RFL
Kigali

CEACAFA WOMEN 2018: Ibihugu bizahatana byahuriye mu nama ya tekinike yarima Nicolas Musonye

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:18/07/2018 15:10
0


Guhera saa tanu z’amanywa ku masaha ya Kigali (11h00’) ku biro bikuru by’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) i Remera habereye inama ivuga kuri buri kimwe cyose kigendanye n’imikino ya CECAFA y’ibihugu mu cyiciro cy’abali n’abategarugoli igomba kubera mu Rwanda.



Ni imikino igomba gutangira kuri uyu wa Kane tariki 19 Nyakanga 2018 ikazarangira kuwa 27 Nyakanga 2018 hakinwe imikino icumi (10) muri rusange hagati y’ibihugu bitanu. Muri iyi nama, Nicolas Musonye umuyobozi mukuru w’impuzamashyirahamwe yo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba no hagati (CECAFA) atangiza iyi nama yavuze ko igihe kigeze ngo abanyamuryango ba CECAFA bahaguruke bafatane urunana muri gahunda y’itera mbere ry’umupira w’abagore.

Musonye kandi avuga ko muri iri rushanwa ashaka ko abantu bose bireba bagomba gufatanyiriza hamwe kugira ngo igikorwa kizagende neza. “Uyu ni umwanya mwiza ku mupira w’abagore n’abanyamuryango bacu muri rusange. Muri iri rushanwa turasabwa gushyira hamwe kuko ntabwo nifuza umuntu uzumva ko ari umuyobozi imbere y’abandi ku buryo atafatanya n’abandi ahakenewe imbaraga. Iri ni irushanwa ryacu tugomba guhurizamo imbaraga kugira ngo rigere ku ntego”. Nicolas Musonye

Nicolas Musonye umuyobozi wa CECAFA

Nicolas Musonye umuyobozi wa CECAFA

Nicolas Musonye umuyobozi wa CECAFA mu nama ya tekinike 

Doris Petra umunyakenyakazi akaba n’umuyobozi w’iri rushanwa rigiye kubera mu Rwanda, yavuze ko abagore n’abakobwa ubwabo aribo bagomba guhaguruka bagaharanira iterambere ry’umupira wabo kuko ngo nta wundi uzava ahandi aje kubibutsa ko bagomba gutera imbere.

“Mugomba kumenya ko iri irushanwa ryatewe inkunga na FIFA ku busabe bwa CECAFA. Icyo nshaka kubabwira, ndahamagarira abagore kugira ngo bahaguruke bashikame ku iterambere ry’umupira wabo banashinge amakipe, iwacu muri Kenya dufite amakipe 12 akina icyiciro cya mbere ariko yose ayoborwa n’abagore, mu cyiciro cya kabiri ni gutyo bimeze. Bityo rero mushyiremo imbaraga tuzamuke tube nk’ibindi bihugu”. Doris Petra

Doris Petra umuyobozi mukuru w'irushanwa

Doris Petra umuyobozi mukuru w'irushanwa rigiye kubera mu Rwanda

Muri iyi nama kandi amakipe yahawe gahunda zimwe na zimwe zizayagenga muri iri rushanwa harimo ko; ikipe izajya igera kuri sitade ya Kigali habura isaha imwe n’igice ngo umukino wayo utangire igatangira kwishyushya habura iminota 50’ ariko ikaza kwihanangirizwa cyangwa ikibutswa ko igomba kurangiza habura iminota 15’ ngo umukino utangire, ibibuga by’imyitozo ni stade Mumena na Kicukiro.

Abasimbura benda kujya mu kibuga bazajya bishyuhiriza hafi y’izamu umunyezamu wabo arimo, nyuma y’umukino abakinnyi barasabwa guhana ikiganza bakanasuhuza abasifuzi muri gahunda yo kwimakaza umuco w’ubworoherane (Fair Play). Umukinnyi uzajya ahabwa ikarita y’umutuku cyangwa akaba yujuje amakarita abiri y’umuhondo , azajya asiba umukino ukurikira. Nyuma yaho ni bwo habayeho gahunda yo kwerekana amabara y’imyenda buri gihugu kizakoresha.

Ethipian Team Nurse

Ibihugu bizaba bihatana harimo na Ethiopia

Ethipian Team Nurse

Ibihugu bizaba bihatana harimo na Ethiopia 

Kenya

Kenya

Tanzania

Tanzania

Dr.Hakizimana Moussa

Dr.Hakizimana Moussa 

Hadija ushinzwe ibikoresha by'ikipe y'igihugu y'u Rwanda (Kit Manager)

Hadija ushinzwe ibikoresha by'ikipe y'igihugu y'u Rwanda (Kit Manager)

Hadija ushinzwe ibikoresha by'ikipe y'igihugu y'u Rwanda (Kit Manager) mu kwerekana imyenda izakoreshwa 

Kenya berekana imyenda bazakoresha

ferwaba

Kenya berekana imyenda bazakoresha

Tanzania berekana imyenda bazambara

Tanzania berekana imyenda bazambara 

Uganda berekana imyenda izaba ibaranga

Uganda berekana imyenda izaba ibaranga 

Imikino ya CECAFA igomba kubera mu Rwanda guhera kuri uyu wa Kane tariki 19 Nyakanga 2018, izatangizwa n’umukino uzahuza Kenya na Uganda saa munani (14h00’) kuri sitade ya Kigali izakira irushanwa ryose. Umukino ukurikira, u Rwanda ruzakira Tanzania saa kumi n’iminota 15 (16h15’).

Dore gahunda y’imikino:

Kuwa Kane tariki 19 Nyakanga 2018

-Kenya vs Uganda (Stade de Kigali, 14h00’)

-Rwanda vs Tanzania (Stade de Kigali, 16h15’)

Kuwa Gatandatu tariki 21 Nyakanga 2018

-Ethiopia vs Uganda (Stade de Kigali, 14h00’)

-Kenya vs Tanzania (Stade de Kigali, 16h15’)

Kuwa Mbere tariki 23 Nyakanga 2018

-Uganda vs Tanzania (Stade de Kigali, 14h00’)

-Rwanda vs Ethiopia (Stade de Kigali, 16h15’)

Kuwa Gatatu tariki 25 Nyakanga 2018

-Kenya vs Ethiopia (Stade de Kigali, 14h00’)

-Uganda vs Rwanda (Stade de Kigali, 16h15’)

Kuwa Gatanu tariki 27 Nyakanga 2018

-Ethiopia vs Tanzania (Stade de Kigali, 14h00’)

-Rwanda vs Kenya (Stade de Kigali, 16h15’)

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND