RFL
Kigali

CHAN 2018: Nigeria ntabwo biri buyorohere-Ndayishimiye Eric Bakame

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:15/01/2018 10:11
3


Ikipe y’igihugu y’u Rwanda iramanuka mu kibuga saa tatu n’igice z’umugoroba ku masaha ya Kigali (21h30’) biraba ari saa moya n’igice ku masaha y’i Tangier muri Maroc (19h30’), baraba bahatana na Nigeria mu mukino wabo wa mbere wo mu itsinda rya Gatatu (C) ry’irushanwa rya CHAN 2018.



Ndayishimiye Eric Bakame kapiteni w’Amavubi y’abakina imbere mu gihugu, avuga ko akurikije imyiteguro bagize kuva mu Rwanda, Tunisia na Maroc ari impamba nziza iri buze kubafasha gukura amanota atatu kuri Nigeria yita ikipe nkuru kandi ngo nubwo yabatsinda bitaza kuba ari ibintu byoroshye. Ndayishimiye Eric Bakame yagize ati:

Nkurikije uburyo twateguye iri rushanwa cyangwa imyiteguro yose twagize yaba mu gihugu cya Tunisia kugera Maroc..Nubwo ubona ko ikirere kitameze neza ariko intego yacu ya mbere ni ugushaka amanota atatu y’umunsi kuko ni yo agomba kutwinjiza mu irushanwa kuko navuga ko intangiriro yacu ari umukino wa Nigeria kandi nkurikije uburyo twakaniye imbere ya Nigeria ntabwo bizayorohera.

Antoine Hey John Paul nk’umutoza mukuru we yashimye impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), ashima uburyo Maroc yateguye buri kimwe kugira ngo amakipe abone uburyo bwiza bwo kwitegura irushanwa. Uyu mutoza avuga ko nta kindi abura ngo atsinde Nigeria.

Dore abakinnyi bashobora kubanza mu kibuga:

Ndayishimiye Eric Bakame (GK, C, 1), Manzi Thierry 17, Usengimana Faustin 15, Eric Rutanga Alba 20, Iradukunda Eric Radou 14, Yannick Mukunzi 6, Bizimana Djihad 4, Manishimwe Djabel 2, Mubumbyi Bernabe 21 na Biramahire 7.

Higiro Thomas aganiriza abanyezamu

Higiro Thomas aganiriza abanyezamu 

Usengimana Faustin (Ibumoso) na Rugwiro Herve (iburyo) mu myitozo ya nyuma kuri iki Cyumweru

Usengimana Faustin (Ibumoso) na Rugwiro Herve (iburyo) mu myitozo ya nyuma kuri iki Cyumweru

Biramahire Abeddy 7 arabanza mu kibuga

Biramahire Abeddy 7 arabanza mu kibuga 

Nzamwita Vincent de Gaule (Ibumoso) perezida wa FERWAFA agera ari kumwe na Rutamu Patric (iburyo) umuganga w'ikipe

Nzamwita Vincent de Gaule (Ibumoso) perezida wa FERWAFA ari kumwe na Rutamu Patric (iburyo) umuganga w'ikipe i Tanger

Nshuti Dominique savio agenzura umupira imbere ya Manishimwe Djabel

Nshuti Dominique Savio agenzura umupira imbere ya Mubumbyi Bernabe 

Mico Justin acenga Usengimana Faustin mu myitozo

Mico Justin acenga Usengimana Faustin mu myitozo

Ombolenga Fitina ashaka gucenga Niyonzima Ally , ERic Rutanga na Nshuti Dominique Savio nabo bari aho hafi

Ombolenga Fitina ashaka gucenga Niyonzima Ally, Eric Rutanga na Nshuti Dominique Savio nabo bari aho hafi

Amavubi

Dore uko bashobora kuza guhagarara mu kibuga

AMAFOTO: FERWAFA MEDIA DEPARTMENT






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Neric6 years ago
    Ndashimira Hey cyane kubera ko yivugiye ko ntacyo yabuze Ubwo nahamukanya ku kibuga tubitezeho itsinzi.
  • turner6 years ago
    Sawa tuzaba tureba!!
  • 6 years ago
    Bararukubita





Inyarwanda BACKGROUND