RFL
Kigali

TOTAL CAF CONF.CUP: APR FC yasezerewe na Djoliba AC-AMAFOTO + VIDEO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:17/03/2018 16:45
0


Ikipe ya APR FC yasezerewe na Djoliba AC mu mikino Nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe by'ibihugu nyuma yuko amakipe yombi angana igiteranyo cy'ibitego 2-2.



Nubwo ikipe ya APR FC yatsinze ibitego 2-1, yaje kugongwa no kuba yaratsinzwe igitego 1-0 mu mukino ubanza ndetse bakaza kuyibonamo igitego mu rugo, ibi byasabaga ko APR FC itsinda ibitego 3-1. Ikipe ya APR FC yatsindiwe na Bizimana Djihad ku munota wa 19', igitego cyaje cyishyura icyari cyatsinzwe na Siaka Bagayoko ku munota wa 9'.

Igitego cya kabiri cya APR FC cyatsinzwe na Nshuti Innocent ku munota wa 75' w'umukino nyuma y'uko yari yinjiye asimbura Nshuti Dominique Savio ku munota wa 48' w'umukino. Bizimana Djihad yahise yuzuza ibitego bine (4) muri iyi mikino kuko Anse Reunion FC yayitsinze ibitego bitatu (hat-trick).

Ikipe ya APR FC yatangiye umukino ubona irwana no gusatira izamu ariko bibagirwa kwizigama binjizwa igitego hakiri kare. Mu minota ya nyuma y'igitego, ni bwo bisuganyije barishyura ariko ubona ko Djoliba AC bafite gahunda yo gutinza umukino biciye kuri Adama Keita umunyezamu w'iyi kipe wagiye yihanizwa kenshi.

Mu gice cya kabiri, Petrovic na Jimmy Mulisa bahise bakuramo Nshuti Dominique Savio bashyiramo Nshuti Innocent muri gahunda yo gukomeza ubusatirizi. 75' Nshuti Innocent winjiye asimbura Nshuti Dominique Savio yabonye igitego nyuma y'uko abasatira ba APR FC ari bakoze igikorwa cyo kubuza amahoro abugarira ba Djoliba AC. Iki gitego cyaje nyuma yuko Adama Keita umunyezamu wa Djoliba yari amaze guhabwa ikarita y'umuhondo.

Abakinnyi babanje mu kibuga: APR FC: Kimenyi Yves, Rugwiro Herve, Mugiraneza Jean Baptiste, Bizimana Djihad, Hakizimana Muhadjili, Iranzi Jean Claude, Buregeya Prince Aldo, Imanishimwe Emmanuel, Ombolenga Fitina, Bigirimana Issa na Nshuti Dominique Savio.

Djoliba AC: Adama Keita (GK), Siaka Bgayoko, Emile Kone, Aboulaye Diaby, Mamoutou Kouyate, Oumar Kida, Mamadou Cisse, Seydou Diallo (C), Naby Soumah, Cheikh Niang na Boubacar Traore.

Djoiliba AC nibo bafunguye amazamu

Djoiliba AC nibo bafunguye amazamu 

Bizimana Djihad (8) niwe wishyuye iki gitego ku munota wa 19'

Bizimana Djihad (8) niwe wishyuye iki gitego ku munota wa 19'

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

11 ba Djoliba AC babanje mu kibuga

11 ba Djoliba AC babanje mu kibuga 

11 ba APR FC babanje mu kibuga

11 ba APR FC babanje mu kibuga

Abakinnyi ba APR FC bajya inama

Abakinnyi ba APR FC bajya inama 

Abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC

Abafana ba APR FC

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Hakizimana Muhadjili ashaka uko yagera ku izamu

Hakizimana Muhadjili ashaka uko yagera ku izamu 

Nshuti Innocent na Rukundo Denis ku ntebe y'abasimbura

Nshuti Innocent na Rukundo Denis ku ntebe y'abasimbura

 Jimmy Mulisa yereka Petrovic uko ibintu bimeze

 Jimmy Mulisa yereka Petrovic uko ibintu bimeze

Iranzi Jean Claude ku mupira

Iranzi Jean Claude ku mupira

REBA HANO MU NCAMAKE UKO UYU MUKINO WAGENZE


AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)

VIDEO: Niyonkuru Eric-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND