RFL
Kigali

APR FC yafashe umwanya wa mbere inyagiye Amagaju FC-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:21/05/2018 19:04
2


Ikipe ya APR FC yagwije amanota 47 nyuma yo kunyagira Amagaju FC ibitego 6-0 mu mukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona waberaga kuri sitade ya Kigali, Sekamana Maxime yinjiye asimbuye agatsinda ibitego bibiri. APR FC yahise ifata umwanya wa mbere.



Hakizimana Muhadjili ni we wafunguye amazamu ku munota wa 41’ ku mupira yahawe na Bizimana Djihad akabona gutera ishotiu ry’inyuma y’urubuga rw’umunyezamu. Sekamana Maxime yatsinze bibiri (65’, 81’) nyuma yo kwinjira asimbuye Byiringiro Lague ku munota wa 64’.

Issa Bigirimana yatsinze igitego ku munota wa 73’, Twizerimana Onesme akibona ku munota wa 88’ mu gihe igitego cya gatandatu cya APR FC cyabonetse ubwo Nzubahimana Emmanuel myugariro w’Amagaju FC yitsindaga igitego ku munota wa kabiri wiyongeraga ku minota 90’ (90’+2’).

Abakinnyi ba APR FC bishimira igitego

Abakinnyi ba APR FC bishimira igitego

Bizimana Djihad niwe watanze umupoira w'gitego cya mbere

Bizimana Djihad ni we watanze umupira w'gitego cya mbere 

Hakizimana Muhadjili yatereye umupira inyuma y'urubuga rw'umunyezamu

Hakizimana Muhadjili yatereye umupira inyuma y'urubuga rw'umunyezamu

Sekamana Maxime yatsinze ibitego bibiri asimbuye

Sekamana Maxime yatsinze ibitego bibiri asimbuye 

Iranzi Jean Claude ku mupira akaba ari nawe wari kapiteni

Iranzi Jean Claude ku mupira akaba ari nawe wari kapiteni

Muri uyu mukino APR FC yafashijwe cyane na Buteera Andrew wari wagarutse mu kibuga akina hagati mu kibuga afatanya na Bizimana Djihad bityo Iranzi Jean Claude wakinaga ikibuga cyose ariko aca mu mpande.

Ikipe y’Amagaju FC yaje kuzongwa cyane mu minota 25’ ya nyuma y’umukino kuko ubwugarizi bwayo wabonaga bafite ikibazo cyo guhuza neza dore ko baje no kwitsinda igitego. Habimana Sosthene yaje gukuramo Munezero Dieudonne ashyiramo Nzubahimana Emmanuel ku munota wa 62’, Niyokwizera Celestin asimburwa na Dusabe Jean Claude.

Kimenyi Yves (Iburyo) umunyezamu wa APR FC  na NKizingabo Fiston (Ibumoso)

Kimenyi Yves (Iburyo) umunyezamu wa APR FC na NKizingabo Fiston (Ibumoso)

Hakizimana Muhadjili yerekana ko yafashijwe na Bizimana Djihad

Hakizimana Muhadjili yerekana ko yafashijwe na Bizimana Djihad

Ljubomir Petrovic umutoza mukuru wa APR FC yatangiye akuramo Byiringiro Lague ashyiramo Sekamana Maxime ku munota wa 64’, Twizerimana Onesme asimbura Issa Bigirimana naho Itangishaka Blaise asimbura Hakizimana Muhadjili ku munota wa 75’.

APR FC irafata umwanya wa mbere n’amanota 47 mu mikino 23 bamaze gukina mu gihe Amagaju FC ari ku mwanya wa 13 n’amanota 23. AS Kigali FC irajya ku mwanya wa mbere n’amanota 45 kuko ifitanye umukino na AS Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Gicurasi 2018.

Ahari hicaye bamwe mu bakinnyi ba AS Kigali na Nshutiyamagara Ismael Kodo imbere yabo yambaye imyenda y'icyatsi

Ahari hicaye bamwe mu bakinnyi ba AS Kigali na Nshutiyamagara Ismael Kodo imbere yabo yambaye imyenda y'icyatsi

Twizeyimana Martin Fabrice akomeje kwibera mi bihano

Twizeyimana Martin Fabrice ukina hagati muri APR FC akomeje kwibera mu bihano 

Issa Bigirimana ku mupira wanatsinze igitego ku munota wa 73'

Issa Bigirimana ku mupira wanatsinze igitego ku munota wa 73'

Ombolenga Fitin atera umupira ugana ku izamu

Ombolenga Fitin atera umupira ugana ku izamu

Cassa Mbungo Andre (Ibumsoo) umutoza mukuru wa Kiyovu Sport

Cassa Mbungo Andre (Ibumoso) umutoza mukuru wa Kiyovu Sport yarebye uyu mukino

Umunyamakuru Kazungu Claver (ibumoso) asesengura umukino

Umunyamakuru Kazungu Claver (ibumoso) asesengura umukino

Abakinnyi b'Amagaku FC bafata amabwiriza

Abakinnyi b'Amagaju FC bafata amabwiriza 

Twagirimana Pacifique umunyezamu w'Amagaju FC ubwo yari amaze kurya ibitego bine muri bitandatu batsinzwe

Twagirimana Pacifique umunyezamu w'Amagaju FC ubwo yari amaze kurya ibitego bine muri bitandatu batsinzwe

Abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC

Bisangwa Jean Luc ashaka uko yagenza umupira

Bisangwa Jean Luc ashaka uko yagenza umupira 

Rutayisire Egide bita Cayi inyuma ya Issa Bigirimana wari ufite umupira

Rutayisire Egide bita Cayi inyuma ya Issa Bigirimana wari ufite umupira

Byiiringiro Lague ku mupira  mbere yuko asimburwa na Sekamana Maxime

Byiringiro Lague ku mupira mbere yuko asimburwa na Sekamana Maxime ku munota wa 64' agatsinda igitego ku munota wa 65'

Bizimana Djihad 4 agenzura umupira hagati mu kibuga

Bizimana Djihad 4 agenzura umupira hagati mu kibuga

Habimana Sosthene umutoza mukuru wa FC Amagaju

Habimana Sosthene umutoza mukuru wa FC Amagaju

Abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC

Abasimbura ba APR FC

Abasimbura ba APR FC

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Iranzi Jean Claude yarei kapiteni

Iranzi Jean Claude yari kapiteni 

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi babanje mu kibuga ku makipe yombi:

APR FC XI: Ntaribi Steven (GK, 30), Ombolenga Fitina 25, Rugwiro Herve 4, Nsabimana Aimable 13, Emmanuel Imanishimwe 24, Bizimana Djihad 8, Buteera Andrew 20, Hakizimana Muhadjili 10, Issa Bigirimana 26, Iranzi Jean Claude (C, 12) na Lague Byiringiro 14.

Amagaju FC XI: Twagirimana Pacifique (GK, 18), Niyokwizera Celestin 21, Bizimana Noel (C, 2), Rutayisire Egide 16, Ndikumana Tresor 4,  Hakizimana Hussein 3, Bisangwa Jean Luc 12, Munezero Dieudonne 11, Ndizeye Innocent 5, Habimana Hassan 7 na Ndikumana Bodo 10.

11 b'Amagaju FC babanje mu kibuga

11 b'Amagaju FC babanje mu kibuga 

11 ba APR FC babanje mu kibuga

11 ba APR FC babanje mu kibuga

Petrovic (Ibumoso) na Jimmy Mulisa (Iburyo)

Petrovic (Ibumoso) na Jimmy Mulisa (Iburyo)

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Dore uko umunsi wa 24 uteye:

Kuwa Gatandatu tariki 19 Gicurasi 2018

-Police FC 3-0 Espoir FC

-Kirehe FC 0-2 Sunrise FC

 Ku Cyumweru tariki 20 Gicurasi 2018

-Rayon Sports FC 1-1 Etincelles FC

-Miroplast FC 0-2 Musanze FC

-Gicumbi FC 0-0 Mukura VS

Kuwa Mbere tariki 21 Gicurasi 2018

-APR FC 6-0 Amagaju FC

Kuwa Kabiri tariki 22 Gicurasi 2018

-SC Kiyovu FC vs AS Kigali FC (Stade Mumena, 15h30’).

Issa Bigirimana yishimira igitego

Issa Bigirimana yishimira igitego

Habimana Sosthene umutoza mukuru wa FC Amagaju yinjijwe ibitego bitandatu (6)

Habimana Sosthene umutoza mukuru wa FC Amagaju yinjijwe ibitego bitandatu (6)

Hakizimana Muhadjili ku mupira yaje gusimbuwwa na Blaise Itangushaka

Hakizimana Muhadjili ku mupira yaje gusimburwa na Blaise Itangishaka 

Buteera Andrew yakinnye iminota 90' anaba umukinnyi w'umukino (Man of the match)

Buteera Andrew yakinnye iminota 90' anaba umukinnyi w'umukino (Man of the match)

APR FC yafashe umwanya wa mbere

APR FC yafashe umwanya wa mbere n'amanota 47

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mama Bea5 years ago
    Hano ottawa canda street Friel (HLM) turabakurira komera Apr
  • buci 5 years ago
    igikombe ni icyawe aper we!!!!





Inyarwanda BACKGROUND