RFL
Kigali

FC Zanaco igomba kwakirwa na APR FC ntiyishimiye ikibuga yahawe cyo gukoreraho imyitozo

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:17/02/2017 10:24
7


FC Zanaco ikipe yo muri Zambia kuri ubu iri mu Rwanda aho yaje gusura APR FC mu mukino wo kwishyura mu riushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, ntiyishimiye ikibuga yahawe cyo gukoreraho imyitozo mbere yo kuba yakorera muri sitade Amahoro nk'uko amategeko ya CAF abiteganya.



Ubwo FC Zanaco yari igeze i Kigali abakinnyi bamaze kuruhuka bajyanwe ku kibuga cy’imyitozo kiri inyuma ya sitade Amahoro, ikibuga cyubatswe hitegurwa imikino ya CHAN2016. Gusa amagambo ya Numba Mumamba umutoza w’iyi kipe yabwiye urubuga rwabo avuga  ko yatunguwe n’ubwoko bw’ikibuga yagenewe ngo ashyireho abakinnyi bakore imyitozo.

“Ikibuga cy’imyitozo twahawe ntabwo ari cyiza na gato , twahisemo kureba ubundi buryo twakoramo imyitozo twirinda ko twapfusha ubusa umunsi muri gahunda yacu. Twakoze byinshi mu rugo mu bijyanye n’imyiteguro twasabwaga gusa reka ntitwiyibagize ko turi hano (Kigali) tuje gutsinda”. Numba Mumamba umutoza mukuru wa FC Zanaco.

Ibi yabitangaje nyuma yaho ku rukuta rwa Facebook rw’iyi kipe hagaragayeho ifoto y’ikibuga kiri inyuma ya sitade Amahoro iherekejwe n’amagambo agaragaza ko batishimiye uko ikibuga bahawe kimeze.

FC Zanaco ni ikipe yubashywe muri Zambia nyuma yo kuba ifite ibikombe birndwi (7) bya shampiyona , ikaba yinubiye ikibuga yasanze i Remera bagahitamo kwitoreza inyuma y’izamu.

Iyi kipe y’Abanyamabanki bo muri Zambia izacakirana na APR FC kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare 2017 kuri sitade Amahoro nyuma yo kuba umukino ubanza amakipe yombi yaraguye miswi akanganya 0-0. Kwinjira kuri uyu mukino ni 1000 FRW, 2000 FRW, 3000 FRW, 5000 FRW na 10.000 FRW.

iboygyuyifi7tf65dr6d6tdutfytfjtf

Kamwe mu duce tw'ikibuga cy'imyitozo cyahawe FC Zanaco

ihuhuhuihriufgrhfvegwekgbv

FC Zanaco yasanze ikibuga kiri inyuma ya sitade Amahoro kitaberanye na gahunda za CAF

nthnnnnnnn4rr3e

FC Zanaco yakoreye imyitozo ku gace gato k'ikibuga

 bgyvyulvvvvgvhh

Imyobo yazanwe n'imiswa

hghgn jyns gki7trvwrgt4rsr4d4

Bakoreye imyitozo inyuma y'izamu

 hghgjfherfiurh

FC Zanaco mu myitozo yoroheje

bthntnrgtyg

FC Zanaco iheruka kunganya na APR FC 0-0

APR FC

FC Zanaco ntiyishimiye ikibuga yateguriwe na APR FC






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • sam7 years ago
    iyi kipe ifite impamvu zumvikana rwose zo kwanga iki kibuga. ubusanzwe Abanyarwanda tuzwiho kwihesha agaciro ariko ibyo bakoreye iyi kipe biragayitse rwose. iki ntabwo ari ikibuga ni umugina
  • Marie Merci7 years ago
    Ibi bintu APR yakoze biteye isoni kndi bizayitera umwaku.Ntibanatekerezako bagenzi babo bafite umubiri nk'uwabo?Banduje isura yacu mu kwakira abashyitsi
  • Rubyogo7 years ago
    Ariko nanjye nabyumvise bivugwa numva ko arugukabya, none ndabyiboneye gusa birababaje , uku nukutwambika isura mbi, kandi turi igihugu cyintangarugero.
  • Aimee7 years ago
    Ariko c bavandimwe ibi birakwiye koko? Bye ndumiwe pe mbesga APR no abarozi gusa na Ferwafa Si shyashya ese iyo babona Ikipe ihabwa ikibuga nkiki koko,nyamara bo baranze ikibuga CYA Gicumbi amezi namezi, bakanga icya Pipiniere kandi ari ibibuga byari kuberaho championant locale, bibaza Iki??? ahaaaaaaa nibavuga NGO bavuze nabi muteteri!!!!!! APR we uri ntamika koko atiko siko bizahora,mumenyeko Imana yarebye uburetwa abanya Israel Bari babayemo muri Egypte igakora umurimo. twihangane gato.
  • di7 years ago
    Ariko namwe murasetsa koko! Ntamika itange ikibuga ngo bacyitorezeho bayicire umuti? ngo umupfumu yababwiye ko bazatsinda kimwe kubusa. bakasezerera Zanako. nyamara ntibaziko batumye igira umujinya ejo izabagira (Wagadi) habona
  • straton7 years ago
    ariko abafanaba gasenyi mwabayemute? ntimujya mubura injury kuriAPR twizeye kuzatsinda namwe tubatsinze3 kose mugabanye amagambo
  • Theoneste7 years ago
    Ibi birababaje pe? ariko APR imenyeko yangije izinaryayo ndetseniryigihugu kandi abanyarwanda tugomba kwihesha agacyiro gusa ejo zanco Imana izayihorera





Inyarwanda BACKGROUND