RFL
Kigali

Police FC bakoze imyitozo ya nyuma igaragaza 11 bazabanza mu kibuga mbere yo kwakira Bugesera FC-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:6/03/2018 16:14
0


Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Werurwe 2018 nibwo ikipe ya Police FC yazindukiye mu myitozo ya nyuma yo kwitegura Bugesera FC mu mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona uteganyijwe kuri uyu wa Gatatu. Mpozembizi Mohammed niwe mukinnyi mushya uzaba abanza mu kibuga kuko Manishimwe Yves afite amakarita atatu y’umuhondo.



Muri iyi myitozo yabaye mu gitondo kuva saa tatu kugeza saa tanu z’amanywa (09-11h00’), abakinnyi nka Munezero Fiston na Iradukunda Jean Bertrand bari ku kibuga bareba uko bagenzi babo bitegura kuko bafite imvune zitabamerera gukora ku mupira.

Iradukunda Jean Bertrand ufite ikibazo cy’amavi amaze iminsi  ageragejwe n’abaganga bamukorera ubuvuzi bumufasha hukomeza inyama z’amavi bamuha iminsi 30 azamara ahabwa iyo serivisi kugira ngo barebe niba nyuma yahoo bizaba ngombwa ko abagwa  cyagwa akaba yasubira mu kibuga.

Munezero Fiston wari umaze iminsi itari myinshi agarutse mu myitozo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Werurwe 2018 ubwo yari mu myitozo yagonganye na Niyonzima Jean Paul bituma ababara ivi ariko kuri akaba ari kumiti izamufasha kuba yagaruka mu kibuga mu gihe kitarambiranye.

Manishimwe Yves ntazakina kuko afite amakarita atatu y'umuhondo

Manishimwe Yves ntazakina kuko afite amakarita atatu y'umuhondo

Munezero Fiston ntabwo yakoze imyitozo nkuko afite ikibazo ku ivi nyuma yo kugongana na Jean Paul Niyonzima mu myitozo yo kuwa Mbere

Munezero Fiston ntabwo yakoze imyitozo nkuko afite ikibazo ku ivi nyuma yo kugongana na Jean Paul Niyonzima mu myitozo yo kuwa Mbere

Nsengiyumva Moustapha  yavuye muri 11 mu myitozo ya nyuma kuko yabanje gushyirwamo ananirwa kwigaragaza ahita asimburwa na Biramahire Abeddy

Nsengiyumva Moustapha  yavuye muri 11 mu myitozo ya nyuma kuko yabanje gushyirwamo ananirwa kwigaragaza ahita asimburwa na Biramahire Abeddy

Iradukunda Jean Bertrand yari yaje kurebaimyitozo kuko arcyafite iminsi 30 hanze y'ikibuga

Iradukunda Jean Bertrand yari yaje kurebaimyitozo kuko arcyafite iminsi 30 hanze y'ikibuga 

Undi mukinnyi Police FC izaba idafite umaze iminsi uyifash ni Manishimwe Yves ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo. Uyu musore yamaze kuzuza amakarita atatu y’umuhondo.

Abandi nka Ishimwe Issa Zappy, Nduwayo Danny Bariteze, Twagizimana Fabrice Ndikukazi n’abandi batangiye gukora imyitozo y’ingufu kugira ngo barebe ko bagaruka mu kibuga.

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC avuga ko umukino bafitanye na Bugesera FC bagomba kuwutsinda kugira ngo bakomeze kuguma mu rugamba rwo guharanira igikombe cya shampiyona kuko ngo gutsinda SC Kiyovu byabahaye ingufu .

“Muri rusange ikipe yiteguye neza , abayobozi baje kudushyigikira baduha morale nk’ikipe iheruka gutsinda ikipe iri ku mwanya wa mbere. Dufite ingufu ku buryo tudashaka gutakaza, nta kunganya dufite muri twe n’bwo umupira ugira ibyawo.  N’ubwo Bugesera yatsinze umukino uheruka natwe twaratsinze, ubu rero tugomba gukora cyane ngo tugere ku ntego twiyemeje”. Seninga

Nyuma yo kuva mu burwayi Twagizimana Fabrice Ndikukazi ntarabona uburyo bwiza bwo kuba yagaruka mu bakinnyi 11

Nyuma yo kuva mu burwayi Twagizimana Fabrice Ndikukazi ntarabona uburyo bwiza bwo kuba yagaruka mu bakinnyi 11

Ndayishimiye Celestin  ubu ameze neza kuko no ku mukino batsinzemo Kiyovu Sport (2-0) yari ku ntebe y'abasimbura

Ndayishimiye Celestin  ubu ameze neza kuko no ku mukino batsinzemo Kiyovu Sport (2-0) yari ku ntebe y'abasimbura

Eric Ngendahimana nawe azaba ari ku ntebe y'abasimbura

Eric Ngendahimana nawe azaba ari ku ntebe y'abasimbura nk'uko byagenze ku mukino na Kiyovu Sport

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira nyuma yo kuba amaze kugwiza ibitego 3 mu mikino itatu

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira nyuma yo kuba amaze kugwiza ibitego 3 mu mikino itatu

Muzerwa Amin Musva mu myitozo y'uyu wa Kabiri

Amin Muzerwa ntaherutse mu bakinnyi 11

Amin Muzerwa ntaherutse mu bakinnyi 11

Bigaragara ko mu bakinnyi babanjemo ku mukino wa SC Kiyovu, Mushimiyimana Mohammed azabanzirizamo Nzabanita David

Bigaragara ko mu bakinnyi babanjemo ku mukino wa SC Kiyovu, Mushimiyimana Mohammed azabanzirizamo Nzabanita David

Hari amahirwe menshi ko Songa Isaie yazarara ku mwanya wa mbere mu bafite ibitego byinshi

Hari amahirwe menshi ko Songa Isaie yazarara ku mwanya wa mbere mu bafite ibitego byinshi

Biramahire Abeddy yagiye muri 11 mu minota ya nyuma

Biramahire Abeddy yagiye muri 11 mu minota ya nyuma

Neza Anderson mu myitozo

Neza Anderson mu myitozo  y'uyu wa Kabiri 

 Bwanakweli Emmaneul Fils arakomeza kuba ari mu izamu

Bwanakweli Emmaneul Fils arakomeza kuba ari mu izamu

Muvandimwe 12

Muvandimwe Jean Marie Vianney niwe umeze neza inyuma ku ruhande rw'ibumoso

Muvandimwe Jean Marie Vianney niwe umeze neza inyuma ku ruhande rw'ibumoso

Mico Justin (8) ashaka umupira

Mico Justin (8) acenga bagenzi be mu myitozo

Mico Justin (8) acenga bagenzi be mu myitozo

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC atanga amabwiriza mu myitozo

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC atanga amabwiriza mu myitozo

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Police FC avuga ko intego ari ugutsinda Bugesera Fc

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Police FC avuga ko intego ari ugutsinda Bugesera Fc 

Nduwayo Danny Bariteze umunyezamu wa gatatu muri Police FC ntaragaruka muri 18 nyuma yo gutsindwa ibitego 2 na Rayon Sports

Nduwayo Danny Bariteze umunyezamu wa gatatu muri Police FC ntaragaruka muri 18 nyuma yo gutsindwa ibitego 2 na Rayon Sports

Seninga Innocent aganira n'ikipe azabanza mu kibuga

Seninga Innocent aganira n'ikipe azabanza mu kibuga

Nzarora Marcel azaba ari ku ntebe

Nzarora Marcel azaba ari ku ntebe  y'abasimbura kuko atameze neza 100%

Mpozembizi Mohammed agarutse muri 11 ibintu aheruka mu mikino y'igikombe cy'Agaciro

Mpozembizi Mohammed agarutse muri 11 ibintu aheruka mu mikino y'igikombe cy'Agaciro

Biramahire Abeddy ashaka umupira kwa Celestin Ndayishimiye

Biramahire Abeddy ashaka umupira kwa Celestin Ndayishimiye

Mico Justin amaze gutanga imipira itatu ibyara ibitego mu mikino ibiri

Mico Justin amaze gutanga imipira itatu ibyara ibitego mu mikino ibiri

Muhinda Bryan anaze igihe ahabwa umwanya nyuma yo kuba aba ahagaze neza mu myitozo

Muhinda Bryan anaze igihe ahabwa umwanya nyuma yo kuba aba ahagaze neza mu myitozo

Ndayishimiye Celestin

Ndayishimiye Celestin  akina ibumoso muri Police FC n'Amavubi

Nyuma yo gukira imbavu Ndayishimiye Celestin yagarutse mu kibuga

Nyuma yo gukira imbavu Ndayishimiye Celestin yagarutse mu kibuga

Abayobozi baba bitabiriye imyitozo

Abayobozi baba bitabiriye imyitozo

Nsengiyumva Moustapha nta gitego aratsindira Police FC

Nsengiyumva Moustapha nta gitego aratsindira Police FC

Nizeyimana Mirafa akurikiwe na Ndayishimiye Celestin

Nizeyimana Mirafa akurikiwe na Ndayishimiye Celestin

Abakinnyi barangije imyitozo bategereje ko baganirizwa n'abayobozi

Abakinnyi barangije imyitozo bategereje ko baganirizwa n'abayobozi

Police c.

Abayobozi b'ikipe ya Police Fc basanga abakinnyi

Abakinnyi baganiriza abakinnyi

Abakinnyi baganiriza abakinnyi 

Abakinnyi bazabanza mu kibuga:

Bwanakweli Emmanuel (GK, 27), Mpozembizi Mohammed 21, Muvandimwe Jean Marie Vianney 12, Habimana Hussein 20, Patrick Umwungeri (C, 5), Nizeyimana Mirafa 4, Mushimiyimana Mohammed 10, Mico Justin 8 , Ndayishimiye Antoine Dominique 14, Biramahire Abeddy 23 na Songa Isaie 9

Dore imikino iteganyijwe (15h30’):

Kuwa Gatatu tariki ya 7 Werurwe 2018

-Police Fc vs Bugesera Fc (Stade Kicukiro)

-Kirehe Fc vs Etincelles Fc (Kirehe)

Amagaju Fc vs AS Kigali (Nyamagabe)

Kuwa Gatanu tariki 8 Werurwe 2018

-Espoir Fc vs Miroplast Fc (Rusizi)

-Marines Fc vs Musanze Fc (Stade Umuganda)

Kuwa Mbere tariki 26 Werurwe 2018

-Sunrise Fc vs Rayon Sports Fc (Nyagatare)

Kuwa Gatatu tariki 28 Werurwe 2018

-Gicumbi Fc vs APR Fc (Gicumbi)

Abakinnyi batemerewe gukina:

1. Habahamoro Vincent (SC Kiyovu)

2. Manirareba Ambroise (Mukura VS)

3. Uwambazimana Leon (Sunrise Fc)

4. Akuffo Muhammed Roo (Miroplast Fc)

5. Mutabazi Jean Paul (Miroplast Fc)

6. Manishimwe Yves (Police Fc)

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND