RFL
Kigali

APR FC yasezerewe muri Cecafa Kagame cup inyagiwe ibitego 4 ku busa na El Khartoum National

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:28/07/2015 15:00
18


Ikipe ya APR FC yari ihagarariye u Rwanda yasezerewe muri kimwe cya kane kirangiza cya CECAFA Kagame cup yihanangirijwe mu buryo bukomeye n’ikipe ya El Khartoum National yabaye iya gatatu muri shampiyona yo muri Soudan, aho iyinyagiye ibitego bine ku busa.



Ikipe ya APR FC ikaba yarushijwe mu buryo bugaragara n’iyi kipe yayizonze cyane iyirusha hagati ndetse yica umupira wa APR FC wo hasi ikina imipira yo hejuru. Amahirwe make APR FC yabonye imbere y’izamu nayo ikabaitabashije kuyabyaza umusaruro aho mu minota ya nyuma Bigirimana yahushije ibitego bibiri byari byabazwe, Ndahinduka nawe yagiye ahusha uburyo butanduknye byatumye iyi kipe itsindwa idakozemo.

Al

Kapiteni wa Al Khartoum yazengereje ab'inyuma ba APR FC

Umukino wa APR FC na El Khartoum national wari umukino wa mbere wabanjirije indi yose muri 1/4 cy'irangiza. Mbere y'uko amakipe yombi ahurira mu kibuga benshi ntibibwiraga ko APR FC yari yageze ku mukino wa nyuma inshuro ebyiri ziheruka yaza gusezererwa inyagiwe bene aka kageni, ndetse yahabwaga amahirwe yo gusezerera iyi kipe nyuma yo gusohoka mu itsinda ari iya mbere idatsinzwe umukino n'umwe mu gihe El Khartoum yo yarangije ku mwanya wa gatatu, gusa mu mukino nyirizina byigaragaje ko iyi kipe yo muri Soudan yaje iri hejuru kurusha APR FC.

Ikipe ya Al Khartoum yashyizemo igitego cya mbere ku munota wa 10 gitsinzwe na Khalid Atif, nyuma y'iminota 7 gusa Amin Ibrahim ashyiramo icya kabiri, aze no gushyiramo icya gatatu ku munota wa 38 maze igice cya mbere kirangira iyi kipe iri imbere ya APR FC n'ibitego 3-0. Mu gice cya kabiri ikipe ya Al Khartoum yaje kwinjizamo Salaheldin Osman usanzwe ari kapiteni wayo, aza no kuyibonera igitego cya kane ku munota wa 75 ari nako umukino waje kurangira, maze urugendo rwa APR FC i Dar-Es-Salm rurangirira aho, mu gihe ikipe ya Al Khartoum igomba guhura na Gor Mahia yasezereye FC Malakia iyitsinze ibitego 2-1.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    batahe nyine niko babaye
  • Somo rya Ruhago8 years ago
    Impundu nizivuge mu rw'imisozi igihumbi!!!! Ahiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiiii De Gaulle ntabyemere APR bayibye. Muragahorana Imana mwa bantu mwe mumpereye APR isomo rya Ruhago
  • Nitwa nizeyimana Theogene8 years ago
    Ikipe yacu iratubabaje kabisa.ariko ntakundi byajyenda nibihangane bibaho ahubwo ahubwo bahite burira indege biyizire.ntakundi ijyikombe turacyibuze. ahaa.....numvise iriya kipe itoroyeshye nagato.nihatari
  • DAY-18 years ago
    STAR A DOMICILE, YOUR CONFIDENCE JUST DOWN.
  • DAY-18 years ago
    Baze barye amakipe bateguriwe, bareke kwigira ba BAHIGIRORA,..............
  • lollllllllllllllllllllllllll8 years ago
    Inyungu yo gushyira ikipe 1 kubere bakibeshya ko ikomeye yagera hanze wapi Rayon sport yakuye hanze ibikombe 2 kimwe Zanzibar ikindi i Burundi ntanarimwe Rayon sport izigera itsindwa 4 kubusa hanze
  • nick8 years ago
    Bibaho kd ikitaba uyumunsi cyaba nejo mwarakoze cyane kd turabemera p
  • Sostene8 years ago
    Bibaho niyihangane ikomeze yitoze ubutaha izabikora
  • Nyanzani8 years ago
    Nanjye nishimiye iyi ntsinzi, nibaze bitegure gusakuma udukombe twose two mu Rwanda. Ndizera ntashidikanya ko De Gaulle abonye isomo, Buriya se Muteteri bamwibiye, ni ba Binezero gusa.
  • mugabo8 years ago
    bravooooooo ooooooo apr
  • 8 years ago
    A hiiiiiiiiiiii!!!! Imana dusenga ntiyadutererana. Apr oyeee uragahora utsindwa
  • Eric 8 years ago
    What a nice day for Rwandans! I am really glad they were slaughtered.
  • Lily8 years ago
    Iyo ekipe irakoze cyaneeeee. kwihanangiriza bagiti mujisho. mpise nyikunda ndayifuriza no kuzagitwara kuko idusebereje abiyemezi
  • de gaulle8 years ago
    Degaulle we Apr we muragahora mutsindwa ijana ku ijana
  • ni abaty 8 years ago
    yadusebeje pee!
  • Amini8 years ago
    Ikibazo mbona bakunzi ba ruhago mu Rwanda nukubura abo bahangana nabo. nagira APR FC gushakisha imikino myinshi ya gicuti mbere yo gusohokera igihugu kuko gutsinda Rayons Kiyovu amakipe asigaye ku zina gusa akinisha ibigambo namatiku ntibyagira aho bibafasha
  • bgurde8 years ago
    Biriya bintu ni byiza cyane bigaragaje ukuntu igikona cyarangiye ni icyo guteza umwiryane mu makipe kubera amanyanga yayo ngira ngo aboherezaga sms bazohereza amakipe yahuye nayo ngo yitsindishe babonye ko hari limite. no muri caf se nibadufashe bagisezerere ku munota wa mbere bakikibona byibura 5-0 urebe ngo amahoro arataha i Rwanda, tukagira akanyamuneza
  • isomo8 years ago
    ese ubundi ko nziko ari ikipe buri gihe iyo ifite ubwoba ibanza kwimura umukino ku munsi cg se ku masaha, habuze iki ngo bazimure cg de gaule wabo ntiyari ahari?





Inyarwanda BACKGROUND