RFL
Kigali

Amavubi yatsinzwe na Guinea i Conakry

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:12/10/2018 20:53
6


Ikipe y’igihugu ya Guinea yatsinze u Rwanda ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa Gatatu w’itsinda rya munani (H) mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu 2019. Umukino watumye imibare y’Amavubi ikomeza kuba ingora bahizi.



Guinea yari mu rugo niyo yafunguye amazamu ku munota wa 36’ ku gitego cyatsinzwe na Francois Kamano kuri penaliti yavuye ku ikosa Rwatubyaye Abdul yakoreye kuri Naby Keita ukina muri Liverpool. Igitego cya kabiri cya Guinea cyatsinzwe na Ibrahima Cisse Traore ku munota wa 73’.

Ku ruhande rw’u Rwanda haje kuboneka penaliti ku munota wa 90’ ariko Jacques Tuyisenge ntiyabasha kuyinjiza kuko Ali Keita umunyezamu wa Guinea yahise ayikuramo.

Muri uyu mukino, u Rwanda rwagerageje gushaka uburyo bwo gutsinda ibitego ariko biba ikibazo cyuko Guinea yari mu rugo yari ifite uburyo bwinshi bwo gutindana umupira.

Mu buryo bwo gusimbuza, Mashami Vincent yaje gukuramo Hakizimana Muhadjili ashyiramo Muhire Kevin, Iranzi Jean Claude aha umwanya Yannick Mukunzi mu gihe Danny Usengimana yasimbuye Mugiraneza Jean Baptiste wari kapiteni bityo Bizimana Djihad yambara igitambaro.

Nyuma y’umukino wa gatatu (3), u Rwanda ruri ku mwanya wa nyuma nta nota ahubwo barimo umwenda w’ibitego bine (4).  Guinea iraguma ku mwanya wa mbere n’amanota icyenda (9) mu gihe Cote d’Ivoire iza ku mwanya wa kabiri n’amanota atandatu kuko yatsinze Republique Centre Afrique (Cote d’Ivoire 4-0 RCA).

 Abakinnyi babanje mu kibuga:

Guinea XI: Ibrahima Koné- Issiaga Sylla, Ernest Seka, Ibrahima Conté, Ousmane Sidibé, Amadou Diawara, Mady Keita, Naby Keita, Ibrahima Traoré, François Kamano, José Kanté

Rwanda XI: Kimenyi Yves (GK, 18), Ombolenga Fitina 13, Imanishimwe Emmanuel 2, Nirisarike Salomon 14, Rwatubyaye Abdul 16, Mugiraneza Jean Baptiste Miggy (C,7), Bizimana Djihad 4, Iranzi Jean Claude 12, Jacques Tuyisenge 9, Kagere Meddie 5 na Hakizimana Muhadjili 10






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mutangana jean Baptiste 5 years ago
    Umva nshuti mureke mbabwire ntabwo impamvu arukuvuga ngo Guinea yariri mugo ,yego nabyo byabamo ariko Guinea n'uRwanda urwego rwumupira nta bwo arirumwe ,Gusa ngewe mfite ikibazo nagahinda kumutima nibaza nti ibi bizarangira ryari? Byokuvuga ngo turacyategura? mach (3) Zose nta nota narimwe tubonye? Nzabandora numwana w'umuny'Rwanda.
  • Anonymous 5 years ago
    Sibitangaje
  • karenzi5 years ago
    Nimuze dutegure championat, muradusebeje ntakundi!!! Ubone ngo murutwe nuburundi byibura bwanganyije 0 kuri 0 kweri!!! Agahinda ntikica koko. Ndi nka Mashami, ntamuntu numwe mubakinnye nazasubizamo kuwakabiri, nazakoresha: Olivier mu izamu, Rugwiro na Manzi muri central defense, Rutanga kuri 3, Rusheshangoga kuri 2, Ally niyonzima, Yannik muri na Haruna muri central, Danny usengimana, Djabel, Kevin Bataka izamu(4-3-3)
  • Nzayisenga Emmanwer5 years ago
    Mbanjegushima Amavubi yacyinnyeneza nukogutsinda byanze Nukwihangana rekadutegure Umucyinowokwishyuta,ntizaducika Icyizerecyirahari
  • Mpayimana egide5 years ago
    Erega njyewe ikintu mbona kuriyi kipe yacu y'amavubi turabura kwiyakira ngo tumenyeko umupira tutawushoboye ahubwo tumere nk'ubufaransa tuzane umucongolais, umugande,umurundi uz'umupira tumuhe ubwenegihugu maze urebeko umusaruro utazaboneka ngirango ibyo twagezeho 2004 mwarabibonye murakoze.
  • Mpayimana egide5 years ago
    Erega njyewe ikintu mbona kuriyi kipe yacu y'amavubi turabura kwiyakira ngo tumenyeko umupira tutawushoboye ahubwo tumere nk'ubufaransa tuzane umucongolais, umugande,umurundi uz'umupira tumuhe ubwenegihugu maze urebeko umusaruro utazaboneka ngirango ibyo twagezeho 2004 mwarabibonye murakoze.





Inyarwanda BACKGROUND