RFL
Kigali

MU MAFOTO: Police FC bakoze imyitozo ya nyuma mbere yo kujya gusura Musanze FC (Abashobora kubanza mu kibuga)

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:2/04/2018 21:01
0


Kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Mata 2018 nibwo ikipe ya Police FC yakoze imyitozo ya nyuma mbere yuko mu gitondo cy’uyu wa Kabiri tariki ya 3 Mata 2018 bafata urugendo bagana mu majyaruguru y’igihugu aho bazajya gukina na Musanze FC irushanwa ry’igikombe cy’Amahoro 2018.



Ni umukino ubanza wa 1/8 mu irushanwa ry’igikombe cy’Amahoro 2018, umukino uzabera kuri sitade Ubworoherane guhera saa cyenda n’igice (15h30’).

Police FC kuri ubu irabura abakinnyi barimo Munezero Fiston umaze iminsi afite ikibazo ku ivi ariko akaba yatangiye imyitozo itagoye, Iradukunda Jean Bertrand we hasigaye ko abaganga bafata umwanzuro wa nyuma kuko yamaze guca mu cyuma. Aba bakinnyi biyongeraho Twagizimana Fabrice Ndikukazi nawe ufite ikibazo cy’imvune ariko akazatangira imyitozo mu cyumweru gitaha nk’uko Seninga Innocent abivuga.

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC avuga ko imyitozo y’uyu wa Mbere yari imeze neza kuko nta mukinnyi wagiriyemo ikibazo. Imyitozo y’uyu munsi avuga ko abakinnyi yabatoje cyane ibijyanye n’ubusatirizi kugira ngo bashake impamba y’ibitego bizabafasha mu mukino wo kwishyura.

“Imyitozo yagenze neza kuko nta kibazo abakinnyi bagize.  Ahanini yari imyitozo ijyanye n’ubusatirizi , twakoraga ibijyanye no kuba ikipe yategura igitego habayeho kunyuranyuranamo kw’abakinnyi bihereye mu bakina inyuma kugira ngo dushake ibitego. Muri iri rushanwa bisaba ko ubona ibitego mu mukino wo hanze kugira ngo nujya kwishyura iwawe uzabe uhagaze neza”. Seninga Innocent

Agaruka ku kijyanye n’abakinnyi badahari kubera ibibazo bitandukanye, Seninga yavuze ko abakinnyi adafite ari Twagizimana Fabrice Ndikukazi, Iradukunda Jean Bertrand na Munezero Fiston.

Mu ijambo rye yagize ati “Imibare y’abakinnyi baba badashobora gukina umukino navuga ko ugenda ugabanuka , ubu abakinnyi hafi ya bose baragarutse bava mu bibazo by’imvune. Hasigaye Fiston (Munezero) watangiye imyitozo yoroheje, Bertranda (Iradukunda Jean) nawe yari yatangiye ariko yari yagiye kwa muganga kureba ibisubizo na Twagizimana Fabrice ubona ko agenda yoroherwa ku buryo icyumweru gitaha azaba ahari”.

Munezero Fiston yatangiye gukora imyitozo yoroheje

Munezero Fiston yatangiye gukora imyitozo yoroheje 

Ni imyitozo yabanjirijwe no kwishyushya bitewe n'ubukonje bwaramutse

Police c.

Ni imyitozo yabanjirijwe no kwishyushya bitewe n'ubukonje bwaramutse

Nzarora Marcel  mu ncundura

Nzarora Marcel mu nshundura 

Nduwayo Danny Bariteze umunyezamu wa Police FC wanakiniye Gicumbi FC

Nduwayo Danny Bariteze umunyezamu wa Police FC wanakiniye Gicumbi FC na Etincelles Fc

Iradukunda Jean Bertrand yari yaje kureba imyitizo anazanye raporo y'abaganga nyuma yo guca mu cyuma

Iradukunda Jean Bertrand yari yaje kureba imyitozo anazanye raporo y'abaganga nyuma yo guca mu cyuma

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC atera imipira iteretse igana mu izamu

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC atera imipira iteretse igana mu izamu 

Umuntu agerageje kureba uko abakinnyi bakoze imyitozo, akanabihuza n’uburyo ikipe ya Police FC isanzwe ikina ndetse n’uburyo abakinnyi bahagaze muri rusange, biboneka ko mu izamu hazabanzamo Nzarora Marcel.

Mu bwugarizi biboneka ko Muhinda Bryan ashobora kuzaba afatanya na Patrick Umwungeri mu mutima w’ubwugarizi. Muvandimwe Jean Marie Vianney akajya ibumoso bwabo ari nako Manishimwe Yves abajya iburyo.

Hagati mu kibuga byabonekaga ko Neza Anderson afite amahirwe yo kubanza mu kibuga akazafatanya na Nizeyimana Mirafa cyo kimwe na Mico Justin uzaba abakina imbere.

Ndayishimiye Antoine Domique na Biramahire Abeddy bazajya bagurana impande z’imbere hanyuma Songa Isaie akine nka rutahizamu.

Police FC yageze mu mikino ya 1/8 ikuyemo Kirehe FC mu gihe Musanze FC yakuyemo Heroes FC iba mu cyiciro cya kabiri.

Nduwayo Danny Bariteze afata ishoti

Nduwayo Danny Bariteze afata ishoti

Imyotozo yagaragaje ko Nzarora Marcel ariwe ufite amahirwe yo kubanza mu izamu

Imyotozo yagaragaje ko Nzarora Marcel ariwe ufite amahirwe yo kubanza mu izamu

Nzarora Marcel  mu gihano nyuma yo kunanirwa gushyira mu bikorwa ibyo yasabwaga

Nzarora Marcel  mu gihano nyuma yo kunanirwa gushyira mu bikorwa ibyo yasabwaga

Danny Usengimana yakoze imyitozo

Danny Usengimana yakoze imyitozo 

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC yereka abakinnyi uko bagoba guhagarara

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC yereka abakinnyi uko bagomba guhagarara

Songa Isaie ashyira umupira ku gituza

Songa Isaie ashyira umupira ku gituza 

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Police FC yereka abugarira ko iyo rutahizamu akugeze imbere utagomba kumutera umugongo

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC yereka abugarira ko iyo rutahizamu akugeze imbere utagomba kumutera umugongo

Niyigaba Ibrahim ku mupira ahunga Umwungeri Patrick

Niyigaba Ibrahim ku mupira ahunga Umwungeri Patrick

Ndayishimiye Celestin  ku mupira

Ndayishimiye Celestin ku mupira

Usabimana Olivier ku mupira

Usabimana Olivier ku mupira

Muvandimwe Jean Marie Vianney bita Kurzawa yiruka ku mupira

Muvandimwe Jean Marie Vianney bita Kurzawa yiruka ku mupira

Nizeyimana Mirafa arekura ishoti

Nizeyimana Mirafa arekura ishoti

Niyonzima Jean Paul bita Robinho ku mupira

Niyonzima Jean Paul bita Robinho ku mupira 

Rubona Emmanuel umutoza wa Intare FA yakurikiye iyi myitozo

Rubona Emmanuel umutoza wa Intare FA yakurikiye iyi myitozo

Karangwa Enock umuganga wa Police FC

Karangwa Enock umuganga wa Police FC

Usabimana Olivier ku mupira  ashaka inzira

Usabimana Olivier ku mupira ashaka inzira 

Ndayishimiye Antoine Dominique ashyira umupira ku gituza

Ndayishimiye Antoine Dominique ashyira umupira ku gituza

Ndayishimiye Antoine Dominique agera umugeri Mucyo Silas

Ndayishimiye Antoine Dominique agera umugeri Mucyo Silas

Ubwo CP Ruzindana Regis yageraga ku kibuga nibwo abakinnyi bagiye hamwe kugira ngo abahe impanuro

Ubwo SP Ruzindana Regis yageraga ku kibuga ni bwo abakinnyi bagiye hamwe kugira ngo abahe impanuro

CP Ruzindana Regis (Ibumoso) umunyamabanga mukuru wa Police FC

SP Ruzindana Regis (Ibumoso) umunyamabanga mukuru wa Police FC

Hitabatuma Theogene ushinzwe ibikoresho bya Police FC (Kit Manager)

Hitabatuma Theogene ushinzwe ibikoresho bya Police FC (Kit Manager)

Mico Justin (8) ashaka inzira kwa Muvandimwe JMV

Mico Justin (8) ashaka inzira kwa Muvandimwe JMV

Muvandimwe Jean Marie Vianney (Ibumoso) na Bryan Muhinda (Iburyo)

Muvandimwe Jean Marie Vianney (Ibumoso) na Bryan Muhinda (Iburyo)

Danny Usengimana yitoza gutera penaliti

Danny Usengimana yitoza gutera penaliti

Umwungeri Patrick na Seninga Innocent baganira ku ikipe

Umwungeri Patrick na Seninga Innocent baganira ku ikipe 

Neza Anderson  ashobora kubanza mu kibuga

Neza Anderson ashobora kubanza mu kibuga 

Umuwungeri Patrick yitoza gutera penaliti

Umuwungeri Patrick yitoza gutera penaliti

Abayobozi bareba imyitozo

Abayobozi bareba imyitozo 

Ndayishimiye Antoine Dominique amaze kubona umwanya

Ndayishimiye Antoine Dominique amaze kubona umwanya

Danny Usengimana mu myitozo ya Police FC

Danny Usengimana mu myitozo ya Police FC 

Muvandimwe JMV asoje imyitozo

Muvandimwe JMV asoje imyitozo

Imyitozo irangiye

Imyitozo irangiye

Maniraguha Claude (Ibumoso) umutoza w'abanyezamu ba Police FC aganira na Bisengimana Justin (Iburyo) umutoza wungirije

Maniraguha Claude (Ibumoso) umutoza w'abanyezamu ba Police FC aganira na Bisengimana Justin (Iburyo) umutoza wungirije 

Gahunda y’imikino ibanza ya 1/8:

Kuwa Mbere tariki ya 2 Mata 2018:

-Etincelles FC vs Rayon Sports (Wasubitswe)

-Mukura Victory Sport vs AS Kigali FC (Stade Huye, 15h30’)

-Pepinieres FC vs FC Marines (Ruyenzi, 15h30’)

-Espoir FC vs Sunrise FC (Rusizi, 15h30’)

Kuwa Kabiri tariki ya 3 Mata 2018:

-La Jeunesse FC vs APR FC (Stade de Kigali, 15h30’)

-AS Muhanga  FC vs Amagaju FC (Stade Muhanga, 15h30’)

-SC Kiyovu vs Bugesera FC (Stade de Mumena, 15h30’)

-Musanze FC vs Police FC (Ubworoherane, 15h30’)

Imikino yo kwishyura muri 1/8:

Kuwa Kane tariki ya 5 Mata 2018

-Sunrise FC vs Espoir FC (Nyagatare, 15h30’)

-Rayon Sports vs Etincelles Fc (Stade Kicukiro, 15h30’)

-AS Kigali vs Mukura VS (Stade de Kigali, 15h30’)

-Marines FC vs Pepinieres FC (Stade Umuganda, 15h30’)

Kuwa Gatanu  tariki ya 6 Mata 2018

- APR FC vs La Jeunesse FC (Stade de Kigali, 15h30’)

-Amagaju Fc vs AS Muhanga (Nyamagabe, 15h30’)

-Bugesera Fc vs SC Kiyovu (Nyamata, 15h30’)

-Police Fc vs Musanze Fc (Kicukiro, 15h30’)

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND