RFL
Kigali

Car Free Day: Amafoto yaranze siporo rusange yitabiriwe na Min.Uwacu Julienne

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:3/10/2017 9:50
0


Buri ku Cyumweru cya mbere cy’ukwezi, mu Rwanda cyane mu mujyi wa Kigali muri icyo gitondo nta modoka cyangwa ipikipiki iba ihita mu mihanda yo mu mujyi rwa gati (Car Free Day) kuko abatuye izo nce baba bazindukiye muri siporo rusange ibafasha kubungabunga ubuzima buzira indwara ziterwa no kudakora siporo.



Kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Ukwakira 2017, iki gikorwa cyari kigeze ku munsi wacyo wa cyenda (9) kuva cyatangizwa mu ntangiriro za 2017. Ubwo Car Free Day Sport yabaga ku nshuro yayo ya cyenda, Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne na mugenzi we uyobora Minisiteri y’ubuzima Dr.Diane Gashumba bari bazindukanye n’abatuye Kigali bakorana siporo rusange.

Minisitiri w'umuco na Siporo Uwacu Julienne agorora ingingo

Minisitiri w'umuco na Siporo Uwacu Julienne agorora ingingo

Minisitiri w'ubuzima Dr.Diane Gashumba (Wambaye ingofero) nawe yari muri siporo rusange

Minisitiri w'ubuzima Dr.Diane Gashumba (Wambaye ingofero) nawe yari muri siporo rusange

Ni siporo abali n'abategurugoli bitabira cyane

Ni siporo abali n'abategurugoli bitabira cyane 

Abantu bava imihanda yose ya Kigali bagana kuri Rwanda Revenue Authority

Car free day 2017

Abantu bava imihanda yose ya Kigali bagana kuri Rwanda Revenue Authority

Nta modoka na moto wabona mu muhanda

Nta modoka na moto wabona mu muhanda

Siporo itangiye

Siporo ikurikije amabwiriza itangiye

Car free day 2017

Car free day

Mukasa Nelson umutoza wa Car Free day  niwe utanga amabwiriza

Mukasa Nelson umutoza wa Car Free day  niwe utanga amabwiriza 

Abana nabo baza ku bwinshi bazanye n'ababyeyi

Abana

Abana nabo baza ku bwinshi bazanye n'ababyeyi 

AMAFOTO: Iradukunda Dieudonne Desanjo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND