RFL
Kigali

Abitabiriye CAR FREE DAY itangira 2018 batashye babwiwe ko izajya iba kabiri mu kwezi-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:7/01/2018 18:27
0


Kuri iki Cyumweru tariki ya 7 Mutarama 2018 ni bwo habaga siporo rusange ikorwa imihanda migari y’umujyi wa Kigali izira ibinyabiziga (Car Free Day), siporo rusange imaze kuba umuco ku batuye mu nkengero n’umujyi wa Kigali. Nyuma y’ubusabe bwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, iyi siporo izajya iba inshuro ebyiri mu kwezi.



Iki gikorwa cyari ngaruka kwezi kuva mu ntangiriro za 2017, kigiye kujya kiba mu cyumweru cya mbere cy’ukwezi n’icya gatatu cyako muri gahunda yo kugira ngo abanyarwanda bakomeze bagire ubuzima buzira umuze biciye muri siporo rusange.

Car Free Day iheruka yitabiriwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ndetse abayitabiriye bagize amahirwe yo kumubona kuko yanipimishije indwara zitandura kuko ari serivisi zitangwa ku muntu wese ubyifuza uba witabiriye iyi siporo.

Nyuma yo kubona ko ari gahunda nziza, perezida wa Repubulika yasabye ko byaba byiza kurushaho mu gihe iyi siporo yajya ikorwa kabiri mu kwezi nk’uko Nyamurinda Pascal uyobora umujyi wa Kigali yabihamirije abanyamakuru.

Mu magambo ye yagize ati” Umukuru w’igihugu, perezida wa Repubulika yatwemereye ko iyi siporo twajya tuyikora kabiri mu kwezi , ni ukuvuga ngo buri byumweru bibiri tuzajya tuyikora. Izo ni imbaraga zatuma igikorwa kirushaho gukomera”.

Iyi siporo itangira mu masaha y’igitondo abantu biruka bagana ku biro bikuru by’ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) nyuma bamara kuhagera bagahabwa amabwiriza bagenderaho bagorora ingingo banakomza imikaya.

Kigali

Kigali

Abanyakigali bagana kuri Rwanda Revenue Authority

Kigali

Abanyakigali bagana kuri Rwanda Revenue Authority 

Uyu we yahisemo kujyana n'itungo rye

Uyu we yahisemo kujyana n'itungo rye 

Binjira neza

Binjira neza 

Kubera ko baba bakoze urugendo biruka barabanza bakagorora ingingo

Kubera ko baba bakoze urugendo biruka barabanza bakagorora ingingo

Abana basanzwe bakorera siporo muri "Children and Youth Sports Organisation" ya Mukasa Nelson (Umutoza wa Car Free Day) bakorera siporo mu mwanya wabo

Kigali

Abana basanzwe bakorera siporo muri "Children and Youth Sports Organisation" ya Mukasa Nelson (Umutoza wa Car Free Day) bakorera siporo mu mwanya wabo

Gikundiro Forever itsinda ry'abafana ba Rayon Sports

Gikundiro Forever changed their name to Amavubi Forever

Gikundiro Forever itsinda ry'abafana ba Rayon Sports 

Gikundiro Forever changed their name to Amavubi Forever

MTN Rwanda umwe mu baterankunga ba Car Free Day

MTN Rwanda umwe mu baterankunga ba Car Free Day 

Abitabiriye bakurikiza amabwiriza ya Mukasa Nelson uba ubari imbere

Kigali

Mukasa Nelson niwe washinze ikitwa "Children and Youth Sport Organization" umuryango ufasha abana gukora siporo buri munsi

Mukasa Nelson ahabwa ashyikirizwa igihembo na Mary uba mu  nteko ishingamategeko ya DR Congo

Abitabiriye bakurikiza amabwiriza ya Mukasa Nelson uba ubari imbere

Nyamurinda Pascal umuyobozi w'umujyi wa Kigali

Nyamurinda Pascal umuyobozi w'umujyi wa Kigali yabwiye abaturage ko Car Free Day izajya iba kabiri mu kwezi 

Abali n'abategarugoli baba babucyereye

Abali n'abategarugoli baba babucyereye 

Abana n'abakuru bagaragaza ubushake barahembwa

Abana n'abakuru bagaragaza ubushake barahembwa 

Ntigengwa John umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'umuco na Siporo

Ntigengwa John umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'umuco na Siporo

Rusimbi Charles ukuriye urubyiruko mu mujyi wa Kigali

Rusimbi ukuriye urubyiruko mu mujyi wa Kigali

Umutegarugoli wambewe uko yitwaye ubushize

Umutegarugoli wahembewe uko yitwaye ubushize

Nyamurinda Pascal umuyobozi w'umujyi wa Kigali aganira n'abanyamakuru

Nyamurinda Pascal umuyobozi w'umujyi wa Kigali aganira n'abanyamakuru nyuma ya Car Free Day

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND