RFL
Kigali

Rayon Sports 2-1 Aspor FC: Habimana Yussuf yakiniye Rayon Sports umukino wa mbere-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:31/03/2018 7:14
0


Habimana Yussuf Nani umukinnyi ukina mu mpande z’ikibuga ugana imbere mu ikipe ya Rayon Sports n’Amavubi, kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Werurwe 2018 ni bwo yakinnye umukino wa mbere wemewe n’amategeko muri iyi kipe ibitse igikombe cya shampiyona.



Wari umukino wa 1/16 cy’irangiza muri gahunda y’imikino yo kwishyura, umukino utarabereye igihe. Rayon Sports yawutsinzemo ibitego 2-1 inasezerera Aspor FC ku giteranyo cy’ibitego 7-1 kuko umukino ubanza bayinjije ibitego 5-0.

Habimana Yussuf waguzwe muri Mukura Victory Sport nyuma y’umwaka w’imikino 2016-2017, yageze muri Rayon Sports atangira gukora imyitozo ikakaye yitegurana n’abandi umwaka w’imikino 2017-2018.

Gusa tariki ya 4 Nzeli 2017 ni bwo yagize ikibazo cy’imvune y’igupfwa ry’akaguru (umurundi) k'ibumoso, bituma abaganga basuzuma basanga agomba kubagwa ndetse akazamara igihe kingana n’amezi atari munsi y’atatu ari hanze y’ikibuga.

Kuva icyo agihe agira ikibazo cy’imvune ikanganye, Habimana Yussuf Nani yari amaze amezi atandatu n’iminsi 26 ategerejwe mu kibuga cy’ikipe ya Rayon Sports ihanganye n’indi kipe. Kuri uyu wa Gatanu yaje mu kibuga asimbuye Mugisha Francois Master nawe wongeye kuvunika.

Nyuma y’umukino, Habimana Yussuf yabwiye abanyamakuru ko yishimiye kuba yagarutse mu kibuga kandi yizeye ko Imana izamufasha agakomeza kuba amahoro agafasha ikipe ya Rayon Sports mu marushanwa yose irimo. Gusa kuri we ngo biramusaba imbaraga nyinshi. Habimana Yussuf yagize ati:

Ni ibyishimo kuri njye kuko kuva nagera muri Rayon Sports sinigeze ngira amahirwe yo gukina imikino yo gushaka amanota. Ubu rero navuga ko ari umwanya wo gukora cyane kugira ngo ndebe ko mu minsi iri imbere naba nabonye umwanya uhagije mu ikipe. Mfite akazi katoroshye kuko ngomba no kugabanya ibiro. Gusa byose ni ugusenga cyane kugira ngo umuntu abe ari muzima kugira ngo ugere ku byo wifuza mu buzima.

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Swaibu umutoza wungirije muri Aspor FC

Swaibu umutoza wungirije muri Aspor FC

Habimana Yussuf Nani yari yabanje ku ntebe y'abasimbura

Habimana Yussuf Nani yari yabanje ku ntebe y'abasimbura 

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga

Habimana Yussuf wageze muri Rayon Sports agatangirana imyitozo na Olivier Karekezi, avuga ko kuba kuri ubu batozwa na Ivan Minaert nta kibazo afite kuko yamutoje muri Mukura Victory Sport kandi bakoranaga neza.

Ubwo Habimana yari agiye kwishyushya ngo ajye mu kibuga

Ubwo Habimana yari agiye kwishyushya ngo ajye mu kibuga 

Habimana Yussuf atangiye kwishyushya

Habimana Yussuf atangiye kwishyushya

Habimana Yussuf atangiye kwishyushya 

Habimana Yussuf Nani atera koruneri

Habimana Yussuf Nani atera koruneri

Habimana Yuusf (14) imbere ya Ntakirutimana Jean de Dieu (12) wa Aspor FC

Habimana Yuusf (14) imbere ya Ntakirutimana Jean de Dieu (12) wa Aspor FC

Habimana azamukana umupira

Habimana azamukana umupira 

Habimana Yussuf 14

Habimana Yussuf atera umupira ugana hafi y'izamu

Habimana Yussuf atera umupira ugana hafi y'izamu 

Bimenyimana Bonfils Caleb niwe watsinze ibitego bya Rayon Sports

Bimenyimana Bonfils Caleb ni we watsinze ibitego bya Rayon Sports 

Shaban Hussein Tchabalala (11), Nahimana Shassir (10) bashimira Bimenyimana Bonfils Caleb bavuka mu gihugu kimwe (Burundi)

Shaban Hussein Tchabalala (11), Nahimana Shassir (10) bashimira Bimenyimana Bonfils Caleb bavuka mu gihugu kimwe (Burundi)

Abasimbura ba Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports 

Nyandwi Saddam amaze kugarura ubuyanja nyuma y'igenda rya Karekezi Olivier

Nyandwi Saddam amaze kugarura ubuyanja nyuma y'igenda rya Karekezi Olivier 

Uva iburyo: Manishimwe Djabel (Azatangira imyitozo kuwa Mbere), Irambona Eric Gisa (Hagati) na Ismaila Diarra (wambaye umutuku) bari bahawe akaruhuko

Uva iburyo: Manishimwe Djabel (Azatangira imyitozo kuwa Mbere), Irambona Eric Gisa (Hagati) na Ismaila Diarra (wambaye umutuku) bari bahawe akaruhuko

Abafana ba Rayon Sports bishimira igitego

Abafana ba Rayon Sports bishimira igitego

Abakinnyi ba Rayon Sports bashimira abafana muri ubu buryo

 Abakinnyi ba Rayon Sports bashimira abafana muri ubu buryo

Shaban Hussein Tchabalala (11) yari yaje mu kibuga gusa naho yitoreza kuri Aspor FC

Shaban Hussein Tchabalala (11) yari yaje mu kibuga gusa naho yitoreza kuri Aspor FC

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi b'umukino

Abasifuzi b'umukino barimo na Mukansanga Swalha umwe mu basifuzi mpuzamahamga u Rwanda rugenderaho

Rwibutso Claver umutoza wa ASPOR FC

Rwibutso Claver umutoza wa ASPOR FC 

11 ba ASPOR FC babanje mu kibuga

11 ba ASPOR FC babanje mu kibuga 

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Ntwali Clement umunyezamu wa Ajspor FC yaje kugira ikibazo mu ivi asimburwa ba mugenzi we Nshimyumuremyi Emmanuel

Ntwali Clement umunyezamu wa Ajspor FC yaje kugira ikibazo mu ivi asimburwa ba mugenzi we Nshimyumuremyi Emmanuel

Umuganga wa Rayon Sports avura umunyezamu wa Aspor FC

Umuganga wa Rayon Sports avura umunyezamu wa Aspor FC

Christ Mbondy nawe yari yabanjemo ariko asimburwa ba Bimenyimana Bonfils Caleb

Christ Mbondy nawe yari yabanjemo ariko asimburwa ba Bimenyimana Bonfils Caleb

Mugisha Gilbert bita Barafinda yakinnye iminota 90'

Mugisha Gilbert bita Barafinda yakinnye iminota 90'

Mugisha Gilbert bita Barafinda yakinnye iminota 90'

Yannick Mukunzi ahanganye na Rene Isaro Umutijima kapiteni wa Aspor FC

Yannick Mukunzi ahanganye na Rene Isaro Umutijima kapiteni wa Aspor FC

Shaban Hussein Tchabalala ategwa n'abana ba Aspor FC

Shaban Hussein Tchabalala ategwa n'abana ba Aspor FC

Nahimana Shassir yari yagarutse

Nahimana Shassir yari yagarutse

Umutijima Isaro Rene Patrick (13) kapiteni wa Aspor FC ahanganye na Christ Mbondy

Umutijima Isaro Rene Patrick (13) kapiteni wa Aspor FC ahanganye na Christ Mbondy

Lomami Marcel (Ibumoso) Ivan Minaert (hagati) na Nkunzingoma Ramadha (iburyo)

Lomami Marcel (Ibumoso) Ivan Minaert (hagati) na Nkunzingoma Ramadha (iburyo)

Hategekimana Patrick (6) afunga inzira ya Nyandwi Saddam

Hategekimana Patrick (6) afunga inzira ya Nyandwi Saddam

Rwibutso Claver umutoza wa ASPOR FC aha amabwiriza Gasana Elvis (11)

Rwibutso Claver umutoza wa ASPOR FC aha amabwiriza Gasana Elvis(11)

Agaciro Football Academy nibo bakoze igikorwa cyo gutoragura imipira (Ball Boys)

Agaciro Football Academy ni bo bakoze igikorwa cyo gutoragura imipira (Ball Boys)

Bimenyimana Bonfils yimwa inzira

Bimenyimana Bonfils yimwa inzira 

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports 

Abasesenguzi bumvaga ko Ndsayisenga Kassim yakina uyu mukino ari mu izamu ariko iminota 90' yarinze irangira atanishyuhije

Abasesenguzi bumvaga ko Ndayisenga Kassim yakina uyu mukino ari mu izamu ariko iminota 90' yarinze irangira atanishyuhije kuko Ndayishimiye Eric Bakame yari ameze neza mu izamu 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND