RFL
Kigali

Bugesera FC 0-1 R.Sports: Hey yimuriwe ibyicaro kubera umuvundo w’abafana, Nzunga azamurwa mu bafana -AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:22/03/2017 20:30
2


Ku gicamunsi cy’uyu wa Gatatu ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatsindaga Bugesera FC igitego 1-0 mu mukino w’ikirarane waberaga ku kibuga cya Nyamata. Igitego cyatsinzwe na Tidiane Kone (62’) wari winjiye mu kibuga asimbuye.



Ni umukino ikipe ya Bugesera FC yatangiye iri hejuru mu gice cya mbere ku buryo byashobokaga ko yanabona igitego ariko biza kurangira mu gice cya kabiri Rayon Sports itangiye kubasatira inakinira mu rubuga rwabo, byatumye inabatsinda igitego cyarangije umukino.

Bigendanye n’umubare munini w’abafana bari kuri iki kibuga, Antoine Hey umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi wari waje kwihera ijisho uyu mukino yabanje kubura aho yakwicara yitegeye abakinnyi. Byaje kuba ngombwa ko intebe ye bayiterura bakayimushyirira ahantu yashakaga nubwo yaje kuhava naho nyuma ubwo abafana ba Rayon Sports birukanaga umwe mu bafana bitaga ko atari uwa 'Gikundiro' ngo kuko yavugaga amagambo abasenya.

Muri uyu mukino kandi, Nzunga Thierry umutoza wungirije wa Bugesera FC yazamuwe mu bafana mbere yuko banatsindwa igitego. Uyu mugabo yazize ko yagaragaje amarenga ahamya ko atishimiye icyemezo umusifuzi yari afatiye ikipe ye ku ikosa ryari rikorewe Pierrot imbere y'intebe z'abasimbura z'abatoza ba Bugesera FC.

Kuri uyu mukino kandi, Masud Djuma umutoza mukuru wa Rayon Sports yawurebaga nk’abandi bafana kuko yahanwe mu mukino uheruka ubwo yakinaga na FC Marines azira kurenga umurongo wagenewe abatoza cyo kimwe na Nduhirabandi Abdulkalim Coka (FC Marines).

Rwatubyaye Abdul ntiyarangije umukino kuko ku munota wa 25’ w’umukino yatwawe ku ngombyi kuko yari yagize ikibazo cy’imvune ku kaguru ubwo yagonganaga n’umukinnyi wa FC Bugesera.

Masud Djuma

Masud Djuma utoza Rayon Sports yari mu bafana kuko yahanwe

abafana ba Rayon sports

Abafana bari bitabiriye bishoboka

Antoine HEY Amavubi Rwanda

Antoine Hey umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi byabaye ngombwa ko bamwimurira intebe kuko atarebaga mu kibuga

Ndayishimiye Antoine Dominique

Hey ashakirwa umwanya hagati mu bafana

abakinnyi

Abakinnyi basuhuzanya

11 ba bugesera

11 ba Bugesera FC babanje mu kibuga

11 ba buges

11 ba Rayon Sports

Nzabanita David kapiteni wa Bugesera FC acunga Kwizera Pierrot

Nzabanita David kapiteni wa Bugesera FC acunga Kwizera Pierrot

Uwacu Jean Bosco

Uwacu Jean Bosco afunga Nova Bayama

Antoine HEY Amavubi Rwanda

Umukino ugeze hagati Antoine Hey yahunze icyugazi cy'abafana amanuka ku murongo w'ikibuga

Rwarutabura

Rwarutabura yafashwe na polisi nk'umwe mu batizaga umurindi abafana batezaga umutekano mucye

Rucogoza Aimable Mambo arinze Moussa Camara

Rucogoza Aimable Mambo acunze Moussa Camara

Nzabanita David kapiteni wa Bugesera FC acunga Kwizera Pierrot

FC Bugesera yari ihagaze neza mu gice cya mbere

Rwatubyaye Abdul

Rwatubyaye Abdul yagize ikibazo cy'imvune

Rwatubyaye Abdul

............bamusohora mu kibuga

 Nova Bayama azamukana umupira

Nova Bayama azamukana umupira

abafana

Abafana

amanota

Amanota atatu araryoha

Mashami Vincent

Mashami Vincent yasigaye wenyine ubwo umwungiriza we Nzunga Thierry yari amze kuzamurwa mu bafana

abampota






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 7 years ago
    Ni byiza birashimishije ariko iki si ikibuga nk'amakipe yo mu cyiciro cya mbere yagakiniyeho ubuse ayo mucya 2 akinira ahameze gute?
  • musa karim7 years ago
    Muraho muri iyi weekend hagati ya Rayon na As Kigali niyihe kipe izaba yakiriye





Inyarwanda BACKGROUND