Kuva kuwa 26 kugeza kuwa 30 Nzeli 2018 haraba hakinwa irushanwa mpuzamahanga ryo kuzenguruka ibice by’igihugu cya Cameroun, Grand Prix Chantal Biya 2018 irushanwa rigiye kuba ku nshuro yaryo ya 18. Abakinnyi batanu b’u Rwanda bazitabira iri siganwa bamaze guhamagarwa.
Irushanwa rifitwe na Clovis Kamzong n’ubundi ukomoka muri Cameroun waritwaye mu 2017, rizitabirwa n’abakinnyi batanu (5) barimo Nsengimana Jean Bosco, Nsengimana Jean Bosco, Rugamba Janvier, Uwiduhaye na Manizabo Eric.
Biteganyijwe ko ikipe y’igihugu (Team Rwanda) izahaguruka mu Rwanda kuwa 24 Nzeli 2018 igana muri Cameroun kwitabira Grand Prix Chantal Biya 2018 irushanwa rizitabirwa n’amakipe icumi (10) rikaba rigizwe n’uduce dutanu (5 Stages).
Sempoma Felix niwe uzaba atoza ikipe y'u Rwanda muri Grand Prix Chantal Biya 2018
Uduce Grand Prix Chantal Biya 2018 izanyuramo:
Etape 1: Douala – Douala, 92 km
Etape 2: Yaounde-Nanga-Eboko, 152 km
Etape 3: Yaounde – Ebolowa, 151 km
Etape 4: Samgmelima – Meyomessala, 134 km
Etape 5: Sangmelima – Yaounde, 170 km
TANGA IGITECYEREZO