RFL
Kigali

APR FC bakoze imyitozo yo kwiyereka Petrovic-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:3/03/2018 20:26
0


Ku gicamunsi cy’ubukonje bw’uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Werurwe 2018 ni bwo ikipe ya APR FC yakoze imyitozo ikakaye yo kwigaragariza Dr Ljubomir 'Ljupko' Petrovic umutoza mushya wa APR FC wamaze kuyisinyamo amasezerano y’umwaka umwe.



Nyuma y'uko kuwa Kane tariki ya 2 Werurwe 2018 abayobozi ba APR FC bakoze inama yo kwereka abakinnyi abatoza babo bazakomeza gukorana, kuri uyu wa Gatanu bakurikijeho gukurikirana imyitozo y’ikipe ya APR FC bakoraga bakina hagati yabo (Deux-Cas).

Ikipe ya mbere yari yiganjemo abakinnyi basanzwe babanza mu kibuga mu gihe indi yari irimo abakinnyi basanzwe batabona umwanya wo kubanza mu kibuga. Abakinnyi barimo Tuyishime Eric na Twizerimana Martin Fabrice bari mu kibuga nyuma yo guhagarikwa bazira imyitwarire mibi mu gihe Twizerimana Onesme bari bahuje amakosa yari yicaye hanze kubera uburwayi.

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy kpiteni wa APR FC ntabwo yakoze iyi myitozo kuko afite ikibazo cy’uburwayi bw’inkorora n’imihogo.

Petrovic ntabwo yatoje kuko yari yicaye muri sitade hejuru akurikira imyitozo

Petrovic ntabwo yatoje kuko yari yicaye muri sitade hejuru akurikira imyitozo

Bamwe mu bakinnyi bari bagiye ikipe imwe

Bamwe mu bakinnyi bari bagiye ikipe isa n'aho ari iya mbere

Tuyishime Eric yarababariwe

Tuyishime Eric yarababariwe  

Buteera Andrew ahanura Nyirinkindi Saleh bakinanaga mu ikipe imwe

Buteera Andrew ahanura Nyirinkindi Saleh bakinanaga mu ikipe imwe

Adanavic Miodrag uzaba ari umutoza wa mbere wungirije

Adanavic Miodrag uzaba ari umutoza wa mbere wungirije 

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy (iburyo) niwe kapiteni wa APR FC ntiyakoze kuko arwaye mu gihe Kimenyi Yves (ibumoso) yari yabanjemo akaruhuka

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy (iburyo) ni we kapiteni wa APR FC ntiyakoze kuko arwaye mu gihe Kimenyi Yves (ibumoso) yari yabanjemo akaruhuka

Twizerimana Martin Fabrice nawe yarangije ibihano

Twizerimana Martin Fabrice nawe yarangije ibihano 

Nshuti Dominique Savio  ku mupira yitegura Djoliba

Nshuti Dominique Savio

Nshuti Dominique Savio ku mupira yitegura Djoliba 

Ntaribi Steven umunyezamu wa gatatu wa APR FC

Ntaribi Steven umunyezamu wa gatatu wa APR FC

Petrovic w’imyaka 70 yasabwe ko agomba gutwara igikombe cya shampiyona 2017-2018, igikombe cy’Amahoro 2018 no kuba yageza APR FC mu mikino y’amatsinda mu marushanwa ahuza amakipe y’intyoza mu bihugu bya Afurika. Petrovic kandi ntabwo azaba yungirijwe n’umuntu umwe kuko Adanavic Miodrag azaba afatanya na Jimmy Mulisa mu gufatanya n’uyu musaza mu kuba bagera ku ntego zo gufasha APR FC gukomeza kuba ikipe itinyitse mu kibuga no hanze yacyo.

Dr Ljubomir 'Ljupko' Petrovic (ibumoso) an Jimmy Mulisa (iburyo)

Dr Ljubomir 'Ljupko' Petrovic (ibumoso) na Jimmy Mulisa (iburyo)

Issa Bigirimana acenga Byiringiro Lague

Issa Bigirimana acenga Byiringiro Lague 

Nyirinkindi Saleh yaenze Biringiro Lague aragwa

Nyirinkindi Saleh yacenze Biringiro Lague aragwa 

Hakizimana Muhadjili ashaka igitego

Hakizimana Muhadjili ashaka igitego

Hakizimana Muhadjili ku mupira

Hakizimana Muhadjili ku mupira

Dr Ljubomir 'Ljupko' Petrovic (ibumoso), Jimmy Mulisa (hagati)  na Adanavic Miodrag (Iburyo)

Dr Ljubomir 'Ljupko' Petrovic (ibumoso), Jimmy Mulisa (hagati)  na Adanavic Miodrag (Iburyo)

Abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC bakiriye Petrovic

Abafana ba APR FC bakiriye Petrovic 

Rugwiro Herve  mu myitozo

Rugwiro Herve  mu myitozo

Iranzi Jean Claude mu myitozo

Iranzi Jean Claude mu myitozo

Mu ijonjora rya kabiri, ikipe ya APR FC izaba ifite akazi ko kwisobanura na Djoliba yo muri Mali, ikipe yakomeje idahatanye kuko Elwa United (Liberia) bagombaga gukina yavuye mu irushanwa hakiri kare. Bizaba ari mu mikino Nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe by'ibihugu (Total CAF Confederation Cup 2018).

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND