Iradukunda Eric Radou wari myugariro wa AS Kigali mu gihe cy’imyaka ine ishize, yageze muri Rayon Sports asinyamo amasezerano y’imyaka ibiri (2).
Iradukunda Eric yazamukiye mu ikipe y’abato ya FERWAFA, kuri ubu yarangije shampiyona y’umwaka w’imikino 2017-2018 afatanyije na bagenzi be kugera ku mwanya wa kabiri muri shampiyona. Kuri amakuru yizewe agera ku INYARWANDA akaba yemeza ko uyu musore w'i Rwamagana yasinyiye Rayon Sports ndetse ikanamuha sheki ya ECOBANK aho agomba kuba yabikuza amafaranga ye nta ngoranye z'indi.
Iradukunda Eric Radou ubu ni umukinnyi wa Rayon Sports yakuye muri AS Kigali FC
Rayon Sports yiyongereye ingufu mu bwugarizi ahagana inyuma ku ruhande rw’iburyo ahari hasigaye Nyandwi Saddam nawe usigaje umwaka umwe ku masezerano afitanye na Rayon Sports.
Iradukunda Eric Radou ni umukinnyi uzwiho ubuhanga bwo kuba yakina mu gihe ikipe iri kugarira cyane hakoreshejwe abugarira bane (Back-4) no mu gihe umutoza yaba akoresha abakinnyi batatu (3) inyuma (Back-3 System).
Iradukunda Eric bita Radou yakinnye mu ikipe y’abato ya FERWAFA mbere yo kugana muri Police FC yavuyemo agana muri AS Kigali yari arangijemo imyaka ine (4) ayikinira.
Iradukunda Eric Radou ajya anahamagarwa mu ikipe y'igihugu Amavubi
TANGA IGITECYEREZO