RFL
Kigali

PEACE CUP 2018: Ruremesha yizeye ko Rayon Sports azayikuriramo i Kigali (Amafoto y’umukino)

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:26/04/2018 12:10
0


Ruremesha Emmanuel umutoza mukuru w’ikipe ya Etincelles FC avuga ko nubwo banganyije na Rayon Sports igitego 1-1 ngo ntibizabuza iyi kipe y’i Rubavu kuba yabonera igitego i Kigali mu mukino wo kwishyura uzakinwa kuwa 23 Gicurasi 2018.



Wari umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu irushanwa ry’igikombe cy’Amahoro 2018, umukino utarabereye igihe kuko andi makipe yamaze kumenya uko azahura mu mikino ya ¼ cy’irangiza. Etincelles FC ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 18' w'umukino kuri penaliti yavuye ku ikosa ryamukoreweho mu rubuga rw'amahina. Igitego cya Rayon Sports cyishyuwe na Shaban Hussein Tchabalala ku munota wa 62' kivuye kuri koruneri yatewe na Rutanga Eric Alba.

Abakinnyi ba Etincelles Fc bishimira igitego

Abakinnyi ba Etincelles Fc bishimira igitego

Navuye i Burundi mfite intego yo gukina muri Rayon Sports-Tchabalala

Shaban Hussein Tchabalala niwe wishyuriye Rayon Sports 

Nyuma y’umukino, Ruremesha Emmanuel yijeje abafana ba Etincelles FC ko bishoboka cyane ko bazakuramo Rayon Sports kuko ngo batazabura igitego kuri sitade ya Kigali. “Birashoboka cyane..Birashoboka kubera ko si ubwa mbere dutsindira Rayon Sports i Kigali. Ni ibintu bishoboka cyane. Rayon Sports ntabwo ari ubwa mbere tuyitsindira i Kigali, ndibaza ko rero tugifite icyizere, kuri njyewe mbona ko twese birasaba ko dutsinda. Igitego cyacu kimwe nacyo kizaba gifite agaciro kandi sinibaza ko tuzabura igitego kimwe”. Ruremesha

Ruremesha Emmanuel umtoza mukuru wa Etincelles FC

Ruremesha Emmanuel umutoza mukuru wa Etincelles FC yizeye gukuramo Rayon Sports

Mugenzi Cedric Ramires niwe wafunguye amazamu kuri penaliti

Mugenzi Cedric Ramires ni we wafunguye amazamu kuri penaliti

Ruremesha avuga ko ikipe ye yagiye igorwa no gutakaza imipira hagati mu kibuga bitewe n'uko Gikamba Ismael usanzwe ubafasha mu gutindana imipira atakinnye kubera imvune. Asobanura uko yabonye umukino, Ruremesha yagize ati:

Wari umukino mwiza twifuzaga gutangira turi ku rwego rwo hejuru kugira ngo turebe ko twabona igitego hakiri kare kuko Rayon Sports iyo uyiretse ikagutanga mu minota 15’ birakugora ko wakina. Twagerageje duhusha uburyo bwinshi ariko tubona penaliti turayinjiza. Ikintu cyatubangamiye nuko tumaze kubona igitego abakinnyi banjye babaye nk’aho bakinira inyuma banatakaza imipira hagati kuko uwo umukino wacu usa n'aho ushingiyeho yari arwaye, nibaza ko umukino utaha azaba yagarutse tugakina umupira mwiza.

Ruremesha Emmanuel umtoza mukuru wa Etincelles FC areba ku isaha

Ruremesha Emmanuel umutoza mukuru wa Etincelles FC areba ku isaha

Abafana ba Rayon Sports  ntabwo bishimiye umukino ku rwego rwiza

Abafana ba Rayon Sports ntabwo bishimiye umukino ku rwego rwiza

Ibendera rya Gikundiro Forever mu kirere cy'i Rubavu

Ibendera rya Gikundiro Forever mu kirere cy'i Rubavu

Ndayisenga Kassim yakubiswe ishoti mu gatuza biba ngombwa ko avamo

Ndayisenga Kassim yakubiswe ishoti mu gatuza biba ngombwa ko avamo

Muri uyu mukino, Ivan Minaert umutoza mukuru wa Rayon Sports yari yakoze impinduka zitari nke kuko guhera mu izamu harimo Ndayisenga Kassim ndetse na Mutsinzi Ange Jimmy yari yavanwe mu mutima w’ubwugarizi ajyanwa hagati mu kibuga.

Gusa mu gice cya kabiri uyu musore yaje kwimurirwa umwanya ubwo Usengimana Faustin yari asimbuwe na Mugisha Francois Master yaje kuba ngombwa ko Mutsinzi Ange Jimmy asubira mu mutima w’ubwugarizi afatanya na Manzi Thierry bityo Mugisha Francois aguma hagati mu kibuga afatanya na Muhire Kevin.

Mu isimbuza ritegura igice cya kabiri, Ismaila Diarra yasimbuye Manishimwe Djabel. Usengimana Faustin yasimbuwe yamaze kubona ikarita y’umuhondo. Rayon Sports yongeye gusimbuza ubwo Ndayisenga Kassim yari amaze kubabara mu gatuza nyuma y’ishoti yatewe na Nahimana Isiaq. Ni bwo Ndayishimiye Eric Bakame yahise agana mu izamu nawe agatangira guhura n’imipira ikomeye.

Ku ruhande rwa Etincelles FC, Tuyisenge Hackim bita Diemme yahawe ikarita y’umuhondo.Murutabose asimburwa na Jean Marie Vianney Uwase mu gihe Mugenzi Cedric Ramires yasimbuwe na Jean Bosco Akayezu bita Welbeck waje agaha akazi Eric Rutanga mu gice cya kabiri cyose cy’umukino.

Umukino wo kwishyura uzakinwa kuwa 23 Gicurasi 2018 kuri sitade ya Kigali saa cyenda n'igice kuri sitade ya Kigali (15h30'). Amakipe yakomeje muri ¼ ni; APR FC, Police FC, Sunrise FC, Bugesera FC, Amagaju FC, Marines FC na Mukura VS

Iva Minaert aganiriza abakinnyi mbere yuko igice cya kabiri gitangira

Iva Minaert aganiriza abakinnyi mbere yuko igice cya kabiri gitangira

Ndayisenga Kassim aryamye hasi afashe mu gatuza

Ndayisenga Kassim aryamye hasi afashe mu gatuza

Manzi Thierry ku mupira akurikiwe na Murutabose Hemedi

Manzi Thierry ku mupira akurikiwe na Murutabose Hemedi

Nsengiyumva Irshad yari afite akazi ko kurinda Manishimwe Djabel

Nsengiyumva Irshad yari afite akazi ko kurinda Manishimwe Djabel

Murutabose Hemedi rutahizamu wa Etincelles FC abangamirwa na Manzi Thierry

Murutabose Hemedi rutahizamu wa Etincelles FC abangamirwa na Manzi Thierry

Umukino watambutse kuri Azam TV Rwanda

Umukino watambutse kuri Azam TV Rwanda 

Mugenzi Cedric Ramires aburagiza Eric Rutanga

Mugenzi Cedric Ramires aburagiza Eric Rutanga  myugariro wa Rayon Sports

Nkunzingoma Ramadhan (Ibumoso) umutoza w'abanyezamu ba Rayon Sports na Ivan Minaert (Iburyo) umutoza mukuru wa Rayon Sports

Nkunzingoma Ramadhan (Ibumoso) umutoza w'abanyezamu ba Rayon Sports na Ivan Minaert (Iburyo) umutoza mukuru wa Rayon Sports

Uva ibumoso: Mugabo Gabriel, Irambona Eric Gisa (hagati) na Ndayushimiye Eric Bakame (Iburyo)

Uva ibumoso: Mugabo Gabriel, Irambona Eric Gisa (hagati) na Ndayishimiye Eric Bakame (Iburyo)

Nyandwi Saddam agenzura umupira imbere ya Tuyisenge Hackim (25) ukina hagati muri Etincelles FC

Nyandwi Saddam agenzura umupira imbere ya Tuyisenge Hackim (25) ukina hagati muri Etincelles FC

Nkundamatch w'i Kilinda ahengereza ko igitego cyaboneka

Nkundamatch w'i Kilinda ahengereza ko igitego cyaboneka

Shaban  Hussein Tchabalala ahanganye na Nahimana Isiaq wari wabaye kapiteni wa Etincelles FC

Shaban  Hussein Tchabalala ahanganye na Nahimana Isiaq wari wabaye kapiteni wa Etincelles FC

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports  bategereje igitego mu minota ya nyuma

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports  bategereje igitego mu minota ya nyuma

Akayezu Jean Bosco yinjiye asimbuye azonga Rayon Sports

Akayezu Jean Bosco yinjiye asimbuye azonga Rayon Sports

Ikipe ya Etincelles FC ni imwe mu makipe yo mu ntara afite abafana

Ikipe ya Etincelles FC ni imwe mu makipe yo mu ntara afite abafana 

Ndayishimiye Eric Bakame yinjiye mu izamu asimbuye

Ndayishimiye Eric Bakame yinjiye mu izamu asimbuye Ndayisenga Kassim

Sheikh Hamdan Bariyanga yari yazananye n'abanya-Oman bari mu Rwanda

Sheikh Hamdan Habimana  yari yazananye n'abanya-Oman bari mu Rwanda

Itangishaka Bernard bita King Bernard (Iburyo)umunyamabanga w'ikipe ya Rayon Sports FC

Itangishaka Bernard bita King Bernard (Iburyo) umunyamabanga w'ikipe ya Rayon Sports FC

Muhawenimana Claude perezida w'abafana ba Rayon Sports yarebye umukino ahagaze mu myanya y'icyubahiro

Muhawenimana Claude perezida w'abafana ba Rayon Sports yarebye umukino ahagaze mu myanya y'icyubahiro

Jeannot Witakenge wahoze ari umutoza wungirije kuri ubu afite akazi ko kwandika buri kimwe kiba cyabaye mu mukino

Jeannot Witakenge wahoze ari umutoza wungirije kuri ubu afite akazi ko kwandika buri kimwe kiba cyabaye mu mukino Rayon Sports iba yakinnye 

Lomami Marcel afatanya na Ivan Minaert

Lomami Marcel afatanya na Ivan Minaert

Muhire Kevin avugrwa

Muhire Kevin avugrwa 

Gihana Egide umutoza w'abanyezamu ba Etincelles FC

Gihana Egide umutoza w'abanyezamu ba Etincelles FC 

Abafana ba Etincelles FC bavuga ko Rayon Sports yabacitse

Abafana ba Etincelles FC

Abafana ba Etincelles FC bavuga ko Rayon Sports yabacitse

Ivan Minaert Umutoza mukuru wa Rayon Sports aganira n'abanyamakuru

Ivan Minaert Umutoza mukuru wa Rayon Sports aganira n'abanyamakuru

Mumbele Saiba Claude (13) aguruka ahunga Muhire Kevin

Mumbele Saiba Claude (13) aguruka ahunga Muhire Kevin

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Habimana Yuusf Nani yabanje mu kibuga

Habimana Yuusf Nani yabanje mu kibuga

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga 

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

11 ba Etincelles FC babanje mu kibuga

11 ba Etincelles FC babanje mu kibuga 

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Abatoza ba Rayon Sports

Abatoza ba Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports 

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Rayon Sports XI: Ndayisenga Kassim (GK, 29), Nyandwi Saddam 16, Eric Rutanga  3, Usengimana Fasutin 15, Manzi Thierry 4, Mutsinzi Ange Jimmy 5, Manishimwe Djabel 28, Muhire Kevin 8, Shaban Hussein Tchabalala 11, Habimana Yussuf Nani 14, Christ Mbondy 9

Etincelles FC XI: Nsengimana Dominique (GK, 32), Mbonyingabo Regis 7, Kayigamba Jean Paul 24, Djumapili Iddy 3, Niyonsenga Ibrahim 17, Nswngiyumva Irshad 23, Tuyisenge Hackim 25, Mumbele Saiba Claude 13, Nahimana Isiaq 11  , Nduwimana Michel Balack 12, Mugenzi Cedric Ramires 4

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND