RFL
Kigali

Impamvu zatumye Nizeyimana Alphonse (Ndanda) ava muri Mukura VS harimo no kuba iri mu cyaro

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:15/02/2017 13:44
3


Nizeyimana Alphone bita Ndanda umunyezamu mushya mu ikipe ya AS Kigali avuga ko kuva muri Mukura Victory Sport byatewe nuko iri mu cyaro ugereranyije n’umujyi wa Kigali AS Kigali ibarizwamo.



Aganira n’abanyamakuru Nizeyimana yavuze ko ubusanzwe Mukura VS ari ikipe nziza ariko ko igihe cyari kigeze kugira ngo agaruke mu mujyi. “Mukura ni ikipe nziza ariko AS Kigali…Nari nifuje kugaruka mu mujyi, nanze ibintu byo gukina mu ntara urumva ko nabigezeho, igisigaye ni ugukora cyane. Amakipe yose (AS Kigali na Mukura VS) ni amakipe meza nta kibazo cyazo”. Nizeyimana Alphonse Ndanda.

Nyuma yo gusinya amezi atandatu muri AS Kigali uyu musore avuga ko kuba yaranyuze mu makipe atandukanye arimo na Rayon Sports bitavuze ko atayasubiramo kuko ngo icya mbere ari ukubana n’abagukoresha neza.

“Icyo nababwira ni uko ndi mu ikipe ya AS Kigali abo mu yandi nanyuzemo byararangiye ariko uko biri kose ntibivuze ko isaha n’isaha umuntu atasubiramo, kubana neza n’abantu ni byo bya mbere. Ikipe zose (wazikinamo), ejo uva muri imwe ukajya mu yindi ibintu nk’ibyo”. Nizeyimana Alphonse.

Nizeyimana Alphonse yakinnye mu makipe nka Esperence FC, Rayon Sports, Mukura Victory Sport mbere yo kujya muri AS Kigali aho azaba afatanya na Ndoli Jean Claude ndetse na Shamiru Batte mu kazi ko mu izamu dore ko ku mukino baheruka gutsindamo Sunrise FC yari mu bakinnyi 18 umutoza Eric Nshimiyimana yari yagiriye icyizere.

Nizeyimana Alphonse

Nizeyimana Alphonse Ndanda avuga ko kuba Mukura Victory Sport iri mu ntara byatumye ayivamo

Nizeyimana Alphonse

Nizeyimana Alphonse azaba ashaka umwanya wo kubanza mu izamu risanzwe rigibwamo na Ndoli Jean Claude na mugenzi we Batte Shamiru

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 7 years ago
    Ariko uyu yakinnye umupira kurusha gushaka kugirwz umustar ni inyarwznda
  • 7 years ago
    umuswa wa mbere ni uyu ejo nubura umwanya Anita azashaka abandi bahora kuri liste
  • boss7 years ago
    man anita yaraguhenze kabxa kireka niba nta kantu uriho kuko anita ararenze kwikofi





Inyarwanda BACKGROUND