Umunya-Kenya Baryan Manvir kuri ubu ni we uza ku isonga mu irushanwa rya shampiyona ya Afurika ryo gusiganwa mu modoka riri kubera mu Rwanda- Rwanda Mountain Gorilla Rally 2017 nyuma yo kuba umunsi waryo wa mbere umusize ari imbere mu bilometero 75.02 (75.02 KM) bamaze gusiganwa.
Mu duce tune twa mbere twabanje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Nzeli 2017, Baryan Manvir yirutse ibilometero 70.32 (70.32 KM) mu minota 42’ n’amasegonda 33” (42’33”) afatanyije na mugenzi we Sturrock Drew bafatanya gutwara imodoka ya Skoda Fabia mu ikipe ya Multiple Racing Team.
Mbere yuko bakina agace gahebuje (Super Stage) aho bazengurukaga sitade Amahoro, Baryan Manvir yari akurikiwe n’ikipe Gianca Rally Team igizwe na Giancarlo Davite na Sylvia Vindevogel bakoresheje iminota 43’ n’amasegonda 38”(43’38”) mu modoka ya Mitsubishi Evo.
Baryan Manvir akata imodoka
Mu masaha y’igcamunsi ni bwo Baryan Manvin yakomeje kwigaragaza mu kuzenguruka sitade Amahoro kuko mu rugendo bakoraga kilometero 2.35 (2.35KM) inshuro ebyiri (2), Baryan Manvir na mugenzi we bakoresheje iminota itanu n’amasegonda atandatu (5’6”) mu gihe ikipe ya Gianca Rally Team bakoresheje iminota itanu n’amasegonda 38” (5’38”).
Bivuze ko Bryan Manvir akiri imbere kuko mu bilometero 75.02 amaze gukoresha iminota 48”33” mu gihe Giancarlo Davite amukurikira ku mwanya wa kabiri n’iminota 49’26”. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Nzeli 2017 bazasiganwa mu mihanda itanu irimo; Nyamata Ririma, Uwa Minagri, Ugera Nemba hamwe na Gako- Nyamizi, Nyamizi Nemba.
Ikipe ya Filiki Complex (Kenya) bari ku mwanya wa 14
Dukes Rally Team igizwe na Gakuba Fergadiotis Tassos afatanya na Kayitankore Lionel bari ku mwanya wa 9
Abamotari baparitse
Abafana bazengurutse sitade
Christophe Nizette atwaye imodoka ya nimero 3
Mu kibuga cy'ibitaka
Abafana ba Rally
Ku muhanda wa kaburimbo
Urutonde rw'agateganyo nyuma y'umunsi wa mbere w'irushanwa
AMAFOTO: Saddam MIHIGO-Inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO