9, Niyonkuru Ramadhan 10 na Kalisa Hamri 7.

Rwasamanzi Yves (iburyo) na Cpt Hakizimana Godefroid (Ibumoso) Umunyamabanga wa FC Marines

Rwasamanzi Yves (iburyo) na Cpt Hakizimana Godefroid (Ibumoso) Umunyamabanga wa FC Marines

Rwasamanzi Yves wari umutoza wungirije muri APR FC kuri ubu ari mu karere ka Rubavu aho aje gusinya amasezerano yo gutoza FC Marines kuri ubu idafite umutoza mukuru nyuma y'aho Nduhirabandi Abdoulkalim agendeye.

AS Kigali bishushya

AS Kigali bishushya

Shamiru Bate (iburyo) na Hategekimana Bonheur (Ibumoso)

Shamiru Bate (iburyo) na Hategekimana Bonheur (Ibumoso)

Shamiru Bate yitoza

Shamiru Bate yitoza 

Ngandu Omar umukinnyi wa AS Kigali

Ngandu Omar umukinnyi wa AS Kigali

Myugariro Bishira Latif

Myugariro Bishira Latif

Nzunga Thierry kun kibuga cya sitade Umuganda

Nzunga Thierry ku kibuga cya sitade Umuganda 

Basubiza intebe y'abasimbura mu mwanya

Basubiza intebe y'abasimbura mu mwanya 

fc Marines  bishyushya

Fc Marines  bishyushya

Hategekimana Bonheur wahoze muri SC Kiyovu ubu ni umunyezamu wa AS Kigali

Hategekimana Bonheur wahoze muri SC Kiyovu ubu ni umunyezamu wa AS Kigali

Abafana

Abafana

Abakinnyi ba AS Kigali bishyushya

Abakinnyi ba AS Kigali bishyushya 

Higiro Thomas umutoza w'abazamu mu ikipe y'iguhugu Amavubi na AS Kigali

Higiro Thomas umutoza w'abazamu mu ikipe y'igihugu Amavubi na AS Kigali

Hategekimana Bonheur

Hategekimana Bonheur

Shamiru Bate

Shamiru Bate

Mbaraga Jimmy asuhuza Cpt Hakizimana Godefroid wahoze amuyobora

mbaraga Jimmy

Mbaraga Jimmy asuhuza Cpt Hakizimana Godefroid wahoze amuyobora 

Savio Nshuti Dominique

Savio Nshuti Dominique

11 ba FC Marines

11 ba FC Marines

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Gooaaalll

Gooaaalll

Ngandu Omar agira inama mukuru we mbere yuko atera penaliti

Ngandu Omar agira inama mukuru we mbere yuko atera penaliti

Ally Niyonzima yiteguye neza

Ally Niyonzima yiteguye neza 

Ubwo Ndarusanze Jean Claude yari ashyizwe hasi

Ubwo Ndarusanze Jean Claude yari ashyizwe hasi

Kapiteni Kayumba Soter na Bishira Latif bakinnye iminota 90'

Kapiteni Kayumba Soter na Bishira Latif bakinnye iminota 90'

Nizeyimana Omar umwe mu bana ba FC Marines wigaragaje inyuma ku ruhande rw'ibumoso

Nizeyimana Omar umwe mu bana ba FC Marines wigaragaje inyuma ku ruhande rw'ibumoso

 Ally Niyonzima yagaragaje ikinyuranyo hagati mu kibuga

Ally Niyonzima yagaragaje ikinyuranyo hagati mu kibuga

Ally Niyonzima na Nizeyimana Omar

Ally Niyonzima na Nizeyimana Omar

Ishimwe Kevin nawe yagaragaje ko atyaye

Ishimwe Kevin (9) nawe yagaragaje ko atyaye

Mbaraga Jimmy yakinaga n'ikipe yahozemo

Mbaraga Jimmy yakinaga n'ikipe yahozemo

Nsabimana Hussein Desailly kapiteni wa FC Marines

Nsabimana Hussein Desailly kapiteni wa FC Marines

Virunga FC bishyushya mbere yo gucakirana na Kabasha FC

Virunga FC bishyushya mbere yo gucakirana na Kabasha FC

Mbarushimana Abdou bita Bekeni umutoza mukuru wa Virunga FC

Mbarushimana Abdou bita Bekeni umutoza mukuru wa Virunga FC

Abafana baragenda biyongera

Abafana baragenda biyongera

AMAFOTO: Saddam MIHIGO-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND