RFL
Kigali

WOMEN FOOTBALL: AS Kigali WFC yasoje imikino ibanza yihimura kuri Scandinavia WFC-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:18/03/2018 6:07
0


Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Werurwe 2018 ni bwo hari hateganyijwe umukino w’amateka muri shampiyona y’abali n’abategarugoli, byaje kurangira AS Kigali WFC itsinze mucyeba wayo Scandinavia WFC igitego 1-0 cyatsinzwe na Mukeshimana Dorothea ku munota wa 78’ w’umukino waberaga kuri sitade ya Kigali.



Wari umukino wa nyuma usoza imikino ibanza kuri AS Kigali kuri ubu ifite amanota 21 ku mwanya wa mbere n’ibitego 30 izigamye, ukanaba umukino wa Gatandatu kuri Scandinavia WFC ifite umukino umwe w’ikirarane. Iyi kipe ibarizwa i Rubavu kuri ubu iracyafite amanota 15 mu mikino itandatu (6) imaze gukina.

Ni umukino wafashe ubukana buhambaye ubwo Scandinavia WFC yazamukaga mu cyiciro cya mbere igahita itsinda AS Kigali WFC ibitego 2-0 mu mukino wa gishuti wabaye kuwa 25 Nzeli 2017 kuri sitade Umuganda iri mu Karere ka Rubavu.

Mukeshimana Dorothea ubwo yari amaze kureba mu izamu ku munota wa 78' w'umukino

Mukeshimana Dorothea ubwo yari amaze kureba mu izamu ku munota wa 78' w'umukino

As Kigaki wfc

Birumvikana ko bagenzi baba bagomba kumwitura mu buryo buba bushoboka ako kanya

Birumvikana ko bagenzi be baba bagomba kumwitura mu buryo buba bushoboka ako kanya

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC yabwiye abanyamakuru ko gutsindwa umukino wa gishuti byababaje ariko ko bitabateye ubwoba ko Scandinavia WFC yazahora ibatsinda ahubwo ko ngo burya uko umukino w’irushanwa utegurwa bitandukanye cyane nuko wategura umukino w’irushanwa runaka.

“Umukino wa gishuti badutsinzemo umwaka ushize ntabwo byari bisobanuye ko ijana ku ijana baturusha. Burya uko umuntu ategura umukino wa gishuti siko ategura umukino w’irushanwa”. Mbarushimana Shaban

Muri uyu mukino, Mbarushimana Shaban yari yakoze impinduka mu buryo abakinnyi bahagarara mu kibuga. Kalimba Alice usanzwe ari kapiteni wa AS Kigali WFC akanaba umukinnyi umenyerewe hagati mu kibuga, yakinaga inyuma y’abasatira izamu (attacking-Midfielder). Mbarushimana yavuze ko yabikoze kuko yabonaga ikipe bari bahanganye yari yakoresheje abakinnyi benshi hagati bityo nawe ashaka uko yayirusha imbaraga.

Scandinavia WFC yakomeje guhangana na AS Kigali WFC ari nako buri kipe ihusha uburyo bw’igitego kuko nka Kanyamihigo Callixte (AS Kigali), yahushije igitego nawe ubwe atazibagirwa kuko hari aho yasigaranye n’izamu.

Mu gusimbuza, ku ruhande rwa AS Kigali WFC, Umwaliwase Dudja yasimbuwe na Imanizabayo Florence naho Uwamahirwe Shadia asimburwa na Nothia Uwamahoro Tiabo mu minota ya nyuma y’umukino.

Ku ruhande rwa Scandinavia  WFC, Kankindi Fatuma na Mathanha Uwihirwe bavuye mu kibuga basimburwa na Nyirahafashimana Jeanne na Mushimiyimana Claire. Mukandayisenga Nadine wa Scandinavia WFC na Uwineza Djazila wa AS Kigali WFC , buri umwe yakoze ikosa rituma ahabwa ikarita y’umuhondo.

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Abasifuzi b'umukino

Abasifuzi b'umukino

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Isengesho rya Scandinavia WFC  mbere y'umukino

Isengesho rya Scandinavia WFC mbere y'umukino

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasimbura ba AS Kigali  WFC

Abasimbura ba AS Kigali  WFC

Mbarushimana Shaban (ibumoso) umutoza mukuru wa AS Kigali WFC na Jennifer Ujeneza (iburyo) umuganga w'ikipe

Mbarushimana Shaban (ibumoso) umutoza mukuru wa AS Kigali WFC na Jennifer Ujeneza (iburyo) umuganga w'ikipe

Biziumuremyi Radjab umutoza mukuru wa Scandinavia WFC

Bizumuremyi Radjab umutoza mukuru wa Scandinavia WFC

11 ba Scandinavia WFC

11 ba Scandinavia WFC

11 ba AS Kigali WFC babanje mu kibuga

11 ba AS Kigali WFC babanje mu kibuga 

Umukino wagerageje mu kurebwa

Umukino wagerageje mu kurebwa 

Mukantaganira  Joselyne ukina inyuma ahagana iburyo  muri AS Kigali WFC ahanganye na Abimana Djamila kapiteni wa Scandinavia WFC

Mukantaganira  Joselyne ukina inyuma ahagana iburyo muri AS Kigali WFC ahanganye na Abimana Djamila kapiteni wa Scandinavia WFC

Umulisa Edithe arekura ishoti

Umulisa Edithe arekura ishoti 

Ni umukino amakipe yombi yari yiteguye bihagije

Ni umukino amakipe yombi yari yiteguye bihagije 

Kalimba Alice kapiteni wa AS Kigali WFC ashaka igitego ku ngufu

Kalimba Alice kapiteni wa AS Kigali WFC ashaka igitego ku ngufu

Bizumuremyi Radjab umutoza mukuru wa Scandinavia WFC agira inama abakinnyi

Bizumuremyi Radjab umutoza mukuru wa Scandinavia WFC agira inama abakinnyi

Bizumuremyi Radjab umutoza mukuru wa Scandinavia WFC agira inama abakinnyi 

Umwaliwase Ddja ku mupira

Umwaliwase Ddja ku mupira 

Mukantaganira  Joselyne ukina inyuma ahagana iburyo muri AS Kigali WFC baguze muri Kamonyi WFC

Mukantaganira  Joselyne ukina inyuma ahagana iburyo muri AS Kigali WFC baguze muri Kamonyi WFC

Urwinkunda Jeannette ukina inyuma ahagana ibumoso muri Scandinavia WFC

Urwinkunda Jeannette ukina inyuma ahagana ibumoso muri Scandinavia WFC 

As Kigaki Wfc

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC aganiriza abakinnyi

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC aganiriza abakinnyi 

Mukeshimana  Dorothea ashaka aho yanyuza umupira

Mukeshimana  Dorothea ashaka aho yanyuza umupira

Mukeshimana Dorothea nibwo yerekanye ko ari umuhanga mu buryo abantu batatindaho kuva yava muri Kamonyi WFC

Mukeshimana Dorothea nibwo yerekanye ko ari umuhanga mu buryo abantu batatindaho kuva yava muri Kamonyi WFC

Kalimba Alice kapiteni wa AS Kigali WFC uyu mukino yakoreshejwe inyuma ya rutahizamu

Kalimba Alice kapiteni wa AS Kigali WFC uyu mukino yakoreshejwe inyuma ya rutahizamu

Nyiramwiza Marthe yari yabanje mu kibuga afatanya na Mukeshimana Jeannette

Nyiramwiza Marthe yari yabanje mu kibuga afatanya na Mukeshimana Jeannette

Mukeshimana Dorothea ,,,,

Mukeshimana Dorothea ubwo yari atangiye gushaka igitego mu minota 30 ya nyuma

Mukeshimana Dorothea ubwo yari atangiye gushaka igitego mu minota 30 ya nyuma

Mushimiyimana Mohammed (Iburyo) umukinnnyi wa Police FC umwe mu barebye uyu mukino

Mushimiyimana Mohammed (Iburyo) umukinnnyi wa Police FC umwe mu barebye uyu mukino

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC yabonye ko byakomeye ahitao gushushya abakinnyi barenze babiri

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC yabonye ko byakomeye ahitamo gushyushya abakinnyi barenze babiri

Abafana muri sitade ya Kigali

Abafana muri sitade ya Kigali 

Iradukunda Kanyamihigo Callixte yagiye ahusha ibitego byabazwe

Iradukunda Kanyamihigo Callixte yagiye ahusha ibitego byabazwe 

Higiro Thomas umutoza w'abanyezamu ba AS Kigali n'Amavubi aganira na Bibi umufana ukomeye wa Kiyovu Sport

Higiro Thomas umutoza w'abanyezamu ba AS Kigali n'Amavubi aganira na Bibi umufana ukomeye wa Kiyovu Sport

Eric Nshimiyimana Umutoza mukuru wa AS Kigali FC yari yazanye umukobwa we kumwereka uko yazakina umupira w'amaguru

Eric Nshimiyimana Umutoza mukuru wa AS Kigali FC yari yazanye umukobwa we kumwereka uko yazakina umupira w'amaguru

Abafana ba Scandinavia WFC mu ibara rimwe

Abafana ba Scandinavia WFC mu ibara rimwe 

Uwimana Nothia Tiabo ukina hagati mu kibuga yinjiye asimbuye Uwamahirwe Shadia nawe wari winjiye asimbuye

Uwimana Nothia Tiabo ukina hagati mu kibuga yinjiye asimbuye Uwamahirwe Shadia nawe wari winjiye asimbuye

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC aganiriza abakinnyi

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC ubwo umukino wari urangiye

Mbarushimana Shaban umutoza mukuru wa AS Kigali WFC ubwo umukino wari urangiye

AS Kigali WFC ni ikipe ikunda kwita cyane ku isengesho

AS Kigali WFC ni ikipe ikunda kwita cyane ku isengesho

Byari ibirori muri sitade ya Kigali by'umwihariko kuri AS Kigali WFC

Byari ibirori muri sitade ya Kigali by'umwihariko kuri AS Kigali WFC

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND