RFL
Kigali

Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri sitade ya Kigali ihuje umwimerere na sitade Umuganda-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:18/10/2018 7:20
0


Mu kwitegura umukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona 2018-2019, Rayon Sports yakoreyen imyitozo ku kibuga cya sitade ya Kigali ifite ubwatsi busa neza n’ubwa sitade Umuganda bagomba guhuriraho na Etincelles FC kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Ukwakira 2018.



Bigendanye no kuba igihe kini Rayon Sports ikorera imyitozo ku kibuga cy’ubwatsi karemano kandi ikaba izakinira ku kibuga cy’ubwatsi bw’ubukorano bwa sitade Umuganda, byabaye ngombwa ko bakorera imyitozo kuri sitade ya Kigali kugira ngo babe bimenyereza ikibuga gihuye n’icyo bazakiniraho.

Ni imyitozo yabaye ku guca munsi cy’uyu wa Gatatu tariki 17 Ukwakira 2018 guhera ku isaha ya saa kumi (16h00’) iza kurangira saa kumi n’imwe (17h00’) mu mbeho itari yoroshye.

Iyi myitozo n’ubundi yari yitabiriwe n’abakinnyi n’ubundi bayimazemo iminsi mu gihe abandi bari bari mu ikipe y’igihugu Amavubi nabo bahageze ariko ntibakore bitewe nuko baba bagomba kuruhuka.

Mugheni Kakule Fabrice mu myitozo ya Rayon Sports

Mugheni Kakule Fabrice mu myitozo ya Rayon Sports 

Rwatubyaye Abdul, Manzi Thierry, Muhire Kevin na Eric Rutanga Alba babashije kugera ku kibuga ariko ntibakora. Manishimwe Djabel ntabwo yahageze n’ubwo nta myitozo yagombaga gukora kimwe n’abandi bagenzi be bakubutse mu Mavubi.

Rayon Sports iri kwitegura gusura Etincelles FC kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Ukwakira 2018 ubwo hazaba hakinwa umukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona.

Sarpongo Michael ku mupira akurikiwe na bagenzi be

Sarpongo Michael ku mupira akurikiwe na bagenzi be

Mudeyi Suleiman yishushya mbere yo kwinjira

Mudeyi Suleiman azamukana umupira

Mudeyi Suleiman azamukana umupira 

Niyonzima Olivier Sefu ku mupira

Niyonzima Olivier Sefu ku mupira 

Nyandwi Saddam myugariro w'iburyo muri Rayon Sports

Nyandwi Saddam myugariro w'iburyo muri Rayon Sports

Rwatubyaye Abdul mu myitozo

Rwatubyaye Abdul aganira na Nkunzingoma Ramadhan umutoza w'abanyezamu

Rwatubyaye Abdul mu myitozo

Rwatubyaye Abdul kimwe n'abandi bakinnyi ba Rayon Sports bakubutse mu Mavubi ntabwo bakoze imyitozo

Rwatubyaye Abdul kimwe n'abandi bakinnyi ba Rayon Sports bakubutse mu Mavubi ntabwo bakoze imyitozo

Rayon Sports

Abakinnyi ba Rayon Sports bitoreje kuri sitade ya Kigali

Rayon Sports

Abakinnyi ba Rayon Sports bitoreje kuri sitade ya Kigali

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Mwiseneza Djamal (Hagati) ubu ni umutoza ufasha Robertinho muri Rayon Sports

Mwiseneza Djamal (Hagati) ubu ni umutoza ufasha Robertinho muri Rayon Sports

Nkunzingoma Ramadhan umutoza w'abanyezamu ba Rayon Sports

Nkunzingoma Ramadhan umutoza w'abanyezamu ba Rayon Sports

Ndayisenga Kassim afite umukoro ukomeye wo kuzareha uko yaba umunyezamu wizewe

Ndayisenga Kassim afite umukoro ukomeye wo kuzareha uko yaba umunyezamu wizewe

Ndayisenga Kassim umunyezamu wa Rayon Sports uri gushaka uko yazamura urwego

Nsengiyumva Emmanuel bita Ganza umunyezamu w'abato muri Rayon Sports

Nsengiyumva Emmanuel bita Ganza umunyezamu w'abato muri Rayon Sports

Mazimpaka Andre wari nimero ya mbere muri FC Musanze ubu ari muri Rayon Sports

Mazimpaka Andre ubu niwe nimero ya mbere muri FC Musanze

Mazimpaka Andre wari nimero ya mbere muri FC Musanze ubu ari muri Rayon Sports

Mwiseneza Djamal nawe akorana imyitooz n'abandi

Mwiseneza Djamal nawe akorana imyitooz n'abandi

Mudeyi Suleiman agenzura umupira imbere ya Niyonzima Olivier Sefu (21)

Mudeyi Suleiman agenzura umupira imbere ya Niyonzima Olivier Sefu (21)

Habimana Hussein myugariro wa Rayon Sports wavuye muri Police FC

Habimana Hussein (15) myugariro wa Rayon Sports wavuye muri Police FC

Imyitozo irangiye

Imyitozo irangiye

Imyitozo irangiye

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND