RFL
Kigali

Antoine Hey yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero –URUTONDE

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:25/05/2017 17:07
1


Nyuma y’imyitozo ikarishye umudage utoza ikipe y’igihugu Amavubi, Antoine Hey yari amaze iminsi akoresha abasore bakina imbere mu gihugu, kuri ubu yamaze gutangaza urutonde ntakuka rw’abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero bitegura kuzacakirana n’ikipe y’igihugu ya Repubulika ya Centrafrika.



Ni mu mukino wa mbere wo gushaka itike yo kwerekeza mu mikino ya nyuma y’igikombe cya Afrika kigomba kubera muri Cameroun mu 2019, aho u Rwanda ruri mu itsinda H hamwe na Cote d’Ivoire, Guinee Conakry na Republique Centrafricaine ari nayo bazakina umukino wa mbere tariki ya 11 Kamena 2017.

Abakinnyi nka Muvandimwe JMV, Eric Ngendahimana, Mpozembizi Mohammed, Yannick Mukunzi na Usengimana Faustin batsinzwe igeragezwa rya nyuma ryakozwe kuri uyu wa Gatatu bibaviramo gusigara.

Dore lisite y’abakinnyi 25 ba nyuma bahamagawe

amavubiAba ni bo bakinnyi umutoza Antoine Hey yahamagariye gutangira umwiherero bitegura kwerekeza i Bangui mu byumweru 3 biri imbere

Tubibutse ko tariki ya 04 Gicurasi 2017 ari bwo abakinnyi 41 bose bakina imbere mu gihugu bari bahamagawe bahuriye mu myitozo ya mbere kuri stade Amahoro aho umutoza Antoine Hey n'abungiriza be bibanze ahanini mu gukoresha imyitozo yongerera ingufu abakinnyi banareba aho ubushobozi bwabo bugera, nyuma bamwe baje gusezererwa hasigara abakinnyi 31 bongeye guhurira mu myitozo ya nyuma yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Gicurasi 2017, aho nyuma y'amasaha macye hahise hasohoka urutonde rw'abakinnyi 16 badashidikanywaho bakina imbere mu gihugu n'abakina hanze 9 bazitabazwa mu mikino iri imbere.

Mukunzi Yannick inyuma ya Rusheshangoga Michel Yannick Mukunzi nyuma y'igihe kinini agaragara mu Mavubi, kuri iyi nshuro umutoza Antoine Hey nta cyizere yamugiriye

Manishimwe Djabel wa Rayon Sports asoma ku maziManishimwe Djabel nawe ntiyagaragaye mu bakinnyi bazatangira umwiherero

Usengimana Danny wa Police FC Rutahizamu Danny Usengimana uri mu bihe byiza yahamagawe

Muvandimwe Jean Marie Vianney myugariro muri Police FCMuvandimwe Jean Marie Vianney nawe ari mu bari bahamagawe basigaye

Bizimana Djihad (ibumoso) na Usengimana Faustin (iburyo) abakinnyi ba APR FCAbakinnyi ba APR FC, Bizimana Djihad (ibumoso) yahamagawe naho mugenzi we Usengimana Faustin (iburyo) arasezererwa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Cyusa Asaph6 years ago
    Muhadjili ar he?





Inyarwanda BACKGROUND