RFL
Kigali

Albert Mphande watangije imyitozo mbere avuga ko abakinnyi b’abanyarwanda ari abanebwe (Amafoto y’imyitozo)

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:13/09/2018 17:18
0


Ibyumweru bibaye bitatu ikipe ya Police FC itangiye imyitozo muri gahunda yo kwitegura umwaka w’imikino utaha wa 2018-2019, Albert Mphande uyibereye umutoza mukuru avuga ko abakinnyi bafite impano buzuye mu gihugu ariko ko ari abanebwe mu gkora imyitozo.



Police FC iheruka igikombe mu 2015 ubwo yatwaraga igikombe cy’Amahoro, yasoje umwaka w’imikino 2017-2018 iri ku mwanya wa gatandatu muri shampiyona.

Kuri ubu Albert Mphande amaze kubona abakinnyi icyenda bashya bazamufasha muri gahunda yiyemeje yo gutwara kimwe miu bikombe bikinirwa mu Rwanda.

“Imyitozo twayitangiye kare kare kuko hari uburyo twifuza ko tuzaba dukinamo. Ubu navuga ko ari ikibazo gisa naho gikomereye abakinnyi kuko mu Rwanda hari abakinnyi benshi bafite impano ariko batinya imyitozo myinshi mu by’ukuri. Ni abanebwe niko navuga, batinya gukora cyane, baba bifuza gukina imikino ariko imyitozo ntabwo baba bayikunze”. Albert Mphande

Cyubahiro Janvier ku mupira akurikiwe na Ndayisaba Hamidou bakinanaga muir AS Kigali

Cyubahiro Janvier ku mupira akurikiwe na Ndayisaba Hamidou bakinanaga muir AS Kigali

Albert Joel Mphande Umunya-Zambia utoza Police FC avuga ko kuba baratangiye imyitozo mbere bitazabagiraho ingaruka z’umunaniro ubwo shampiyona izaba imaze gutangira kuko ngo mu mabwiriza yo gutegura umukinnyi bageze ku kigero cya 60% bagana ku musozo.

“Oya rwose ntacyo bizadutwara kuba twaratangiye mbere. Mu gutoza hari icyo bita ibyumweru bitandatu bigaruka byo gutegura ikipe (Six Weeks Circle) , ubu tugeze mu cyumweru cya kane dutangiye, bivuze ko dusigaje ibyumweru bibiri kandi shampiyona izatangira tariki 19 Ukwakira 2018. Birumvikana neza ko turi mu murongo nyayo”. Albert Mphande.

Uwimbabazi Jean Paul agenzura umupira

Uwimbabazi Jean Paul agenzura umupira 

Hakizimana Issa myugariro wa Police FC yakuye muri LLB

Hakizimana Issa myugariro Police FC yakuye muri LLB na Hakizimana Kevin (25) wavuye muri MVS

Mu myitozo y’uyu wa Kane tariki 13 Nzeli 2018, Police FC yari ifite abakinnyi icyenda bashya bagiye bakura mu makipe atandukanye yaba ayo mu Rwanda no hanze yarwo.

Gusa muri aba bakinnyi bashya, umwe muri bo (Iyabivuze Osee) bakuye muri Sunrise FC ntabwo yakoze imyitozo kuko afite ikibazo mu kibero cy’ibumoso.

Muvandimwe Jean Marie Vianney ukina inyuma ahagana ibumoso nawe ntabwo yakoze imyitozo kuko afite ikibazo mu ivi, mu gihe Mpozembizi Mohammed nawe ukina inyuma iburyo atakoranye n’abandi kuko yari yahawe ikiruhuko cy’uko yumvaga afite umunaniro udasanzwe.

Muvandimwe JMV yari yahawe imyitozo yo kugenda gacye gacye azenguruka ikibuga

Muvandimwe JMV yari yahawe imyitozo yo kugenda gacye gacye azenguruka ikibuga

Mpozembizi Mohammed (Wambaye umweru) nawe ntabwo yakoze imyitozo

Mpozembizi Mohammed (Wambaye umweru) nawe ntabwo yakoze imyitozo

Iyabivuze Osee wavuye muri Sunrise FC  yahise agira ikibazo mu kibero

Iyabivuze Osee wavuye muri Sunrise FC  yahise agira ikibazo mu kibero

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC agenzura imyitozo

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC agenzura imyitozo

Peter Otema ku mupira

Peter Otema wahoze muri Musanze FC yagarutse mu Police FC

Peter Otema wahoze muri Musanze FC yagarutse mu Police FC

Cyubahiro Jacques wakiniye AS Kigali na APR FC

Cyubahiro Janvier Savio wavuye muri AS Kigali

Cyubahiro Janvier Savio wavuye muri AS Kigali 

Manzi Hubert Sincere wavuye muri Sunrise FC

Manzi Hubert Sincere wavuye muri Sunrise FC 

Police FC mu myitozo y'uyu wa Kane

Police FC mu myitozo y'uyu wa Kane 

Hitabatuma Theogene  bita Mutuyi  (Iburyo) ushinzwe ibikoresho bya Police FC (Kit Manager) ahagararanye na Albert Joel Mphande (Ibumoso) umutoza mukuru wa Police FC

Hitabatuma Theogene  bita Mutuyi  (Iburyo) ushinzwe ibikoresho bya Police FC (Kit Manager) ahagararanye na Albert Joel Mphande (Ibumoso) umutoza mukuru wa Police FC

Songa Isaie yatsinze ibitego 9 muri shampiyona 2017-2018

Songa Isaie yatsinze ibitego 9 muri shampiyona 2017-2018

Uwimbabazi Jean Paul wahoze muri Kirehe FC ari muri Interforce FC mbere yuko azaba akinira Police FC

Uwimbabazi Jean Paul wahoze muri Kirehe FC ari muri Police FC 

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu muri Police FC

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu muri Police FC

Muvandimwe Jean Marie Vianney bita Kurzawa afite ikibazo mu ivi ry'ibumoso

Muvandimwe Jean Marie Vianney bita Kurzawa afite ikibazo mu ivi ry'ibumoso

Muhinda Bryan umwe mu bari bagize umutima w'ubwugarzii bwa Police FC mu mukino

Muhinda Bryan umwe mu bari bagize umutima w'ubwugarzii bwa Police FC

Hakizimana Kevin bita Pastole wahoze muri Mukura VS

Hakizimana Kevin bita Pastole wahoze muri Mukura VS

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza

 Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza n'ingero

Niyibizi Vedaste umukinnyi ukina mu mpande wavuye muri Sunrise FC

Niyibizi Vedaste umukinnyi ukina mu mpande wavuye muri Sunrise FC

Hakizimana Issa myugariro wa POlice FC yakuye muri LLB

Hakizimana Issa myugariro wa Police FC yakuye muri LLB

 

Mushimiyimana Mohammed ku mu myitozo

Mushimiyimana Mohammed ku mu myitozo

Nduwayo Danny Bariteze umunyezamu wa Police FC wanakiniye Gicumbi FC

Nduwayo Danny Bariteze umaze imyaka ibiri muri Police FC  

Ishimwe Patrick warangizanyije na AS Muhanga nawe nta kipe afite yabera mu izamu

Ishimwe Patrick warangizanyije na AS Muhanga nawe nta kipe afite yabera mu izamu ariko arakorera muri Police FC

Uwimbabazi Jean Paul yitoza gusimbuka

Uwimbabazi Jean Paul yitoza gusimbuka 

Munezero Fiston yitoza gusimbuka

Munezero Fiston yitoza gusimbuka 

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Ndayishimiye Antoine Dominique asimbuka

Ndayishimiye Antoine Dominique asimbuka 

Cyubahiro Janvier Savio umwe mu bakinnyi bashya ba Police FC

Cyubahiro Janvier Savio umwe mu bakinnyi bashya ba Police FC

Muhinda Bryan yitoza gusimbuka

Muhinda Bryan yitoza gusimbuka

Nzarora Marcel  umunyezamu wa Police Fc

Nzarora Marcel  umunyezamu wa Police Fc

Nduwayo Danny Bariteze umunyezamu wa Police FC wanakiniye Gicumbi FC

Nduwayo Danny Bariteze afata umupira

Nduwayo Danny Bariteze afata umupira

Nzarora Marcel  umunyezamu wa Police Fc  afata umupira

Nzarora Marcel  umunyezamu wa Police Fc  afata umupira 

Imyitozo yo guterura ipine ry'imodoka

Imyitozo yo guterura ipine ry'imodoka

Ngendahimana Eric kapiteni wa Police FC

Ngendahimana Eric kapiteni wa Police FC

Niyibizi Vedaste (Ibumoso) na Nzarora Marcel (Iburyo)

Niyibizi Vedaste (Ibumoso) na Nzarora Marcel (Iburyo)

Nduwayo Danny Bariteze (Ibumoso) na Muhsimiyimana Mohammed (Iburyo)

Nduwayo Danny Bariteze (Ibumoso) na Mushimiyimana Mohammed (Iburyo) baruhuka 

Abakinnyi bashya bamaze kugera muri Police FC:

1.Niyibizi Vedaste (Sunrise FC)

2.Iyabivuze Osee  (Sunrise FC)

3.Bahame Alafat (FC Marines )

4.Uwimbabazi Jean Paul (Kirehe FC)

5.Cyubahiro Janvier  (AS Kigali)

6.Hakizimana Kevin (MVS)

7.Hakizimana Issa Vidic (LLB)Burundi)

8.Ndayisaba Hamidou (AS Kigali )

9.Manzi Huberto Sincere (Sunrise FC)

 PHOTOS: Saddam MIHIGO Saddam (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND