RFL
Kigali

MU MAFOTO: Ruremesha umutoza wa Musanze FC yagaragaje ko guhera ku makipe akomeye bitaba byoroshye

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:22/10/2018 9:39
0


Kuri iki Cyumweru ubwo hasozwaga imikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona, AS Kigali yakiriye FC Musanze banganya igitego 1-1 mu mukino waberaga kuri sitade ya Kigali. Ruremesha Emmanuel umutoza mukuru wa FC Musanze yavuze gutangirira ku ikipe yabaye iya kabiri biba bigoye.



FCMusanze nubwo bari abashyitsi nibo bafunguye amazamu ku munota wa 40’ ku gitego cyatsinzwe na Imurora Japhet. Iki gitego cyaje kwishyurwa na Ndarusanze Jean Claude ku munota wa 46’ w’umukino.

Imurora Japhet kapiteni wa Fc Musanze  niwe wabatsindiye igitego

Imurora Japhet kapiteni wa Fc Musanze  niwe wabatsindiye igitego

Nyuma y’umukino, Ruremesha Emmanuel umutoza mukuru wa FC Musanze unabitse igikombe cy’umutoza mwiza w’umwaka w’imikino 2017-2018, yavuze ko abakinnyi be bakinnye neza ariko ko burya kuba ikipe nka Musanze yari yasuye AS Kigali iri yasoje ku mwanya wa kabiri mbere yuko izaba icakirana na APR FC biba ari imbogamizi nubo biba bigomba kuba.

“Uko nabonye ikipe yanjye birimo biragenda biza. Gusa nuko wenda dutangiye n’amakipe akomeye, ikipe ya mbere n’ikipe ya kabiri urumva ni ibintu biba bitoroshye ariko tugomba kuzagerageza tukabyitwaramo kigabo”. Ruremesha

Bate Shamiru umunyezamu wa AS Kigali yirwanaho

Bate Shamiru umunyezamu wa AS Kigali yirwanaho 

Ruremesha umutoza w’umwaka w’imikino 2017-2018, igihembo yahawe bitewe n’umwanya wa kane yasigiye Etincelles FC avuga ko kuba Musanze FC yahita ayishyira mu myanya ine ya mbere bishoboka ariko kandi ko bigoye bitewe nuko bisaba igihe cyo kubanza gushyira abakinnyi hamwe kugira ngo ugire ikipe y’abakinnyi bamaranye igihe bakorana. Umukino utaha ikipe ya Musanze FC izakira APR FC naho AS Kigali izajye gusura Kirehe FC.

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga 

11 ba FC Musanze babanje mu kibuga

11 ba FC Musanze babanje mu kibuga 

Nsabimana Eric Zidane ku mupira imbere ya Nduwayo Valeur

Nsabimana Eric Zidane ku mupira imbere ya Nduwayo Valeur

Muri uyu mukino, Nduwayo Valeur wa FC Musanze na Mossi Rurangwa wa AS Kigali buri umwe yahawe ikarita y’umuhondo.

Mu gusimbuz, Ndayisenga Fuad yasimbuwe na Benedata Janvier naho muri Musanze FC nabo bagiye basimbuza kuko nka Mugenzi Cedrick Ramires yasimbuwe na Irakunda Laurent.

Mateso Jean de Dieu niwe wahagarariye Eric Nshimiyimana mu kiganiro n'abanyamakuru

Mateso Jean de Dieu niwe wahagarariye Eric Nshimiyimana mu kiganiro n'abanyamakuru

Mateso Jean de Dieu niwe watoje AS Kigali mbere yuko Masud Djuma atangira akazi nk'umutoza mukuru

Barireneako Frank wa FC Musanze ashaka inzira

Barireneako Frank (6) wa FC Musanze ashaka inzira  yanyuzamo umupira 

Imurora Japhet (Imbere) niwe wafunguye amazamu atsindira Musanze FC

Imurora Japhet (Imbere) niwe wafunguye amazamu atsindira Musanze FC

Ruremesha Emmanuel umtoza mukuru wa Musanze FC

Ruremesha Emmanuel umtoza mukuru wa Musanze FC

Imurora Japhet yiruka inyuma ya Niyomugabo Jean Claude bose basanga umupira

Imurora Japhet yiruka inyuma ya Niyomugabo Jean Claude bose basanga umupira

AS Kigali bishimira intsinzi

Umukino amakipe yombi yari yakaniye

Musanze FC

Umukino amakipe yombi yari yakaniye 

Murengezi Rodrigue niwe wari kapiteni wa AS Kigali kuko Kayumba Soter ari muri Kenya

Murengezi Rodrigue niwe wari kapiteni wa AS Kigali kuko Kayumba Soter ari muri Kenya

Mbaraga Jimmy Traore rutahizamu wa AS Kigali FC ashaka uko yagenzura umupira imbere ya Harerimana Obed wa Fc Musanze

Mbaraga Jimmy Traore rutahizamu wa AS Kigali FC ashaka uko yagenzura umupira imbere ya Harerimana Obed wa Fc Musanze

Mugenzi Cedric bita Ramires agyrukana umupira ashaka inzira

Mugenzi Cedric bita Ramires (22) agurukana umupira ashaka inzira  

Barireneako Frank wa FC Musanze ashaka inzira

Barireneako Frank wa FC Musanze ashaka inzira

Barireneako Frank wa FC Musanze ashaka inzira aciye kwa Niyomugabo Jean Claude 

PHOTOS: Anitha USANASE (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND