RFL
Kigali

Jimmy Mulisa yahishuye icyo yashingiyeho asezerera abakinnyi 6 mu Amavubi-AMAFOTO Y'IMYITOZO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:30/08/2016 9:49
1


Kuri uyu wa Mbere tariki 29 Kanama 2016 nibwo Mulisa Jimmy umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yafashe icyemezo cyo gusezerera abakinnyi batandatu (6) muri 29 bahamagariwe kwitabira imyitozo yo gutegura umukino u Rwanda rufitanye na Ghana kuwa 3 Nzeli 2016 i Accra muri Ghana.



Nyuma y’imyitozo yakozwe kuri uyu wa Mbere nyuma ya saa sita, umutoza Jimmy Mulisa yasobanuriye abanyamakuru impamvu nyamukuru ndetse n’ibyo yashingiyeho asezerera abo bakinnyi. Mu byo yashingiyeho bya mbere ni ubunararibonye abakinnyi bafite mu ikipe y’igihugu bituma abafite ubudahagije abasezerera.

 

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy (iburyo) yari yitabiriye imyitozo

“Narebye ku minsi bamaze bakora imyitozo ndetse nanarebye ubunararibonye bafite ngereranyije n’abandi bari kumwe muri iyi kipe (Amavubi).Ghana ni ikipe nziza ishobora no gukoresha abakinnyi bakina imbere kandi igakina neza.Twe turapanga ibintu byacu uko bisabwa hanyuma tuzakine ntabindi.Nyuma yo kuba twarasezereye batandatu (6), abakinnyi 18 tuzabatangaza kuwa Gatatu”.

Mulisa Jimmy

Jimmy Mulisa aganira n'abanyamakuru

Jimmy Mulisa yakomeje avuga ko nubwo nta kizere ikipe ihabwa n’abantu bagiye batandukanye, ari umwanya mwiza ku bakinnyi kugira ngo bigaragarize isoko mpuzamahanga kuko umukino umwe ushobora guhindura ubuzima bw’umuntu.

Mu bakinnyi batandatu basezerewe ni; Niyonzima Olivier Sefu umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Rayon Sports, rutahizamu Habimana Yussuf wa Mukura VS, Nkezingabo Fiston (APR FC), Iradukunda Eric wa AS Kigali wari uhamagwe ku nshuro ye ya mbere, Nsabimana Aimable  (APR FC) na Hategekimana Bonheur (Kiyovu Sport) nibo basezerewe muri iyi kipe.

 Sugira Ernest

Sugira Ernest nawe yari mu ikipe akora imyitozo

Savio

Savio Nshuti Dominique

Usengimana Faustin wa APR FC

Usengimana Faustin umwe muri ba myugariro bazashingirwaho ku mukino wa Ghana

  Mugiraneza Jean Baptiste Miggy

Ndayishimiye Celestin

Ndayishimiye Celestin uzashingirwaho inyuma ku ruhande rw'ibumoso

Twizerimana Onesme

Twizerimana Onesme yagonzwe na Usengimana Faustin 

Rusheshangoga Michel

Rusheshangoga Michel yahise aza kumurwanaho aramubyutsa

Ndoli

Umunyezamu Ndoli Jean Claude

Nzarora Marcel

Umunyezamu Nzarora Marcel usanzwe aba muri Police FC

Ndayishimiye Eric Bakame

Umunyezamu Ndayishimiye Eric Bakame uzashingirwaho ku mukino wa Ghana

Usengimana Danny -Police FC

Usengimana Danny (ibumoso) na Buteera Andrew (iburyo)

Amavubi

Ndayishimiye Eric Bakame

Iyo imyitozo irangiye ntago Bakame byamubuza gusetsa bagenzi be

Amavubi

Abakinnyi baganira n'ubuyobozi bukuru bwa FERWAFA

Miggy na Kapiteni Haruna

Bakame (1), Miggy (7) na Muhadjili (14) bateze amatwi abayobozi 

Amavubi

Nzamwita

Nzamwita Vincent de Gaule (wa kabiri uturuka ibumoso) aganiriza ikipe

Ndayishimiye Eric Bakame

Ndayishimiye Eric Bakame (ibumoso), Usengimana Faustin (Hagati) na Hakizimana Muhadjili (Iburyo)

Amavubi

Nyuma ya gahunda zose habayeho umwanya w'isengesho ryatewe na Mugiraneza Jean Baptiste Miggy bityo abakinnyi basubira i Nyamata






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jojo7 years ago
    Bakame gusetsa nibye no kuva mubwana





Inyarwanda BACKGROUND