RFL
Kigali

Guinea yakomeje kuyobora itsinda rya munani nyuma yo kunganya n’u Rwanda-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:17/10/2018 6:30
0


Ikipe y’igihugu ya Guinea yakomeje kuyobora itsinda rya munani (H) nyuma yo kunganya n’u Rwanda igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa kane wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu 2019 kizabera muri Cameroun. Jose Martinez Kante na Jacques Tuyisenge nibo batandukanyije impande zombi.



Muri uyu mukino, Guinea n’ubundi yahabwaga amahirwe niyo yafunguye amazamu ku munota wa 32’ nyuma y’igitego cyatsinzwe na Jose Martinez Kante nyuma yuko Francois Kamano yari azamukanye umupira asanga Ombolenga Fitina waje kugenda asubira inyuma birangira Kamano atanze umupira kwa Martinez Kante wahise areba mu izamu.

Francois Kamano acenga asanga Ombolenga Fitina

Francois Kamano acenga asanga Ombolenga Fitina

Abakinnyi ba Guinea bishimira igitego

Abakinnyi ba Guinea bishimira igitego

Amavubi nabo bishimira igitego

Amavubi nabo bishimira igitego

Jacques Tuyisenge wari kapiteni w’u Rwanda muri uyu mukino, yaje kwishyura iki gitego ku munota wa 77’ w’umukino ku mupira yari ahawe na Kagere Meddie wari wahize igitego yakibuze ariko birangira akiremye ku mbaraga ze kuko byamusabye kwitanga kugira ngo yambutse umupira kuri Ernest Seka Boka myugariro wa Guinea.

Kagere Meddie rutahizamu wa Simba SC ubu yitezweho byinshi

Kagere Meddie azamukana umupira akurikiwe na Serey Die

Kagere Meddie rutahizamu wa Simba SC ubu yitezweho byinshi

Kagere Meddie azamukana umupira akurikiwe na Ernest Seka Boka (5)

Jacques Tuyisenge agenzura umupira agana izamu

Jacques Tuyisenge agenzura umupira agana izamu

Jacques Tuyisenge niwe wari kapiteni

Jacques Tuyisenge niwe wari kapiteni kuri uyu mukino asimbura Haruna Niyonzima na Mugiraneza Jean Baptiste Miggy bari hanze

Jacques Tuyisenge (9) arenga n'umupira

Jacques Tuyisenge (9) arenga n'umupira 

Ally Niyonzima (21) ku mupira hagati mu kibuga

Ally Niyonzima (21) ku mupira hagati mu kibuga 

Bizimana Djihad 4 agenzura umupira hagati mu kibuga  anashaka inzira

Bizimana Djihad 4 agenzura umupira hagati mu kibuga anashaka inzira 

Kagere Medddie yababajwe n'igitego yahushije ku munota wa 90+2'

Kagere Meddie yababajwe n'igitego yahushije ku munota wa 90+2'

Abakinnyi basuhuzanya mbere yo gutangira umukino

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya mbere yo gutangira umukino

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga

Mashami Vincent umutoza mukuru w’Amavubi yari yakoze impinduka eshanu mu bakinnyi babanje mu kibuga ugereranyije n’abari babanjemo mu mukino ubanza. Iyo urebye mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga ubwo u Rwanda rwatsindwaga na Guniea ibitego 2-0 mu Cyumweru gishize i Conakry, usanga abakinnyi barimo; Imanishimwe Emmanuel, Nirisarike Salomon, Mugiraneza Jean Bapstiste Miggy, Hakizimana Muhadjili na Iranzi Jean Claude batabanje mu kibuga mu gihe bahaye imyanya abarimo; Eric Rutanga Alba, Manzi Thierry, Ally Niyonzima, Manishimwe Djabel na Muhire Kevin batari babanjemo mu mukino ubanza.

Abantu bari biteze kureba uko Niyonzima Ally aza kwitwara hagati mu kibuga mu mwanya wa Mugiraneza Jean Baptiste Miggy ntabwo bapfunyikiwe ikibiribiri kuko uyu musore yagerageje gukora ibyo yasabwaga mu minota 90’ yamaze mu kibuga. Muhire Kevin yongeye kwerekana ko ari umukinnyi utarindira kuvuga ngo nabyutse neza cyangwa nabi kuko imikoranire ye na Buteera Andrew mu gice cya kabiri yatanze umusaruro.

Ally Niyonzima byabonetse ko ahawe umwanya yakina neza

Ally Niyonzima (8) ku mupira

Ally Niyonzima (8) ku mupira

Ally Niyonzima byabonetse ko ahawe umwanya yakina neza

Umukino ubanza Guinea yatsinze u Rwanda ibitego 2-0

Umukino ubanza Guinea yatsinze u Rwanda ibitego 2-0

Abandi bakinnyi bari bahawe umwanya wo kubanza mu kibuga barimo nka Manzi Thierry, Manishimwe Djabel na Eric Rutanga Alba, ubona ko bagerageje kwitanga mu buryo bwose bari bashoboye.

Manzi Thierry myugariro wa Rayon Sports n'Amavubi atembereza umupira imbere ya Naby Keita

Manzi Thierry myugariro wa Rayon Sports n'Amavubi atembereza umupira imbere ya Naby Keita

Ombolenga Fitina (13) na Niyonzima Ally (21) bishakamo ibisubizo

Ombolenga Fitina (13) na Niyonzima Ally (21) bishakamo ibisubizo

11 b'u Rwanda babanje mu kibuga

11 b'u Rwanda babanje mu kibuga

11 b'u Rwanda babanje mu kibuga 

11 ba Guinea babanje mu kibuga

11 ba Guinea babanje mu kibuga 

Mu gice cya kabiri ni bwo u Rwanda rwerekanye ko rushaka amanota atatu ku mbaraga kuko ubwo Manishimwe Djabel yari asimbuwe na Buteera Andrew, byabaye ngombwa ko Muhire Kevin wakinaga inyuma ya Kagere Meddie na Jacques Tuyisenge, ahita aza ibumoso ahagana imbere bityo Buteera Andrew ajya inyuma gato ya Jacques Tuyisnge na Kagere Meddie ari nabwo u Rwanda rwatangiye gusatira mu buryo bwiza.

Ikipe y’igihugu ya Guinea yakinaga ishaka amanota atatu kugira ngo yuzuze amanota 12 mu itsinda, byayisabye imbaraga nyinshi kuko bitari byoroshye ko bakina uburyo bakoresheje batsinda u Rwanda mu mukino ubanza. Aba bagabo baje kubura Naby Keita ukinira ikipe ya Liverpool kuko yagize ikibazo cy’imvune mbere gato yuko igice cya mbere kirangira. Guinea bakinaga umukino w’ingufu no gukanira cyane mu bwugarizi ariko ukabona baracungana nuko babona umwanya banyuzamo umupira waca mu rihumye abugarira b’amavubi cyane baciye mu mpande.

Higiro Thomas umutoza w'abanyezamu ba AS Kigali n'Amavubi aganiriza Kimenyi Yves

Higiro Thomas umutoza w'abanyezamu ba AS Kigali n'Amavubi aganiriza Kimenyi Yves

Mashami Vincent umutoza mukuru w'Amavubi   ahamagara abakinnyi

Mashami Vincent umutoza mukuru w'Amavubi ahamagara abakinnyi

Munyaneza Jacques bita Rujugiro (Hagati) umwe mu bashinzwe ibikoresho by'Amavubi

Munyaneza Jacques bita Rujugiro (Hagati) umwe mu bashinzwe ibikoresho by'Amavubi

Abasimbura b'u Rwanda

Abasimbura b'u Rwanda biteguye kuririmba Rwanda Nziza n'ubwo bitakunze

Uva ibumoso: Rusheshangoga Michel, Hakizimana Muhadjili, Iranzi Jean Claude na Haruna Niyonzima

Uva ibumoso: Rusheshangoga Michel, Hakizimana Muhadjili, Iranzi Jean Claude na Haruna Niyonzima

Uva ibumoso: Mashami Vincent nk'umutoza mukuru, Seninga Innocent umutoza wungirije  cyo kimwe na Jimmy Mulisa

Uva ibumoso: Mashami Vincent nk'umutoza mukuru, Jimmy Mulisa na Seninga Innocent abatoza bungirije

Uva ibumoso: Buteera Andrew, Mugiraneza Jean Baptiste na Nirisarike Salomon

Uva ibumoso: Buteera Andrew, Mugiraneza Jean Baptiste na Nirisarike Salomon

Iyo unaze ijisho ku mibare y’ibyavuye mu mukino, usanga u Rwanda rwabonye koruneri eshanu (5) kuri enye (4) za Guinea, bivuze ko u Rwanda rwakinnye umupira ugana imbere cyane muri uyu mukino.

Mu mashoti 13 u Rwanda rwateye, atatu (3) gusa niyo yaganye mu izamu havamo igitego kimwe (1). Guinea babonye amashoti 16 nabo atatu (3) agana mu izamu ariko havamo igitego kimwe (1).

Undi mukino w’iri tsinda rya munani (H), Cote d’Ivoire yaguye miswi na Republique Centre Afrique banganya 0-0 muri Cote d’Ivoire.

Nyuma y’iri nota, Guinea Conakry iri ku mwanya wa mbere n’amanota icumi (10) mu mikino ine (4) kuko batsinze itatu (3) banganya umwe (1) bakaba bazigamye ibitego bine (4).

Cote d’Ivoire iri ku mwanya wa kabiri n’amanota arindwi (7) kuko yatsinze imikino ibiri (2), inganya umwe (1) itsindwa undi (1). Cote d’Ivoire ubu izigamye ibitego bine (4) mu mikino ine (4).

Republique Centre Afrique iri ku mwanya wa gatatu (3) n’amanota ane (4) arimo atatu (3) bakuye ku Rwanda. RCA ifite umwenda w’ibitego bine (4) mu mikino ine (4).

U Rwanda ruri ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe (1) mu mikino ine (4) kuko batsinzwe itatu (3) banganya umwe. Ubu u Rwanda rufite umwenda w’ibitego bine (4).

Abasimbura b'u Rwanda  bishyushya mbere y'umukino

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasimbura b'u Rwanda bishyushya mbere y'umukino

Jacques Tuyisenge yishyushya mbere y'umukino

Jacques Tuyisenge yishyushya mbere y'umukino 

Abasimbura b'u Rwanda  basohoka

Rwanda

Abasimbura b'u Rwanda basohoka mu rwambariro

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Rwanda XI: Kimenyi Yves (GK, 18), Ombolenga Fitina13, Eric Rutanga Alba 3, Rwatubyaye Abdul 16, Manzi Thierry 17, Ally Niyonzima 21, Manishimwe Djabel 2, Bizimana Djihad 4, Meddie Kagere 5, Tuyisenge Jacques (C,9) na Muhire Kevin 11.

 Guniea XI: Ally Keita (GK,18), Naby Keita 15, Ousman Sidibe 14, Francois Kamano 10, Martinez Jose Kante 9, Ibrahima Traore (C,8), Mohammed Mady Camara 7, Amadou Diawara 6, Ernest Seka Boka 5, Ibrahima Sory Konte 4, Issiaga Sylla 3.

REBA HANO UKO UMUKINO WAGENZE N'IBYO ABATOZA BATANGAJE


PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)

VIDEO: Eric NIYONKURU (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND