RFL
Kigali

APR FC yacyuye amanota yaje asanga imicyenyero, karavate n’ubundi buryo buhuriweho ku bafana b’iyi kipe yatsinze Amagaju FC-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:20/10/2018 1:52
2


Kuri uyu wa Gatanu Tariki 19 Ukwakira 2018 ubwo hatangiraga umwaka w’imikino 2018-2019, APR FC yatangiranye amanota atatu (3), amanota yaje asanga abafana bayo bari ku mucyo w’uburyo bari bambaye bitandukanye n’indi mikino kuko wari n’umunsi wo guhabwaho igikombe cya shampiyona 2017-2018.



Muri uyu mukino APR FC yaboneyemo amanota atatu y'umunsi, Hakizimana Muhadjli (6’) wabaye umukinnyi w’umwaka w’imikino 2017-2018 ni we wafunguye amazamu ahita anaba umukinnyi wa mbere utsinze igitego muri uyu mwaka w’imikino. Nshuti Dominique Savio yaje kungamo ikindi ku munota wa 12’ w’umukino ahita aba umukinnyi utsinze igitego cya kabiri muri shampiyona 2018-2019.

Ubwo abakinyi ba APR FC bishimiraga igitego cya Nshuti Dominique Savio

Nshuti Dominique Savio ahetse Byiringiro Lague 

APR FC

Nshuti Dominique Savio

Ubwo abakinnyi ba APR FC bishimiraga igitego cya Nshuti Dominique Savio 

Ni umukino ikipe ya APR FC yahabwaga amahirwe yo kuwutsinda bitewe n’urwego amakipe yombi abaho ndetse binagendanye nuko umukino uheruka guhuza aya makipe, APR FC yanyagiye Amagaju FC ibitego 6-0. Petrovic umutoza mukuru wa APR FC yari yatangiriye ku mpinduka mu bakinnyi 11 yabanje mu kibuga kuko Ntaribi Steven yari yaje mu izamu afata umwanya wa Kimenyi Yves kuri ubu uhagarariye abanyezamu bose bari mu Rwanda nyuma yo guhabwa igihembo cy’umunyezamu witwaye neza mu mwaka w’imikino 2017-2018.

Mugiraneza Jean Baptiste ku mupira ashaka aho yawutanga

Mugiraneza Jean Baptiste ku mupira ashaka aho yawutanga

Ndikumana Tresor (8) kapiteni w'Amagaju ahanganye na Byiringiro Lague (14) rutahizamu wa APR FC

Ndikumana Tresor (8) kapiteni w'Amagaju ahanganye na Byiringiro Lague (14) rutahizamu wa APR FC

Mu bwugarizi, Ngabonziza Albert yari yaje ku ruhande rw’ibumoso asimbura Imanishimwe Emmanuel ari nako Buregeya Prince Aldo afatanya na Rugwiro Herve mu mutima w’ubwugarizi. Bityo Ombolenga Fitina agca iburyo.

Hagati mu kibuga, Mugiraneza Jean Baptiste Miggy yafatanyaga na Buteera Andrew hanyuma Hakizimana Muhadjili akabajya imbere ari nako uyu mukinnyi w’umwaka ajya inyuma gato ya Byiringiro Lague. Issa Bigirimana yaca uruhande rumwe urundi rugacaho Nshuti Dominique Savio.

Ombolenga Fitina ku mupira ajya mu ruhande rwiza

Ombolenga Fitina ku mupira ajya mu ruhande rwiza ahunga Dusabe Jean Claude (6)

Ikipe y’Amagaju FC itozwa na Muhoza Jean Paul wavuye muri Pepinieres FC yaje guhura n’ikibazo cyo kwinjira mu mukino hakiri kare kuko ibitego byose batsinzwe wabonaga ko habayemo kurangara cyangwa kwizera ko nta gishya kiri bube.

Gusa nyuma yo kwinjizwa ibitego byose mu gice cya mbere, Amagaju FC nabo batangiye gukanguka bashaka uburyo bakwishyura, uburyo banagiye babona cyane mu gice cya kabiri. Gusa kububyaza ibitego bibabera ingorabihizi gutyo.

Muhawenayo Gad Umunyezamu w'Amagaju FC akura umupira mu rucundura ubwo Hakizimana Muhadjili yari amaze kumutsibura igitego

Muhawenayo Gad Umunyezamu w'Amagaju FC akura umupira mu rucundura ubwo Hakizimana Muhadjili yari amaze kumutsibura igitego

Abakinnyi nka Nsengiyumva Moustapha yaje kujya mu kibuga ku munota wa 58’ asimbuye Issa Bigirimana. Ntwari Evode yinjiye mu kibuga asimbura Hakizimana Muhadjili mu gihe Sekamana Maxime yasimbuye Nshuti Dominique Savio.

Kuri uyu mukino, abafana ba APR FC bari baje babucyereye mu myambaro isanzwe yitabazwa mu birori bikomeye cyane mu misango y’ubukwe. Aha, abafana bamwe bari bacyenyeye baranitera, abandi banigiriza karavate nziza ziriho ibirango by’amatsinda babarizwamo, bacyenyera neza bashyiramo imikindara baratebeza ahasigaye bashyigikira ikipe yabo bakunze kwita Gitinyiro.

Abakinnyi ba APR FC bishimira igitego

Abakinnyi ba APR FC bishimira igitego

Ndikumana Tresor (8) kapiteni w'Amavubi

Ndikumana Tresor (8) kapiteni w'Amagaju FC

Byiringiro Lague afashwe na

Byiringiro Lague afashwe na

Byiringiro Lague (14) yahize igitego mu buryo bukomee kirabura

Byiringiro Lague (14) yahize igitego mu buryo bukomeye kirabura

Hakizimana Muhadjili amaze gutsinda

Hakizimana Muhadjili umukinnyi w'umwaka w'imikino 2017-2018

Hakizimana Muhadjili umukinnyi w'umwaka w'imikino 2017-2018

Ubwo yari agize kibazo hagati mu mukino

Ubwo yari agize kibazo hagati mu mukino 

Hakizimana Muhadjili ajya gutera koruneri

Hakizimana Muhadjili ajya gutera koruneri

11 ba APR FC babanje mu kibuga

11 ba APR FC babanje mu kibuga

APR FC XI: Ntaribi Steven (GK,30), Ombolenga Fitina 25, Buregeya Prince Aldo 18, Rugwiro Herve 4, Ngabonziza Albert 3, Mugiraneza Jean Baptiste Miggy (C,7), Buteera Andrew 20, Hakizimana Muhadjili 10, Byiringiro Lague 14, Nshuti Dominique Savio 27 na Issa Bigirimana 26.

11 b'Amagaju FC babanje mu kibuga

11 b'Amagaju FC babanje mu kibuga 

Amagaju FC XI: Muhawenayo Gady (GK, 18),Ndikumana Tresor (C,8), Mugisha Josue Alberto 14, Irambona Fabrice 7, Kagabo Ismi 10, Manishimwe Jean de Dieu 12, Safari Christophe 17, Dusabe Jean Claude 6, Biraboneye Aphrodis 2, Munyentwari Charles 16 na Usengimana Jean Pierre 16.

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Intebe ya tekinike ya APR FC

Intebe ya tekinike ya APR FC

Intebe ya tekinike y'Amagaju FC

Intebe ya tekinike y'Amagaju FC

Buteera Andrew (20) yakinnye iminota 90'

Buteera Andrew (20) yakinnye iminota 90' afatanya na Mugiraneza Jean Baptiste Miggy hagati mu kibuga 

Abakinnyi b'Amagaju FC bibaza ibiri kubabaho banajya inama nyuma yuko bari bamaze kwinjizwa ibitego bibiri

Abakinnyi b'Amagaju FC bibaza ibiri kubabaho banajya inama nyuma yuko bari bamaze kwinjizwa ibitego bibiri mu minota 12'

Ljubomir Petrovic umutoza mukuru wa APR FC

Ljubomir Petrovic umutoza mukuru wa APR FC 

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy niwe kapiteni wa APR FC

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy  (7) kapiteni wa APR FC

Mugiraneza Jean Baptiste Miggy (7) kapiteni wa APR FC arwana ku izina ry'ikipe

Nshuti Dominique Savio  ashaka aho yaca agana mu izamu

Nshuti Dominique Savio ashaka aho yaca agana mu izamu

Issa Bigirimana ku mupira ashaka inzira

Issa Bigirimana (26) ku mupira ashaka inzira ariko hafi ye hari Safari Christophe  (17)

Ndagijimana Theogene umusifuzi mpuzamahanga wo ku ruhande (Linesman)

Ndagijimana Theogene umusifuzi mpuzamahanga wo ku ruhande (Linesman) ari mu basifuye uyu mukino

Byiringiro Lague afashwe na

Byiringiro Lague afashwe na Nsengimana Jean Pierre (16) w'Amagaju FC

Byiringiro Lague afashwe na Usengimana Jean Pierre (16) w'Amagaju FC

Mu myanya y'icyubahiro kuri sitade ya Kigali

Mu myanya y'icyubahiro kuri sitade ya Kigali

APR FC

Intare za APR FC

Intare za APR FC  Fan Club ni gutya bar bambaye

Intare za APR FC Fan Club ni gutya bari bambaye

Ubwo umukino wari urimbanyije

Ubwo umukino wari urimbanyije 

APR FC

APR FC

APR FC

APR FC

APR FC

APR VC  yatwaye igikombe itsinze Ruhango VC

APR FC

APR VC  yatwaye igikombe itsinze Ruhango VC

APR FC bishyushya

APR FC

APR VC  yatwaye igikombe itsinze Ruhango VC

APR VC  yatwaye igikombe itsinze Ruhango VC

Abafana ba APR FC bari bafite morale iri hejuru

Abafana ba APR FC bari bafite morale iri hejuru

APR FC

Uyu mufana wa APR FC niwe uzwiho ko no mu myitozo ajyaho afite igikombe

Uyu mufana wa APR FC niwe uzwiho ko no mu myitozo ajyaho afite igikombe

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Hakizimana Muhadjili atera umupira ugana mu izamu

Hakizimana Muhadjili (10) atera umupira ugana mu izamu ari hafi ya Safari Christophe (17)

Byiringiro Lague afashe inzira igana izamu

Byiringiro Lague (14) afashe inzira igana izamu 

Dore uko umunsi wa mbere wa shampiyona uteye:

Kuwa Gatanu tariki 19 Ukwakira 2018

-APR FC 2-0 Amagaju FC

Kuwa Gatandatu tariki 20 Ukwakira 2018

-Etincelles FC vs Rayon Sports (Stade Umuganda, 15h30’)

-Gicumbi FC vs Espoir FC (Gicumbi, 15h30’)

-Mukura Victory Sport vs Sunrise FC (Stade Huye, 15h30’)

-Kirehe FC  Vs Kiyovu Sport (Nyakarambi, 15h30’)

Ku Cyumweru tariki 21 Ukwakira 2018

-AS Muhanga vs Police FC (Stade Muhanga, 15h30’)

-AS Kigali vs Musanze FC (Stade de Kigali, 15h30’)

-FC Marines vs Bugesera FC (Stade Umuganda, 15h30’)

 PHOTOS: Saddam MIHIGO  (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Coco5 years ago
    Hhhh ese kombona stade ntabafana wababara burya nabamoka batagera kuri stade nibareke ikipe imana yihereye abanyarwanda ijye iryoshya ntamika ntakindi yakora kbs
  • Epiyara5 years ago
    Ikigaragara nuko nawe @Coco uba utazi ibyo uvuga kbs ahubwo nuko utaruhari naho kwivugisha ngo ntamika hhhhhh uba wikina nawe urabizi ubu APR FC ntakwikoraho shaaa bravo gitinyiro





Inyarwanda BACKGROUND