RFL
Kigali

ATHLETICS: Hakizimana na Yankurije bahize abandi mu ntera ndende ya shampiyona 2018, Vision JN ntiyakina yageze ku kibuga

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:2/07/2018 11:55
0


Kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Nyakanga 2018 ubwo hakinwaga shampiyona y’ishyirahamwe ry’umukino ngorora mubiri (RAF), Hakizimana John na Yankurije Marthe bakinira APR AC ni bo batwaye ibihembo mu ntera ya metero ibihumbi icumi (10.000m).



Hakizimana John usanzwe anitabira amarushanwa mpuzamahanga, yagenze intera ya 10.000 M mu gihe cy’iminota 30 n’icy’ijana kimwe (30’01”) mu gihe yarushije Nizeyimana Sylvain(SSF-Nyamasheke) amasegonda 38” kuko we yakoresheje 30’38”.

Hakizimana John imbere

Hakizimana John imbere mu gusiganwa ashaka shampiyona

Hakizimana D’Amour ukinira ikipe ya NAS yaje ku mwanya wa gatatu akoresheje 30’47” naho Habakurama Frederick wa APR AC aba uwa kane akoresheje 31’13” aza akurikiwe na Gakuru David ukinira Police AC kuko yakoresheje 31’53”.

Nyuma y’irushanwa, Hakizimana John bita Masumbuko yavuze ko shampiyona yamubereye nziza kuko ayitwaye ariko ko bitari byoroshye kuko ngo abakinnyi bari bitabiriye iyi ntera bari bariteguye ku buryo kubasiga byamusabye imbaraga nyinshi.

“Ni  byiza gutwara shampiyona kuko birashimisha. Irushanwa ntabwo ryari ryoroshye kuko hari harimo abakinnyi bafite uburambe muri uyu mukino kandi wabonaga ko biteguye gutwara igihembo gikuru, byansabye imbaraga nyinshi kugira ngo mbasige”. Hakizimana

Hakizimana John akinira ikipe ya APR AC

Hakizimana John akinira ikipe ya APR AC

Mu cyiciro cy’abakobwa, Yankurije Marthe ukinira ikipe ya APR AC yaje imbere mu ntera ya 10.000 m akoresheje iminota 36 n’amasegonda 37 (36’37”). Yankurije uheruka kuba uwa kabiri muri 20 Km de Bugesera 2018 ubwo yazaga akuriye Nyirarukundo Salome utarakinnye shampiyona, yaje akurikiwe na Nyirantezimana Juliette (APR AC) wakoresheje  38’59”, Dushimimana Claudine (NAS) aza ari uwa gatatu akoresheje 39’50”.

Nyuma yo gutwara iyi shampiyona mu ntera ya 10.000 m, Yankurije yavuze ko irushanwa ryari ryiza ariko ko imibare yifuzaga kugira atayibonye kuko ngo yashakaga ibihe biri munsi y’ibyo yabonye kuri iki Cyumweru.

“Ntabwo byari bibi kuko ndangije irushanwa nta kibazo ngize. Gusa kuri njye ntabwo ari uku nabishakaga. Nashakaga ibihe bito kuri ibi nagize. Buriya ni ugukomeza kwitoza cyane kugira ngo nzarebe ko nabikora”. Yankurije

Yankurije Marthe

Yankurije Marthe avuga ko ibihe yabonye atari byo yashakaga neza 

Abatekinisiye bareba ibihe abakinnyi bagiye bagira

Abatekinisiye bareba ibihe abakinnyi bagiye bagira 

Muri iyi shampiyona, ikipe ya Vision Jeunnesse Nouvelle y’i Rubavu ntabwo yabashije gukina nyamara yari yageze kuri sitade Amahoro ahaberaga irushanwa. Mubirigi Fidele umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino ngororamubiri (RAF) yabwiye abanyamakuru ko iyi kipe yazize ko itubahirije amabwiriza yo kwiyandikisha bakabikora batinze bityo ko ari gahunda yo guca umuco w’uburangare no kudaha ibintu agaciro. Mubirigi Fidele yagize ati:

Ikijyanye n’ikipe ya Rubavu namwe mujye mudufasha nk’abanyamakuru, gahunda yose tuba twayitanze tugatanga n’itariki ntarengwa (Deadline) kandi tukabiha amakipe tubasaba ko bandikisha abakinnyi. Ariko ukabona ku munsi wa nyuma bamwe ni bwo bagiye kwandikisha. Kwandikisha ku munsi wa nyuma biteza ikibazo ugasanga harakina abakagombye gukina. Uwo ni umuco tugomba kwiyubakamo tukirinda gucyererwa, nka federasiyo hari ingamba dushaka gushyiraho ngo bibe byacika, tugomba kwiyubakamo umuco wo kubahiriza gahunda.

Mubirigi Fidele umuyobozi w'ishyurahawe ry'umukino ngorora mubiri mu gusiganwa ku maguru (Athletics)

Mubirigi Fidele umuyobozi w'ishyirahamwe ry'umukino ngorora mubiri mu gusiganwa ku maguru (RAF) aganira n'abanyamakuru nyuma y'irushanwa

Mubirigi yavuze ko irushanwa ryagenze neza kandi ko bishimira ko habonetse umubare munini w’abakinnyi mu ngeri zitandukanye bityo bikorohera ishyirahamwe gushyiraho ibyiciro byinshi byagombaga guhatanirwa.

Ibyiciro byose byahatanye mu gusiganwa ku maguru:

Metero 10.000(10.000 m) mu bahungu:

1.Hakizimana John (APR AC): 30’01”

2.Nizeyimana Sylvain (SSF-Nyamasheke): 30’38”

3.Hakizimana D’Amour (NAS): 30’47”

4.Habakurama Frederick (APR AC): 31’13”

5.Gakuru David (Police AC): 31’53”

Metero 10.000(10.000 m) mu bakobwa:

1.Yankurije Marthe (APR AC): 36’37”

2.Nyirantezimana Juliette (APR AC): 38’59”

3.Dushimimana Claudine (NAS): 39’50”

4.Imanishimwe Annonce (TVET-Gicumbi): 44’44”’

Ni shampiyona ikinwa umunsi umwe

Ni shampiyona ikinwa umunsi umwe

vivine ntabwo yakinnye shampiyona

Sharangabo Alex uherutse gutorerwa kuba umunyamabanga wa komite olempike y'u Rwanda

vivine ntabwo yakinnye shampiyona  2018

Vivine Niragire ntabwo yakinnye shampiyona  2018

Metero 100 (100 m) mu bahungu:

1.Dukeshimana Patient (Huye):11’’16”’

2.Mugisha Emmanuel (SSF-Gatsibo):11”40”’

3.Manzi Jonathan (SSF-Nyarugenge): 11”51”’

4.Nsabimana Placide (APR AC): 11”54”’

5.Hakim Ndagijimana (Police AC): 11”65”’

Metero 100 (100 m) mu bakobwa:

1.Niyinkuru Marthe (SSF-Gicumbi): 12”75”’

2.Selaphine Uwizeyimana (Ngororero):13”37”’

3.Mukashyaka Placide (MCAC):13”55”’

4.Noella Uwiringiyimana (SSF-Karongi): 13”96”’

5.Aline Batamuriza (MCAC): 14”68”’

Metero 200 (100 m) mu bahungu:

1.Dukeshimana Patient (Huye): 22”58”’

2.Justin Nsengimana Police AC):22”83”’

3.Jonathan Manzi (SSF-Nyarugenge): 22”89”’

4.Jean Claude Ndayizeye (Kamonyi):23”42”’

5.Justin Sagaga (SSF): 23”67”’

Metero 200 (200 m) mu bakobwa:

1.Ingabire Sifa (SSF-Nyamasheke): 27”

2.Solange Uwiringiyimana (Rwamagana): 27”

3.Placidia Mukashyaka (MCAC): 27”

4.Selaphine Uwizeyimana (Ngororero):27”

5.Clemence Mukeshimana (TVET Gicumbi): 27”

Metero 400 (400 m) mu bakobwa:

1.Honorine Iribagiza (NAS):57”76”’

2.Diane Nyirabizeyimana (Ngororero): 1’00”

3.Sifa Ingabire (SSF-Nyamasheke): 1’01”

4.Delphine Mukeshimana (SSF-Rulindo): 1’02”

5.Mukeshimana Clemence (TVET Gicumbi):1’05”

Metero 400 (400 m) mu bahungu:

1.Justin Nsengiyumva (Police AC): 49”21”’

2.Eric Turikunkiko (SSF-Rubavu):50”39”’

3.Ildephonse Nkejumuto (Ntarama):1’00”

4.Patrick Nzitatira (Police AC): 1’03”

5.Samuel Kwizera (Huye): 1’03”

Metero 800 (800 m) mu bahungu:

1.Nimubona Yves (SSF-Kicukiro): 1’50”

2.Safari Emmanuel (Police AC): 1’51”

3.Ngabonzinza Marcel (MCAC):1’52”

4.Bagina Timothe (APR AC): 1’55”

5.Uwimana Felix (No Team): 1’58”

Metero 800 (800 m) mu bakobwa:

1.Diane Nyirabizeyimana (SSF-Ngororero): 2’14”18”’

2.Honorine Iribagiza (NAS): 2’14”81”’

3.Alice Ishimwe (SSF-Nyamasheke): 2’17”

4.Nishimwe Belise (MCAC):2’34”

5.Frida Ineza (Ngororero):2’40”

Metero 1500 (1500 m) mu bakobwa:

1.Nishimwe Beatha (NAS): 4’19”

2.Uwizeyimana Jeanne Gentille (Nyamasheke): 4’49”

3.Mutuyimana Epiphanie (MCAC): 4’59”

4.Iradukunda Marie Mediatrice (Ngororero):5’07”

5.Christine Yamuragiye (NAS): 5’18”

Metero 1500 (1500 m) mu bahungu:

1.Nimubona Yves (SSF-Kicukiro): 3’46”

2.Emmanuel Safari (Police AC): 3’55”

3.Bakunzi Aime Placide (SSF-Kamonyi): 3’56”

4.Ngurinzira Jean Baptiste (APR AC): 3’57”

5.Nkejumuto Ildephonse (Ntarama): 4’00”

Uburyo bwo guhaguruka

Uburyo bwo guhaguruka 

Metero 5000 (5000 m) mu bahungu:

1.Ntawuyirushintege Potien (APR AC):14’25”00”’

2.Joseph Nzirorera (APR AC): 14’25”37”’

3.Dushimimana Gilbert (APR AC): 14’27”44”’

4.Tuyishimire Christophe (APR AC): 14’36”69”’

5.Niyonzima Olivier (MCAC): 14’37”37”

Metero 5000 (5000 m) mu bakobwa:

1.Niyirora Primitive (NAS): 18’03”

2.Ibishatse Angelique (MCAC): 18’07”

3.Uwambajimana Jeannette (Kamonyi): 18’09”

4.Mukamusana Sandrine (SSF-Huye): 19’30”

5.Ntahobavukira Francine (SSF-Huye):19’40”

Ndayisaba Saidi Hamisi niwe wari umushyushya rugamba ariko abikora nk'umutekinisiye kuko niwe wavugaga ibyiciro bigomba gukina

Ndayisaba Saidi Hamisi ni we wari umushyushyarugamba ariko abikora nk'umutekinisiye kuko ni we wavugaga ibyiciro bigomba gukina

Muhitira Felicien

Muhitira Felicien bita Magare nawe ntabwo yakinnye shampiyona

Muhitira Felicien bita Magare nawe ntabwo yakinnye shampiyona

Muri gahunda yo gutanga ibihembo

Muri gahunda yo gutanga ibihembo

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND