RFL
Kigali

Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwageze ku mwanya wa 68 ruzamutseho imyanya 22 ku rutonde rwa FIFA

Yanditswe na: Alphonse Mukundabantu
Taliki:18/12/2014 11:44
4


Igihugu cy’ u Rwanda cyazamutseho imyanya igera kuri 22 ku rutonde ngarukakwezi rukorwa n’ Ishyirahamwe ry’ umupira w’ amaguru ku isi FIFA rugaragaza uko amakipe y’ ibihugu ahagaze ahanini bitewe n’ uko amakipe y’ ibihugu aba yitewaye



Nk’ uko bigaragazwa n’uru rutonde, u Rwanda nicyo gihugu cyazamutse cyane kurusha ibindi byose aho rwazamutseho imyanya 22 yose kuko rwavuye ku mwanya wa 90 rwariho mu kwezi gutambutse, ibi bikaba ari ubwa mbere bibayeho mu mateka ya ruhago y’ u Rwanda dore ko byamenyerewe kenshi ko u Rwanda rwabarizwaga mu myanya yo hejuru y’100

Mu kwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2014 u Rwanda rwari ku mwanya wa 130 ku isi, ariko ubu rukaba rwageze ku mwanya wa 68 (Ugushyingo (90), Ukwakira (95), Nzeri (93), Kanama (101), Nyakanga (109), Kamena (116), Gicurasi (131), Mata (129), Werurwe (134),  Gashyantare (134), Mutarama (130)

Ahafi u Rwanda rwaherukaga kugera ni ku mwanya wa 78 hari mu mwaka wa 2008 nanone kandi u Rwanda rwigeze kuba ku mwanya w’ 178 muri Nyakanga 1999 ari nawo mwanya mubi rwagize mu mateka yarwo

Aho u Rwanda rwigeze kuzamuka cyane ni mwaka wa 2011 mu  Ukwakira aho rwazamutse imyanya igera kuri 31 naho aho rwamanutse cyane ni muri Nyakanga 2009 aho rwamanutse imyanya 17

Muri uku kwezi u Rwanda rwakinnye umukino umwe wa gicuti aho rwabashije kunganya n’ igihugu cya Maroc, uyu mukino wari wabereye mu gihugu cya Maroc

Kuva Stephen Constantine yatangira gutoza ikipe y’ igihugu y’ u Rwanda yatangiye kuzamuka ubutitsa kuri uru rutonde rukorwa n’ ishyirahamwe ry’ umpire w’ amaguru ku isi FIFA ruba rugamije kwerekana uko amakipe y’ ibihugu ahagaze mu gukomera

STEPHEN

Stephen Constantine akomeje kugeza u Rwanda ku byiza

Kuri uru rutonde amakipe y’ ibihugu 10 ya mbere ku isi ni: Germany (1), Argentina (2), Colombia (3), Belgium (4), Netherlands (5), Brazil (6), Portugal(7), France (7), Spain (9), Uruguay(10)

Muri Afurika 10 ya mbere ni: Algeria, Tunisia, Côte d'Ivoire, Senegal, Ghana, Guinea, Cape Verde Islands, Cameroon. U Rwanda rwo rurabarizwa ku mwanya wa 19 muri Afurika

Mu karere ka CECAFA u Rwanda nirwo ruyoboye ibindi bihugu byose rugakurikirwa na Uganda.

Alphonse M.PENDA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • David Musenge9 years ago
    Congs to our national team. biranshimishije cyaneeee pe. nitwakira Chan tukitwara neza tuzayobora Africa. uyumutoza ahemberwa ukuri rwose....nuko Burori yadukozeho gusa. ariko ntakundi biduhe inyigisho. Gusa very excited to my National team.
  • HABIMANA Aron9 years ago
    Mbega byiza we!!!! ntibisanzwe ndabona hari igihe tuzaza mubihugu bya mbere pe!!!!!
  • 9 years ago
    MBEGA BYIZA WE!! NTIBISANZWE PE!!!
  • Cyriaque9 years ago
    Amavubi Oye!Songa Mbere!





Inyarwanda BACKGROUND